igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: ”Abanyarwanda nta byinshi dufite ngo dutete” Perezida Kagame
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > ”Abanyarwanda nta byinshi dufite ngo dutete” Perezida Kagame
AMAKURU

”Abanyarwanda nta byinshi dufite ngo dutete” Perezida Kagame

Fisto HAKIZIMANA
Last updated: May 17, 2025 10:48 am
Fisto HAKIZIMANA
Share
SHARE

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yakiriye itsinda ry’abanyeshuri biga mu ishami ry’ubucuruzi muri Kaminuza ya Harvard yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Mu biganiro bagiranye, Umukuru w’Igihugu yabasobanuriye uko Abanyarwanda bahangana n’ibibazo byabo kandi bagakomeza kwiyubaka nubwo badafite byinshi byo kwiratiraho

Perezida Kagame yavuze ko Abanyarwanda bafite uburyo bwihariye bubaranga mu mibereho yabo, bushingiye ku mateka yabo ndetse n’aho bifuza kugera. Ati: “Abanyarwanda bafite inzira yabo, bafite ibibazo byabo kandi bafite uburyo bwabo bwo kubikemura. Twumva uko turi, aho tuva n’aho tugana, tukubakiraho ibisubizo byacu.”

Yavuze ko mbere yo gushaka ibisubizo, Abanyarwanda babanza kuganira, bagashishoza ngo bamenye icyabaye intandaro y’ibibazo bahura na byo, aho gutekereza nabi cyangwa kwitana ba mwana. Yongeyeho ko u Rwanda rumaze kugera kuri byinshi mu iterambere, ariko ko rutageze aho rwifuza hose, kandi ko iterambere ridashobora kugerwaho mu gihe gito cyangwa icyarimwe.

“Nubwo hari byinshi bimaze kugerwaho, ntabwo byose byakemutse. Si nacyo cy’ingenzi. Icy’ingenzi ni uko dukomeje gushyiraho imbaraga kugira ngo dutere imbere uko dushoboye.”

Perezida Kagame kandi yavuze ko Abanyarwanda batari abatesi kuko nta byinshi bafite byo kubatera ubwibone. Ahubwo bakomeje kwigira ku mateka mabi igihugu cyanyuzemo kugira ngo bubake ejo hazaza heza.

Ati: “Nta byiza byinshi dufite byatuma duteta. Twahisemo kwiyubaka dushingiye ku masomo twakuye mu mateka mabi. Ni ho dukura imbaraga zo gukomeza kubaho cyangwa se kurimbuka. Icyo ni cyo duheraho.”

Aba banyeshuri ba Harvard bari baherutse mu Rwanda muri Gicurasi 2024 mu rugendoshuri, aho basobanuriwe byinshi ku rugendo rw’iterambere u Rwanda rumazemo imyaka isaga 30 n’uko ruyobowe. Ibi biganiro bikaba byarabereye muri Village Urugwiro, ku biro bya Perezida.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Mu Rwanda hagiye kumurikwa ibikoresho bya girikare bijyanye biri mu bigezweho
Next Article Kicukiro: Umugabo yamize inyama nk’umira ibinini iramuhitana
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Sheilah Gashumba yavuze ko kwita ‘Mama’ umukobwa se aheruka kurongora bitazashoboka
May 17, 2025
U Rwanda rwakiriye Abanyarwanda 360 bari baragizwe imbohe na FDLR muri RDC
May 17, 2025
Yolande Makolo yanyomoje ibirego bya RDC ku Rwanda, ashinja icyo gihugu gukorana n’imitwe yitwaje intwaro
May 17, 2025
Kicukiro: Umugabo yamize inyama nk’umira ibinini iramuhitana
May 17, 2025
”Abanyarwanda nta byinshi dufite ngo dutete” Perezida Kagame
May 17, 2025

You Might Also Like

AMAKURU

Bugesera: Umugabo yapfiriye mu Kagali bikekwa ko yakubiswe n’abanyerondo bikamuviramo gupfa 

Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki ya 11 Gicurasi 2025 Nibwo mu biro by’Akagari ka Bihari, mu Murenge wa…

3 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

M23 yakoze amateka ifata uduce turindwi icyarimwe idahanganye

Umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wakoze amateka adasanzwe, ufata uduce…

2 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

Perezida wa Kenya William Ruto arashinjwa gukorana na M23

Uwahoze ari Visi Perezida wa Kenya, Rigathi Gachagua, yatangaje ko ubuyobozi bwa Perezida William Ruto bwagize uruhare mu makosa ya…

3 Min Read
AMAKURUIMYIDAGADURO

RIB yavuze ko ibyo Teta Sandra yanditse ku mbuga nkoranyambaga bipfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Amagambo Teta Sandra yanditse ku mbuga nkoranyambaga ni amagambo apfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 nk’uko Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwabitangaje.…

2 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?