igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Angela Merkel yaburiye u Burayi ku ngaruka zo gufunga imipaka n’abimukira
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Angela Merkel yaburiye u Burayi ku ngaruka zo gufunga imipaka n’abimukira
AMAKURUMU MAHANGA

Angela Merkel yaburiye u Burayi ku ngaruka zo gufunga imipaka n’abimukira

Fisto HAKIZIMANA
Last updated: May 26, 2025 3:03 pm
Fisto HAKIZIMANA
Share
SHARE

Angela Merkel, wabaye Chancelière w’u Budage, yavuze ko gufunga imipaka no gukumira abimukira bishobora gushyira Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) mu kaga gakomeye. Ibi yabitangaje nyuma y’uko u Budage butangaje ingamba zikomeye zo guhagarika abimukira binjira mu gihugu

Merkel yikije cyane ku cyemezo cye cyo gufungura imipaka mu 2015 na 2016, aho u Budage bwakiriye abimukira barenga miliyoni, benshi baje baturutse mu bihugu byugarijwe n’intambara n’ibibazo by’ubukene. Icyakora, kuri ubu ibintu byarahindutse.

Minisitiri w’Umutekano w’u Budage, Alexander Dobrindt, yatangaje ko ibiro bishinzwe kwakira abasaba ubuhungiro ku mipaka byahagaritswe, bivuze ko abashaka kwinjira mu Budage ngo basabe ubuhungiro batagifite ayo mahirwe. Ibi byatumye abashaka kwinjira banyuranyije n’amategeko bahura n’imbogamizi zikomeye.

Angela Merkel avuga ko izi ngamba zinyuranye n’indangagaciro za EU, zirimo koroshya urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu. Mu gitabo aherutse gusohora yise Freedom, yatanze impuruza ko niba ibihugu bya EU bidashyira hamwe mu guhangana n’ikibazo cy’abimukira, bishobora gutuma u Burayi busenyuka.

Nyuma y’aya mabwiriza mashya, inzego z’umutekano mu Budage zavuze ko umubare w’abantu bagerageza kwinjira mu gihugu wikubye inshuro nyinshi, bikaba bigoye ko barinda umutekano. Abapolisi bagera ku bihumbi bitatu bongewe ku mipaka, biyongera ku bandi ibihumbi 11 basanzwe bahari, ariko na bo ntibahagije nk’uko abasesenguzi babigaragaza.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Coach Gaël umaze kumenyekana nk’umwe mu bashoramari bakomeye mu Rwanda yateguje igitaramo azazanamo Chris brown
Next Article Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda Gen Muhoozi Kainerugaba ntiyumva uko u Budage bwoherereje Uganda Ambasaderi mugufi
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Bashunga Abouba wahoze ari umunyezamu wa Rayon Sports aravugwaho kwiyitirira impunzi kugira ngo abone ubwenegihugu mu Budage
June 1, 2025
Palestina: Abantu 21 bapfiriye mu muvundo w’abashakaga inkunga muri Gaza, abandi 175 barakomereka bikabije
June 1, 2025
Gicumbi: “Ntituzongera kwitiranya abanyerondo n’abajura” Abaturage bashimira gahunda nshya y’umutekano
June 1, 2025
BNR yashyizeho amabwiriza mashya akumira ikoreshwa ry’amadevize imbere mu gihugu
June 1, 2025
Ikipe ya Pyramids FC yegukanye igikombe cya mbere cya CAF Champions League mu mateka
June 1, 2025

You Might Also Like

AMAKURU

Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bwa Loni muri Centrafrique bambitswe imidali

Abapolisi b’u Rwanda 313 bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Central Africa (MINUSCA), bambitswe imidali bashimirwa ubwitange n’umusanzu…

2 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

U Buholandi bwafunze Ambasade zabwo mu bihugu bitandukanye birimo n’u Burundi

Guverinoma y’u Buholandi yatangaje ko yafunze zimwe muri Ambasade n’ibiro by’abahagarariye inyungu zayo mu bihugu bitandukanye byo ku migabane itandukanye,…

2 Min Read
AMAKURU

RDC: Urubanza rw’Umusirikare wa FARDC Uregwa Kurasa Abantu mu Rusengero Rwasubitswe

Urukiko rwa gisirikare rwa Kitona, ruherereye mu ntara ya Moanda, rwasubitse urubanza ruregwamo umusirikare Médard Katonzi wo mu ngabo zirwanira…

1 Min Read
AMAKURU

Imbangukiragutabara irenze umuhanda ikomeretsa umunyegare

Imbangukiragutabara y’Ibitaro bya Mibilizi mu Karere ka Rusizi, yakoze impanuka mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki ya 25 Gicurasi,…

2 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?