igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Byinshi wamenya kuri ’album’ nshya Mariya Yohana yahimbiye Perezida Kagame n’Inkotanyi
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > IMYIDAGADURO > Byinshi wamenya kuri ’album’ nshya Mariya Yohana yahimbiye Perezida Kagame n’Inkotanyi
IMYIDAGADURO

Byinshi wamenya kuri ’album’ nshya Mariya Yohana yahimbiye Perezida Kagame n’Inkotanyi

TWIZEYIMANA DAVID
Last updated: May 25, 2025 5:33 pm
TWIZEYIMANA DAVID
Share
SHARE

Umuhanzikazi Mariya Yohana umaze igihe kinini ari umwe mu bafite izina rikomeye mu Rwanda, agiye kumurika album ye ya kabiri yise “Inkera y’Abahizi Komeza Ibirindiro”; yahimbiye Perezida Kagame ndetse na FPR Inkotanyi.

Uyu muhanzikazi yavuze ko ari album yahimbye agamije gushimira Inkotanyi ndetse na Perezida Paul Kagame, ku bw’umurimo ukomeye bakoze wo kubohora igihugu ndetse no kwizihiza imyaka, amaze aririmba indirimbo zo gukunda igihugu.

Ati “Natekereje iyi album nshaka gushimira FPR Inkotanyi na Perezida Paul Kagame. Ntekereza ko n’abazaza mu gitaramo cyo kuyimurika, intego yacu izaba ari nk’iyi. Iki gitaramo kigamije kugaragaza urukundo dukunda Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda n’Inkotanyi, ndetse nzaba nizihiza isabukuru y’imyaka 40 maze mpimba nanaririmba indirimbo zo gukunda igihugu.”

Yavuze ko igitaramo cyo kuyimurika kizabera mu Intare Conference Arena i Rusororo ku wa 3 Nyakanga 2025, ubwo u Rwanda ruzaba rwizihiza umunsi wo kwibohora ku nshuro ya 31. Azagihuriramo n’abahanzi barimo Bruce Melodie, Tom Close, Butera Knowless, Rumaga, SMS na Tonzi.

Kwinjira muri iki gitaramo bizaba ari 10000 Frw ahasanzwe, 45000 Frw muri VIP ndetse na miliyoni 1 Frw ku meza y’abantu batandatu.

Ushaka kugura itike akanda *662*700*1331# cyangwa ugaca kuri rubuga. Iki gitaramo kizatangira Saa Kumi z’umugoroba kirangire Saa Sita z’ijoro.

Uyu mubyeyi yavuze ko aba bahanzi bose bazafatanya bose mu gitaramo, bagiye bahurira mu ndirimbo ziri kuri iyi album. Iyi album yakozweho na Producer Real Beat. Indirimbo esheshatu mu zizaba ziriho nizo zimaze gukorwa, gusa hari n’izindi zishobora kuzongerwaho kuko hagikorwa izindi.

Iyi album izaba ari iya kabiri izaba ikurikira iya mbere, Mariya Yohana yakoze yise ‘Intsinzi Intego ni Imwe’, yagiye hanze mu 2014.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Umutoza wa Manchester United Ruben Amorim yatangaje ko yiteguye gusaba imbabazi abafana b’iyi kipe
Next Article Alexia Putellas yagaragaje agahinda kenshi nyuma yo kwamburwa igikombe na Arsenal WFC
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Senior Manager Trade Finance at BPR by 28/05/25
May 25, 2025
Bakorewe igitangaza n’ikigo cy’ishuri nyuma yo gutabwa n’ababyeyi babo
May 25, 2025
IT Change & Governance Manager(1) at BPR: Deadline: 28/05/25
May 25, 2025
Senior Manager Ecosystem and Value Chain Banking at BPR: Deadline :May 28th, 2025
May 25, 2025
Consumer Protection Manager at BPR: Deadline :May 28th, 2025
May 25, 2025

You Might Also Like

IMYIDAGADURO

Umuhanzi ukomeye Sean Kingston ubungubu ari muri gereza we na Nyina umubyara

Umuhanzi Sean Kingston ari muri gereza guhera ku wa 10 Mata 2025 nyuma yo kubura ibihumbi $100 byo gutanga nk'ingwate…

1 Min Read
AMAKURUIMYIDAGADURO

Rihanna n’umugabo we ASAP Rocky bagiye kwibaruka umwana wa gatatu

Rihanna yagaragaje ko we n’umukuzi we, A$AP Rocky bari mu myiteguro yo kwibaruka umwana wa gatatu. Gutwita kwa Rihanna kwagaragaye…

1 Min Read
IMYIDAGADURO

The Ben na Diamond platinum bagiye gukorera igitaramo muri Uganda

Mu gitondo cyo kuri uyu wa 24 Gicurasi 2025, abahanzi bakunzwe mu karere, The Ben na Diamond Platnumz, bahuriye kuri…

2 Min Read
IMYIDAGADURO

Aline Gahongayire yatangaje ko amaranye igihe kirekire uburwayi bwa Diabet

Aline Gahongayire yatangaje ko yaramaranye uburwayi bwa Diabet imyaka irenga 20 ubwo yari mu kiganiro n'itangazamakuru. Umuhanzikazi w'indirimbo zo kuramya…

2 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?