igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Byinshi wasobanukirwa kuri filime ‘Final Destination Bloodlines’ iri mu zigezweho muri iki gihe
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > IMYIDAGADURO > Byinshi wasobanukirwa kuri filime ‘Final Destination Bloodlines’ iri mu zigezweho muri iki gihe
IMYIDAGADURO

Byinshi wasobanukirwa kuri filime ‘Final Destination Bloodlines’ iri mu zigezweho muri iki gihe

TWIZEYIMANA DAVID
Last updated: May 28, 2025 8:31 am
TWIZEYIMANA DAVID
Share
SHARE

Abakunzi ba filime mu Rwanda no hanze yarwo bari mu byishimo nyuma yo kujya hanze kwa ‘Final Destination Bloodlines’, iri mu zigezweho kandi zikunzwe cyane.

Ni filime imaze iminsi mike igiye hanze cyane ko yasohotse ku wa 16 Gicurasi 2025. Iyi filime yo muri Amerika imara iminota 110. Yashowemo miliyoni 50$.

Igaruka ku nkuru yo mu 1969 ya Iris Campbell n’umusore bakundanaga, Paul. Itangira aba bombi bitabiriye ibirori byo gutaha ku mugaragaro Skyview, inyubako ndende yubatse nk’umunara, irimo restaurant y’akataraboneka.

Mu birori by’umuziki n’imbyino byabereye muri iyi nyubako, Iris yagize iyerekwa, aho aza kuvumbura ko iyi nyubako igiye gusandara, biturutse ku gutoboka kw’igisenge cy’ikirahure, no guturika kwa ‘gaz’, maze akarokora abari aho bose.

Ni inkuru y’ahahise ikurikirana umwuzukuru wa Iris, uba witwa Stefani Reyes. Aba asanzwe ari umunyeshuri muri kaminuza. Uyu mukobwa atangira kujya arota inzozi mbi z’iyo mpanuka, akabura amahoro ndetse no ku ishuri bakabona ko hari ikibazo afite gikomeye.

Aza kumva ko ibyo arota bishobora kuba bifitanye isano na nyirakuru, Iris, agahitamo gusubira iwabo gushaka ibisobanuro.

‘Final Destination Bloodlines’ iri kwerekanwa mu nzu zerekanirwamo filime ku Isi yose. Mu Rwanda ushaka kuyireba wajya kuri Canal Olympia ku i Rebero aho yerekanwa buri munsi.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Rutsiro: Umugabo yagwiriwe n’ibuye arapfa
Next Article Lamine Yamal yongereye amasezerano y’imyaka itandatu muri FC Barcelone
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Rachel Gupta yambuwe ikamba rya Miss Grand International 2024 kubera kudasohoza inshingano ze
May 29, 2025
Ubukerarugendo bushingiye ku nama bukomeje guhesha ishema Kigali n’u Rwanda
May 29, 2025
U Rwanda mu rugamba rwo kwakira isiganwa mpuzamahanga rya Formula One, ruhanganye na Marocco na Afurika y’Epfo
May 29, 2025
Uburyo umubyeyi yafasha umwana we kwiga kuvuga no gutyaza ururimi
May 29, 2025
Perezida Museveni ashinja Leta ya RDC uruhare mu kudatekana k’u Burasirazuba bw’igihugu
May 29, 2025

You Might Also Like

AMAKURUIMYIDAGADURO

Coach Gaël umaze kumenyekana nk’umwe mu bashoramari bakomeye mu Rwanda yateguje igitaramo azazanamo Chris brown

Coach Gaël umaze kumenyekana nk’umwe mu bashoramari bakomeye mu myidagaduro mu Rwanda, yateguje igitaramo gikomeye i Kigali azazanamo umuririmbyi Christopher…

2 Min Read
AMAKURUIMYIDAGADURO

Ishyari rya zamutse muri Eddy Kenzo nyuma yuko Diamond Platinumz na The Ben bahawe indege yihariye

Umuhanzi w’Umunya-Uganda, Eddy Kenzo yagaragaje ko atishimiye na gato uburyo abahanzi bo muri Uganda bafashwe mu gitaramo cya Coffee Marathon…

2 Min Read
IMYIDAGADURO

Bruce Melodie na BNXN basusurukije abakunzi ba muzika muri BK Arena nyuma y’imikino ya BAL 2025

Mu gitaramo cy’imbaturamugabo cyabaye ku wa Gatandatu, tariki ya 24 Gicurasi 2025, abahanzi bakomeye Bruce Melodie wo mu Rwanda na…

2 Min Read
AMAKURUIMYIDAGADURO

The Ben na Diamond batanze ibyishimo i Ntungamo yo muri Uganda

The Ben yongeye guhurira ku rubyiniro na Diamond bakoranye indirimbo ‘Why’, batanga ibyishimo ku bakunzi b’umuziki bari bahuriye i Ntungamo…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?