igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Amerika na Iran bicaye ku meza y’ibiganiro nyuma y’imyaka 45 barebana ay’ingwe
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Amerika na Iran bicaye ku meza y’ibiganiro nyuma y’imyaka 45 barebana ay’ingwe
AMAKURUMU MAHANGA

Amerika na Iran bicaye ku meza y’ibiganiro nyuma y’imyaka 45 barebana ay’ingwe

TWIZEYIMANA DAVID
Last updated: April 12, 2025 9:16 pm
TWIZEYIMANA DAVID
Share
SHARE

Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran, nyuma y’imyaka 45 y’umubano mubi ushingiye kuri politiki ya dipolomasi, bongeye kwicarana ku meza y’ibiganiro byagutse kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 12 Mata 2025.

Contents
Intambara y’amagambo yageze ku iherezo?Amateka y’amasezerano yahagaritsweHaba hari icyizere?

Ibi biganiro byabereye mu bwami bwa Oman, nk’uko byatangajwe n’umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Iran. Ni intambwe nshya mu rugendo rugoye rw’izi mpande zombi zari zaramaze imyaka myinshi mu ntambara y’amagambo no kutizerana.

Intambara y’amagambo yageze ku iherezo?

Bivugwa ko Perezida Donald Trump wa Amerika yari yarigeze gutanga icyifuzo ko ibi biganiro byakorwa mu buryo butaziguye, ariko Iran icyo gihe yasabye ko bigomba gukorwa binyuze mu buryo buziguye. Gusa kuri iyi nshuro, impande zombi zahuriye ku meza y’ibiganiro.

Iran yari ihagarariwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Abbas Araghchi, naho Amerika ihagarariwe n’intumwa yayo mu burasirazuba bwo hagati Steve Witkoff.

Ni ubwa mbere Amerika na Iran bagiranye ibiganiro by’ako kanya kuva mu 2018, ubwo Amerika yisubiraga ku masezerano bari baragiranye ajyanye no guhagarika gahunda ya Iran yo gukora intwaro za kirimbuzi.

Amateka y’amasezerano yahagaritswe

Ibiganiro bya mbere hagati ya Iran na Amerika byatangiye mu 2015, ubwo Perezida Trump yari amaze kwinjira mu biro bya White House. Muri ibyo biganiro, Amerika n’ibihugu by’inshuti zayo byasabaga Iran guhagarika gahunda yayo y’iterambere ry’intwaro kirimbuzi, nayo igasabwa koroherezwa mu bijyanye n’ibihano yafatirwaga.

Gusa, ubwo Trump yafataga icyemezo cyo kwikura muri ayo masezerano, ibintu byarushijeho gukara, Iran ikomeza gushidikanya ku bushake bwa Amerika bwo kugirana ibiganiro binyuze mu mucyo.

Haba hari icyizere?

Amakuru dukesha Ibiro Ntaramakuru bya Reuters avuga ko Iran yagiye mu biganiro yitwararitse cyane, kubera amateka y’ubwumvikane buke hagati yayo na Amerika, cyane cyane ubwo Trump yagaragazaga amagambo akomeye y’uko ashobora kuyitera, mu gihe itareka gahunda yayo yo gukora intwaro zirimo ubumara.

Nubwo bimeze bityo, Minisitiri Araghchi, ubwo yageraga muri Oman ku wa Gatandatu mu gitondo, yavuze ko impande zombi ziteguye kugera ku bwumvikane “bushingiye ku mucyo no ku bwuzuzanye.”

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Nyanza: Umukecuru w’imyaka 65 yatawe muri yombi akurikiranyweho gukubita umukazana we
Next Article Abakoresha imbuga nkoranyambaga baramagana MOSES uri gusebya H.E Paul KAGAME
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Israel yashimye umubano wihariye ifitanye n’u Rwanda, ishimangira ubushake bwo gukomeza gufatanya mu nzego z’iterambere
May 29, 2025
Perezida Kagame na Alain Berset baganiriye ku bufatanye bushya hagati y’u Rwanda n’u Burayi
May 29, 2025
U Rwanda rwongeye gutanga inkunga yo gufasha abari mu kaga muri Gaza
May 29, 2025
Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania mu nama igamije gushimangira umutekano ku mipaka ihuriweho
May 29, 2025
Rurageretse hagati y’Umunyamakuru na Ambasaderi wa Israel
May 29, 2025

You Might Also Like

AMAKURU

Gatsibo: Ushinjwa kuba umujura ruharwa yasanzwe mu muhanda yapfuye

Mu karere ka Gatsibo mu Murenge wa Rwimbogo, Umugabo w’imyaka 43 yasanzwe ku muhanda yapfuye, bikekwa ko yishwe n’abo yari…

2 Min Read
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

U Bufaransa bwahagaritse guha intwaro Ukraine

Igihugu cy'u Bufaransa nta ntwaro kizongera guha igihugu cya Ukraine mu ntambara gihanganyemo n'u Burusiya nk'uko Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel…

1 Min Read
AMAKURUIMIKINO

Ikipe yigeze kuba iya nyuma ku rutonde rwa Shampiyona y’u Rwanda birangiye ari yo iyegukanye

Ikipe y’Ingabo z'igihugu yegukanye igikombe cya shampiyona 2024-25 Imaze gutsinda Muhazi United igitego 1-0, maze icyegukana ku nshuro ya 23.…

1 Min Read
MU MAHANGA

CIA yahishuye byinshi ku rupfu rwa Hitler Adolf rwari rwarabaye amayobera

Adolf Hitler benshi bamwize mu ishuri abandi babyumva ahantu hatandukanye ko uwari umuyobozi w’Ishyaka ry’aba-Nazi yapfuye yiyahuye aho bivugwa ko…

3 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?