Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryisubije agace ka Bambo na Kishishe muri Sheferi ya Bwito, teritwari ya Rutshuru mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Hari hashize igihe kirenga umwaka abarwanyi ba AFC/M23 bavuye muri udu duce nta mirwano ibaye, kugira ngo bajye kongerera imbaraga ibirindiro byabo muri Pariki y’Igihugu ya Virunga, Rugari na Kibumba.
Amakuru aturuka mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru avuga ko AFC/M23 yisubije utu duce nyuma y’imirwano yayihanganishije n’imitwe ya Wazalendo tariki ya 14 Gicurasi 2025.
Radio Okapi ivuga ko hari abaturage bake bahunze utu duce ubwo imirwano yabaga, ndetse n’abandi bagumye mu nzu zabo. Bivugwa ko kuri uyu wa 16 Gicurasi hari umutuzo.
Ku wa 15 Gicurasi, utundi duce turi muri gurupoma ya Buabo na Banyungu muri teritwari ya Masisi na two twabereyemo imirwano ya AFC/M23 na Wazalendo, abaturage barahunga.
Iyi mirwano ikomeje mu gihe AFC/M23 iri mu biganiro na Leta ya RDC, biri kubera muri Qatar kuva muri Werurwe. Muri Mata, impande zombi zatangaje ko zagiranye amasezerano y’agahenge ariko Wazalendo isanzwe ishyigikiwe na Leta bigaragara ko itabiha agaciro.