igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Alexia Putellas yagaragaje agahinda kenshi nyuma yo kwamburwa igikombe na Arsenal WFC
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Alexia Putellas yagaragaje agahinda kenshi nyuma yo kwamburwa igikombe na Arsenal WFC
AMAKURUIMIKINO

Alexia Putellas yagaragaje agahinda kenshi nyuma yo kwamburwa igikombe na Arsenal WFC

IYAKAREMYE FERDINAND
Last updated: May 25, 2025 5:33 pm
IYAKAREMYE FERDINAND
Share
SHARE

Umukinnyi wo hagati wa FC Barcelona, Alexia Putellas, yavuze ko Arsenal yakinnye neza kandi ikwiye intsinzi mu mukino wa nyuma wa Champions League y’abagore wabaye ku wa Gatandatu, aho yavuze ko ikintu cyonyine yumvise nyuma y’umukino ari ububabare.

Barcelona yari ifite icyizere cyo kwegukana igikombe cya kane cya Champions League, ariko itsindwa igitego 1-0 i Lisbon, na Arsenal itari yitezwe, ariko yegukanye igikombe cya kabiri.

Iyi kipe yo muri Catalunya yari ishaka gutwara iri rushanwa ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, ariko ntiyabigeraho kubera umukino utari ku rwego isanzwe igaragazaho ubuhanga.

Putellas, umaze kwegukana Ballon d’Or ebyiri, yabwiye DAZN ati: “Dukeneye gushimira Arsenal, bakoze igishoboka cyose, ariko twe ntabwo twageze ku rwego rwacu, kandi ntiwabasha kubigeraho.”

“Birababaza cyane, cyane cyane ku bafana bacu batari bakwiye kubona umukino wa nyuma umeze gutya. Turababaye cyane, ubu ikintu cyonyine numva ni ububabare. Ariko ejo tuzongera duhaguruke dutangire urugamba rushya rwo kuzabigeraho umwaka utaha.”

Umutoza wa Barcelona, Pere Romeu, yavuze ko ikipe ye ikeneye kwisuzuma no gukora isesengura ryimbitse, ariko anagaragaza ko nubwo batsinzwe, bitashenye umusaruro mwiza bagize muri shampiyona.

Barcelona yegukanye Liga F ndetse na Super Cup ya Espagne, kandi ishobora gusoza umwaka w’imikino wa 2024-25 itwaye ibikombe bitatu (domestic treble) nibaramuka batsinze Atletico Madrid ku mukino wa nyuma wa Copa de la Reina mu kwezi kwa Kamena.

Romeu yagize ati: “Icyifuzo cyo gutsinda kiri mu maraso y’abakinnyi no muri iyi kipe. Iyo utsinzwe umukino wa nyuma nk’uyu ni igihe kigoye, ariko umwaka w’imikino wabaye mwiza cyane. Iyi minota 90 ntabwo ariyo igena uko umwaka wose wagenze.”

Aitana Bonmatí, nawe wegukanye Ballon d’Or inshuro ebyiri, yavuze ko yumva aheze mu gahinda, ariko asezeranya ko bazagaruka bagashaka ibindi bikombe.

Yagize ati: “Igice kinini cy’agahinda no kwiheba mfite gishingiye ku bafana bacu bagiye kudushyigikira. Ndababaye cyane. Ariko tuzagaruka.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Byinshi wamenya kuri ’album’ nshya Mariya Yohana yahimbiye Perezida Kagame n’Inkotanyi
Next Article Ingabo z’u Rwanda zakoreye ibidasazwe abagore bo muri Sudani y’Epfo
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Zelensky yikomye Amerika ikomeje guceceka kandi ibitero by’u Burusiya bibahora ku mutwe
May 26, 2025
Rc Berkane yambuye Simba SC igikombe cya CAF confederation Cup
May 26, 2025
Nubwo ari mu buroko, Tundu Lissu yagizwe Visi Perezida w’Umuryango uharanira Demokarasi muri Afurika
May 26, 2025
Abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Mozambique bagiye gusimbuzwa
May 26, 2025
Amakimbirane hagati ya Pamella Innocente, AB Godwin na Clapton Kibonge ku mushinga wa filime akomeje gufata indi ntera
May 25, 2025

You Might Also Like

AMAKURUMU MAHANGA

Burundi: Abapolisi babiri n’Umunyamabanga Mukuru wa FFB batawe muri yombi bazira kuganira ku ntambara yo muri RDC

Abantu bane bo mu muryango umwe bafungiwe muri Gereza Nkuru ya Mpimba i Bujumbura, nyuma y’uko bagaragaye baganira ku ntambara…

3 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

Joseph Kabila yasubiye muri RDC anyuze i Kigali, nyuma y’imyaka myinshi mu buhungiro

Joseph Kabila Kabange, wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), yamaze kugaruka mu gihugu cye avuye mu…

3 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

Umusirikare yarashe umwana na nyina arabica

Mu ijoro ryo ku wa Gatanu, tariki ya 4 Mata 2025, umusirikare w’Ingabo za Leta ya Repubulika ya Demokarasi ya…

1 Min Read
AMAKURUMU MAHANGAUBUZIMA

U Bwongereza: Abahamwe n’ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina bagiye kujya bahabwa imiti igabanya ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina

U Bwongereza Bwatangaje ko abahamwe n'ibyaha by'ihohotera rishingiye ku gitsina bagiye kujya bahabwa imiti igabanya ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina.…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?