igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Perezida cyril Ramaphosa yaguye mu kantu ubwo yerekwaga amafoto y’uko abazungu barimo kwicwa
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Perezida cyril Ramaphosa yaguye mu kantu ubwo yerekwaga amafoto y’uko abazungu barimo kwicwa
AMAKURU

Perezida cyril Ramaphosa yaguye mu kantu ubwo yerekwaga amafoto y’uko abazungu barimo kwicwa

Fisto HAKIZIMANA
Last updated: May 23, 2025 7:10 pm
Fisto HAKIZIMANA
Share
SHARE

Ku wa Gatatu, tariki ya 21 Gicurasi, Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa yagiriye uruzinduko muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yari yateganyirijwe ibiganiro na Perezida Donald Trump. Gusa ibintu byahinduye isura ubwo Trump yatunguraga Ramaphosa mu kiganiro n’itangazamakuru, amwereka amafoto n’amashusho avuga ko ari ibimenyetso byerekana ko muri Afurika y’Epfo hari ibikorwa by’ihohoterwa rikabije ryibasira aborozi b’abazungu

Amwe muri ayo mafoto, nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru The Guardian, harimo afitanye isano n’andi yafatiwe mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu mujyi wa Goma, ubwo umutwe wa M23 wafataga uyu mujyi. Ayo mashusho yagaragazaga abaturage bagerageza guhunga intambara ndetse n’abashinzwe ubutabazi baterura imirambo mu gihe cyo gushyingura. Ibiro ntaramakuru bya Reuters byavuzweho kuba byaragize uruhare mu gufata bimwe muri ibyo bimenyetso.

Trump yashimangiye ibyo birego avuga ko hari amashusho y’abategetsi muri Afurika y’Epfo, barimo Julius Malema uyobora ishyaka EFF, bashishikariza abaturage gukora ibikorwa byo kwibasira abarozi b’abazungu. Ibi yabivuze mu gihe Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika yari iherutse gusaba Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Marco Rubio, ibisobanuro ku mpamvu Amerika iri kwakira impunzi zivuye muri Afurika y’Epfo, mu gihe hari abandi bantu ibihumbi birukanwa.

Perezida Ramaphosa yahakanye ibyo birego, avuga ko atari politiki ya Leta gushyigikira amagambo y’urwango, kandi ko igihugu cye kigendera ku mahame ya demokarasi n’ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezo. Yagize ati, “Malema afite uburenganzira bwo kuvuga ibitekerezo bye nk’uko n’abandi bose babifite, ariko ibyo ntibisobanuye ko Leta imushyigikiye.”

Muri Gashyantare 2025, Perezida Trump yari yaratangaje ko hari ubwicanyi bukorerwa aborozi b’abazungu muri Afurika y’Epfo, ndetse umushoramari Elon Musk nawe yari yunze mu rye avuga ko ibyo bikorwa bisa na Jenoside. Gusa Urukiko Rukuru rwa Afurika y’Epfo rwabiteye utwatsi, ruvuga ko nta bimenyetso bifatika byerekana ko habaye Jenoside.

Raporo ya Polisi ya Afurika y’Epfo yo mu 2024 yagaragaje ko abantu 44 bishwe mu bikorwa by’ubujura cyangwa ibyibasira abari mu mirima n’inzuri, ariko ntihigeze hatangazwa ubwoko cyangwa uruhu rw’abahohotewe. Abazungu muri Afurika y’Epfo bagize 7% by’abaturage bose, ariko bafite igice kinini cy’ubutaka n’imitungo, ibintu Guverinoma y’iki gihugu iri kugerageza gusaranganya binyuze muri gahunda yo kugabanya ubusumbane mu mitungo.

Ibi byose byakomeje kwerekana ubushyamirane bushingiye ku mateka n’ubusumbane mu mitungo, aho bamwe bafata gahunda ya guverinoma nk’iy’ubutabera, abandi bakayibona nk’iy’ihohoterwa ryihishe inyuma y’ivangura rushingiye ku ruhu.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Xiaomi yashyize hanze imodoka nshya y’amashanyarazi n’udushya tw’ikoranabuhanga rihambaye
Next Article Baho International Hospital yatangije icyumweru cyo kuvura ku buntu indwara zifata imiyoboro y’inkari
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Murumuna wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda agiye gishyira ku murongo Gen. Muhoozi Kainerugaba
May 24, 2025
Joseph Kabila wabaye Perezida wa Congo Kinshasa akanasigira ubutegetsi Antoine Felix Tshisekedi yamushinje kuba nyirabayazana w’ibibazo igihugu gifite
May 24, 2025
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya, Sergey Lavrov, ntiyumva uburyo ibiganiro by’amahoro bizabahuza na Ukraine byabera i Vatican
May 24, 2025
Col Magezi yatangaje ko Ambasaderi w’u Budage ashyigikira abarwanya ubutegetsi bwa Uganda
May 24, 2025
U Bwongereza: Abahamwe n’ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina bagiye kujya bahabwa imiti igabanya ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina
May 24, 2025

You Might Also Like

AMAKURU

Eddie Mutwe ukuriye abacungira umutekano Bobi Wine utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda yarezwe ibyaha bitandatu bikomeye

Eddie Mutwe ukuriye abacungira umutekano umunyapolitiki Bobi Wine utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, yarezwe ibyaha bitandatu birimo ubujura bukomeye no…

2 Min Read
AMAKURU

RDC: Urubanza rw’Umusirikare wa FARDC Uregwa Kurasa Abantu mu Rusengero Rwasubitswe

Urukiko rwa gisirikare rwa Kitona, ruherereye mu ntara ya Moanda, rwasubitse urubanza ruregwamo umusirikare Médard Katonzi wo mu ngabo zirwanira…

1 Min Read
AMAKURUIMYIDAGADURO

Rihanna n’umugabo we ASAP Rocky bagiye kwibaruka umwana wa gatatu

Rihanna yagaragaje ko we n’umukuzi we, A$AP Rocky bari mu myiteguro yo kwibaruka umwana wa gatatu. Gutwita kwa Rihanna kwagaragaye…

1 Min Read
AMAKURU

Bishop Gafaranga akurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina, dosiye ye yamaze kugera mu rukiko

Habiyaremye Zacharie, uzwi cyane ku izina rya Bishop Gafaranga, yatawe muri yombi akurikiranyweho ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina, kandi dosiye…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?