igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Muchoma yagaragaje ko ari gushaka ubwenegihugu bw’u Rwanda
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Muchoma yagaragaje ko ari gushaka ubwenegihugu bw’u Rwanda
AMAKURUIMYIDAGADURO

Muchoma yagaragaje ko ari gushaka ubwenegihugu bw’u Rwanda

IYAKAREMYE FERDINAND
Last updated: May 23, 2025 12:17 pm
IYAKAREMYE FERDINAND
Share
SHARE

Nizeyimana Didier ukoresha izina ry’ubuhanzi rya Muchoma, yagaragaje ko ari gushaka ubwenegihugu bw’u Rwanda kuko yavukiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, RDC.

Uyu muhanzi yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na IGIHE, aho yavuze ko nyuma y’igihe aba muri Amerika guhera mu 2009, agasubira mu Rwanda mu 2020, yahisemo gutangira urugendo rwo gushakisha ibyangombwa bimwemerera kuba Umunyarwanda byuzuye.

Ati “Navukiye muri RDC, ariko nkurira mu Mujyi wa Rubavu. Nyuma nagiye kuba muri Amerika, ariko kubera ko nabaye mu Rwanda nkajya nza kureba abavandimwe nahasize. Mu 2020 nafashe umwanzuro wo gutura mu Rwanda, ariko numva byaba byiza ari uko nshatse n’ibyangombwa, kandi ngereranyije n’aho bigeze ubu mfite icyizere cyo kuba Umunyarwanda wuzuye mu minsi ya vuba.”

Uyu muhanzi yavuze ko yahisemo kuguma mu Rwanda no kwaka ibyangombwa byo kuba Umunyarwanda, kuko ari igihugu kimaze gutera imbere buri wese yakwifuza kubamo. Avuga ko abemeza ko ibihugu bikomeye by’i Burayi cyangwa muri Amerika ari byo byateye imbere gusa bibeshya agereranyije n’ibyiza yabonye mu Rwanda.

Ati “Mu Rwanda hari amahoro, umutekano ituze n’ibindi. U Rwanda ni igihugu kiri gutera imbere buri wese yakwifuza guturamo by’iteka.”

Uretse gushaka ibyangombwa, Muchoma ari no kwitegura gushyira hanze album ye ya kabiri izaba igizwe n’indirimbo icyenda. Ni album atarabonera izina izakurikira iyo yise “Mayibobo”.

Muchoma w’imyaka 36 y’amavuko, yavutse ku itariki ya 28 Ugushyingo 1988. Yavukiye muri RDC akurira mu Burengerazuba bw’u Rwanda, mu Karere ka Rubavu ahitwa i Rwerere.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Leta Zunze Ubumwe za Amerika zashyizeho ibihano kuri Sudan kubera ikoreshwa ry’intwaro kirimbuzi mu ntambara barwana na RSF
Next Article Perezida Kagame yahuye na Cheick Camara Visi Perezida akaba n’Umuyobozi wa sosiyete ServiceNow Africa
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Abantu 18 nibo bakomerekeye mu gitero cyagabwe n’umugore w’imyaka 39 ukomoka mu Budage
May 24, 2025
Jose Chameleone uri mu Rwanda yashimye Perezida Kagame
May 24, 2025
Abasirikare 525 ba Mozambique basoje imyitozo y’amezi atandatu bahawe n’ingabo z’u Rwanda
May 24, 2025
Ikipe ya Napoli yegukanye igikombe ihanganye na Inter Milan yarushaga inota 1
May 24, 2025
Apple igomba gukorera iPhone muri Amerika cyangwa igasora umurengera
May 24, 2025

You Might Also Like

Job of Accountant at RTB
AKAZIAMAKURU

Job of Accountant at Rwanda Tvet Board (RTB)

Exams to be conducted 1: Written2: Oral Reports To Director of Administration and Finance Unit Job responsibilities Prepare, examine and…

2 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

Hamenyekanye ibirindiro bikomeye ihuriro ry’ingabo za RDC rifite muri Uvira, ingabo z’Uburundi ziri kuhisuka ku bwinshi

Mu karere ka Uvira, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, hamaze kumenyekana ibirindiro bine bikomeye birimo ihuriro ry’ingabo za Repubulika ya…

3 Min Read
AMAKURU

Ishami rya Al-Qaeda ryigambye igitero cyahitanye abasirikare 200 muri Burkina Faso

Umutwe w’iterabwoba wa Jama’a ul-Islam wa al-Muslimin (JNIM), ushamikiye kuri Al-Qaeda, wigambye ko wishe abasirikare bagera kuri 200 mu gitero…

1 Min Read
AMAKURUUBUREZI

École Belge de Kigali igomba guhagarika gukoresha porogaramu y’imyigishirize y’Ababiligi kuva muri Nzeri 2025

Minisiteri y'Uburezi ibinyujije mu itangazo yasohoye kuri uyu wa 8 Mata 2025 yamenyejeshe Ishuri rya École Bilge de Kigali ko…

2 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?