igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: ”Abanyarwanda nta byinshi dufite ngo dutete” Perezida Kagame
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > ”Abanyarwanda nta byinshi dufite ngo dutete” Perezida Kagame
AMAKURU

”Abanyarwanda nta byinshi dufite ngo dutete” Perezida Kagame

Fisto HAKIZIMANA
Last updated: May 17, 2025 10:48 am
Fisto HAKIZIMANA
Share
SHARE

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yakiriye itsinda ry’abanyeshuri biga mu ishami ry’ubucuruzi muri Kaminuza ya Harvard yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Mu biganiro bagiranye, Umukuru w’Igihugu yabasobanuriye uko Abanyarwanda bahangana n’ibibazo byabo kandi bagakomeza kwiyubaka nubwo badafite byinshi byo kwiratiraho

Perezida Kagame yavuze ko Abanyarwanda bafite uburyo bwihariye bubaranga mu mibereho yabo, bushingiye ku mateka yabo ndetse n’aho bifuza kugera. Ati: “Abanyarwanda bafite inzira yabo, bafite ibibazo byabo kandi bafite uburyo bwabo bwo kubikemura. Twumva uko turi, aho tuva n’aho tugana, tukubakiraho ibisubizo byacu.”

Yavuze ko mbere yo gushaka ibisubizo, Abanyarwanda babanza kuganira, bagashishoza ngo bamenye icyabaye intandaro y’ibibazo bahura na byo, aho gutekereza nabi cyangwa kwitana ba mwana. Yongeyeho ko u Rwanda rumaze kugera kuri byinshi mu iterambere, ariko ko rutageze aho rwifuza hose, kandi ko iterambere ridashobora kugerwaho mu gihe gito cyangwa icyarimwe.

“Nubwo hari byinshi bimaze kugerwaho, ntabwo byose byakemutse. Si nacyo cy’ingenzi. Icy’ingenzi ni uko dukomeje gushyiraho imbaraga kugira ngo dutere imbere uko dushoboye.”

Perezida Kagame kandi yavuze ko Abanyarwanda batari abatesi kuko nta byinshi bafite byo kubatera ubwibone. Ahubwo bakomeje kwigira ku mateka mabi igihugu cyanyuzemo kugira ngo bubake ejo hazaza heza.

Ati: “Nta byiza byinshi dufite byatuma duteta. Twahisemo kwiyubaka dushingiye ku masomo twakuye mu mateka mabi. Ni ho dukura imbaraga zo gukomeza kubaho cyangwa se kurimbuka. Icyo ni cyo duheraho.”

Aba banyeshuri ba Harvard bari baherutse mu Rwanda muri Gicurasi 2024 mu rugendoshuri, aho basobanuriwe byinshi ku rugendo rw’iterambere u Rwanda rumazemo imyaka isaga 30 n’uko ruyobowe. Ibi biganiro bikaba byarabereye muri Village Urugwiro, ku biro bya Perezida.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Mu Rwanda hagiye kumurikwa ibikoresho bya girikare bijyanye biri mu bigezweho
Next Article Kicukiro: Umugabo yamize inyama nk’umira ibinini iramuhitana
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Igitero cya drone y’igisirikare cy’u Burusiya cyahitanye abantu icyenda bari mu modoka, abandi barindwi barakomereka
May 17, 2025
Nyamasheke: Umukecuru w’imyaka 63 warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi yishwe n’abagizi ba nabi bamutemye
May 17, 2025
Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kiri guhigisha uruhindu umusirikare mukuru watorokanye amafaranga
May 17, 2025
Umukino Bugesera yari imaze gutsindamo Rayon Sports wahagaze kubera imvururu z’abafana ba Rayon Sports
May 17, 2025
Sheilah Gashumba yavuze ko kwita ‘Mama’ umukobwa se aheruka kurongora bitazashoboka
May 17, 2025

You Might Also Like

AMAKURUMU MAHANGA

Icyogajuru cya Cosmos-482 cy’u Burusiya kigiye kugwa ku Isi nyuma y’imyaka 53 kiri mu isanzure

Abashakashatsi n’inzobere mu by’isanzure bo ku mugabane w’u Burayi baravuga ko icyogajuru cy’Abasoviyeti kitwa Cosmos-482, cyamaze imyaka 53 mu isanzure,…

3 Min Read
AMAKURU

Rurageretse hagati ya Nick Cannon n’umugore we

Alyssa Scott usanzwe ari umunyamideli wabyaranye na Nick Cannon, yagaragaje ko atishimiye uburyo uyu mugabo atita ku nshingano ze nk’umubyeyi,…

2 Min Read
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Muri Kivu y’Amajyepfo hari kubera imirwano ikaze hagati ya M23 na FARDC

Umutwe wa M23 wagabye ibitero bikomeye ku ngabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) mu duce dutandukanye…

1 Min Read
AMAKURU

Nyagatare: Umuyobozi wa Ibuka Bimenyimana Jean de Dieu arifuza ubufatanye kugira ngo imiryango 153 itarabona amacumbi iyabone

Umuyobozi wa Ibuka mu Karere ka Nyagatare, Bimenyimana Jean de Dieu, avuga ko n’ubwo hakozwe byinshi bigamije gufasha abarokotse Jenoside…

3 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?