igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Perezida Kagame agiye kugirira uruzinduko muri Kazakhstan
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Perezida Kagame agiye kugirira uruzinduko muri Kazakhstan
AMAKURUPOLITIKE

Perezida Kagame agiye kugirira uruzinduko muri Kazakhstan

TWIZEYIMANA DAVID
Last updated: May 26, 2025 8:07 pm
TWIZEYIMANA DAVID
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame ateganya kugirira uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri muri Kazakhstan guhera ku wa 28 Gicurasi 2025, ruzafungurirwamo ipaji nshya mu mubano w’iki gihugu cyo ku mugabane wa Aziya n’u Rwanda.

Amakuru y’uru ruzinduko yatangajwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Kazakhstan kuri uyu wa 26 Gicurasi ubwo Minisitiri Murat Nurtleu yakiraga mugenzi we w’u Rwanda, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe.

Minisitiri Nurtleu yagize ati “Tubona u Rwanda nk’igihugu cy’inshuti, kikaba n’umufatanyabikorwa w’ingenzi muri Afurika. Nizeye ko imyiteguro duhuriyeho izatuma uruzinduko rwa Perezida Kagame rugenda neza, rutangize igice gishya cy’umubano wa Kazakhstan n’u Rwanda.”

Minisitiri Nduhungirehe yashimiye Nurtleu, ati “Wakoze Minisitiri w’Intebe Murat Nurtleu kunyakirana urugwiro mu murwa mwiza, Astana, no ku kiganiro cyiza twagiranye, mbere y’uruzinduko rw’akazi rwa Nyakubahwa Perezida Paul Kagame muri Kazakhstan.”

Abaminisitiri bombi baganiriye ku nzego ibihugu byombi byakoranamo zirimo ubucuruzi, igisikare ndetse n’ikoranabuhanga, bemeranya ko abahagarariye ibihugu byombi bazagira inzinduko zitandukanye zigamije kunoza imikoranire.

Haganiriwe kandi ku gushyiraho Komisiyo ihuriweho igamije kunoza ubucuruzi hagati y’impande zombi, no gukorana kutaziguye hagati y’inzego zishinzwe ubucuruzi.

Perezida Kagame aheruka guhura na Perezida wa Kazakhstan, Kassym-Jomart Tokayev, mu Ugushyingo 2024, ubwo bitabiraga inama ya 29 y’Umuryango w’Abibumbye yo kurwanya ihindagurika ry’ibihe yabereye mu mujyi wa Baku muri Azerbaijan.

Icyo gihe, abakuru b’ibihugu baganiriye ku buryo bwo gushimangira ubufatanye mu iterambere ry’ubukungu hagati y’u Rwanda na Kazakhstan.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Gen Muhoozi yihanangirije aborozi banze kumvira Museveni
Next Article 11 bazahagararira u Rwanda muri ‘Kigali International Peace Marathon’ bagaragaye
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

AFC/M23 yahakanye imibare yatangajwe na Leta ya Congo ku bapfiriye mu rugamba rwo gufata Goma
May 31, 2025
U Rwanda rugiye kubaka amashuri y’icyitegererezo yigisha ikoranabuhanga harimo na Drone
May 31, 2025
“Mbere yo gufungura urugi, banza witegure” Trump abwira Macron wakubiswe n’umugore we
May 31, 2025
Amavubi yerekeje muri Algeria gukina imikino ya gicuti yo kwitegura Gikombe cy’Isi cya 2026
May 31, 2025
Urukiko rw’Ikirenga rwa Amerika rwemeye icyemezo cya Trump cyo gukuraho uburenganzira bw’abimukira barenga 530,000
May 31, 2025

You Might Also Like

AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Sénégal: Ingabo zose z’amahanga zihari zigiye kwirukanwa

Igihugu cya Sénégal,binyuze kuri Minisitiri w’Intebe wa Sénégal, Ousmane Sonko, cyatangaje ko ingabo z’amahanga zose ziri muri iki gihugu zikwiriye…

1 Min Read
AMAKURUIMIKINO

Police Handball Club y’u Rwanda yegukanye igikombe mu Mikino ya EAPCCO

Ikipe ya Polisi y’u Rwanda ya Handball (Police HC) yegukanye igikombe mu mikino ya EAPCCO, itsinze Ethiopia Police HC ibitego…

1 Min Read
AMAKURU

Uganda yaciye umubano w’ubufatanye n’u Budage mu bya gisirikare

Igisirikare cya Uganda (UPDF) cyatangaje ko cyahagaritse imikoranire yose cyari gifitanye n’u Budage nyuma y’imyitwarire ya Ambasaderi w’icyo gihugu cyo…

2 Min Read
AMAKURU

Umugabo w’ i Nyamasheke ukekwaho gutera inda umwana amushukishije 5000 frw yatawe muri yombi

Ni Umugabo w’imyaka 53 yafatiwe mu Mudugudu wa Mutuntu, Akagari ka Bisumo, Umurenge wa Cyato mu Karere ka Nyamasheke ku…

2 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?