igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: RIB Yihanangirije Abakora Inkuru ku Rurubanza rwa Bishop Gafaranga
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > RIB Yihanangirije Abakora Inkuru ku Rurubanza rwa Bishop Gafaranga
AMAKURU

RIB Yihanangirije Abakora Inkuru ku Rurubanza rwa Bishop Gafaranga

Fisto HAKIZIMANA
Last updated: May 23, 2025 10:31 am
Fisto HAKIZIMANA
Share
SHARE

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) rwasabye abantu bose, cyane cyane abakora itangazamakuru n’abakoresha imbuga nkoranyambaga, kwitwararika mu buryo batangaza inkuru zijyanye n’urubanza rwa Bishop Gafaranga ukurikiranyweho ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Ni nyuma y’uko ku wa 22 Gicurasi 2025 hatangiye kuburanishwa urubanza rwe mu Rukiko rw’Ibanze rwa Nyamata, rwanemeje ko ruzabera mu muhezo hashingiwe ku busabe bw’uwavuga ko yahohotewe, Annette Murava umugore wa Bishop Gafaranga.

Ubushinjacyaha nibwo bwatanze icyifuzo cyo kuburanira mu muhezo, mu rwego rwo kurengera ubuzima bwite bw’uwahohotewe, ibyemewe n’amategeko mu manza zirebana n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Ibi byakuruye impaka ndende ku mbuga nkoranyambaga no mu biganiro bitandukanye, aho bamwe bagaragaje amarangamutima akabije cyangwa amagambo asagarira impande zombi zirebwa n’urubanza. Mu rwego rwo guhagarika iyo myitwarire ko RIB yatanze umuburo.

Dr. Murangira B. Thierry, Umuvugizi wa RIB, yabwiye itangazamakuru ko hari abantu batangiye gukoresha amagambo akomeretsa, basagarira ubuzima bwite bw’ababuranyi. Yagize ati:

“Hari abo twaganiriye nabo ku giti cyabo, barabyumva baranashima, ariko kubera uko ibintu bikomeje kwiyongera, twahisemo kubibwira rubanda muri rusange. Hari abari gukoresha amagambo ashobora kubahesha ibihano by’amategeko.”

Yakomeje asobanura ko ihohoterwa rishingiye ku gitsina ari ingingo ikomeye, ikaba igomba kwitabwaho mu buryo bwitondewe. Inkuru zinyuranye cyangwa ibitekerezo bisakazwa bishobora kuba isoko yo kongera guhohotera uwakorewe icyaha cyangwa se no guhohotera uwaketsweho icyaha.

Dr. Murangira yibukije ko hari abantu bamaze gukurikiranwa n’inkiko kubera amagambo cyangwa ibikorwa byafashwe nk’ihohotera ry’uwatanze ubuhamya cyangwa uwavuze ko yahohotewe.

“Abantu bamwe batinya kugaragaza ibibazo by’ihohoterwa kubera uko babona abandi bafatwa, ibyo bituma abahohotewe bamwe bacika intege, bagahitamo guceceka.”

Yongeyeho ko abantu bakwiye kwirinda kugaragaza amarangamutima cyangwa kubogama, ahubwo bagaharanira gutanga ubutumwa bwubaka, buharanira uburenganzira bwa muntu ku mpande zombi.

Ku wa 7 Gicurasi 2025, nibwo byamenyekanye ko Bishop Gafaranga yatawe muri yombi akurikiranyweho ibyaha bijyanye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina. Uyu mugabo wamenyekanye cyane binyuze mu biganiro bikomeye yagiye akora ku muyoboro wa YouTube, yagarutsweho cyane mu itangazamakuru mu 2023 ubwo yashyingiranwaga n’umuhanzikazi Annette Murava, bafitanye umwana umwe.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Kaminuza y’u Rwanda yitegura gutangiza amasomo ya nucléaire
Next Article RwandAir Iteganya Gutangiza Ingendo Muri Antigua na Barbuda Muri Gahunda yo Guhuza Afurika n’Ibirwa bya Caraïbes
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

U Bwongereza: Abahamwe n’ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina bagiye kujya bahabwa imiti igabanya ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina
May 24, 2025
REG VC mu kwitegura Shampiyona igiye kuza, yatangiye kwibikaho abakinnyi
May 23, 2025
Kaminuza ya Harvard yajyanye Leta Zunze ubumwe za Amerika mu nkiko
May 23, 2025
Kuki Abanyamakuru batajya bubaka ingo ngo zirambe? Dore abanyamakuru babishoboye
May 23, 2025
Human right watch yamaganye ubwicanyi bukorwa n’abarwanyi ba Wazalendo
May 23, 2025

You Might Also Like

AMAKURU

”Abanyarwanda nta byinshi dufite ngo dutete” Perezida Kagame

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yakiriye itsinda ry’abanyeshuri biga mu ishami ry’ubucuruzi muri Kaminuza ya Harvard yo muri…

2 Min Read
AMAKURU

Rwezamenyo: Abaturage batewe ubwoba n’abajura basigaye babategera mu nzira bakabambura bakabatera n’ibyuma

Abaturage bo mu Murenge wa Rwezamenyo, Akarere ka Nyarugenge, baravuga ko batewe ubwoba n'abajura basigaye babategera mu nzira bakabambura rimwe…

1 Min Read
AMAKURU

Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron yashinjwe kwivanga mu itorwa rya Papa mushya aho ashaka ko Umu-Cardinal w’Umufaransa ariwe wazatorwa

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, bikomeje kuvugwa ko ari kugerageza gushaka kugira uruhare mu itorwa rya Papa mushya, aho ashaka…

1 Min Read
AMAKURU

Abaturage bo muri Sudani y’Epfo bari guhungira muri DRC Ku Bwinshi

Guhera mu ntangiriro za Mata, 2025 muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo bakiriye impunzi 10,000 zaturutse muri Sudani y’Epfo zinjirira…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?