igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Ibiganiro birarimbanyije hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’igihugu cya Iran nyuma y’imyaka 45 badacana uwaka
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Ibiganiro birarimbanyije hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’igihugu cya Iran nyuma y’imyaka 45 badacana uwaka
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Ibiganiro birarimbanyije hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’igihugu cya Iran nyuma y’imyaka 45 badacana uwaka

IYAKAREMYE FERDINAND
Last updated: April 12, 2025 6:05 pm
IYAKAREMYE FERDINAND
Share
America na Iran mubiganiro bya dipolomasi
SHARE

Nyuma y’imaka isaga 45 Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran baracanye umubano ushingiye kuri dipolomasi, hongeye kuba ibiganiro biziguye.

Ni ibiganiro kuri uyu wa Gatandatu byatangiriye mu bwami bwa Oman, nk’uko umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Iran yabitangaje. Ibi biganiro byatangiye nyuma y’igihe Amerika na Iran bari mu ntambara y’amagambo.

Ku ikubiro Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yari yifuje ko biriya biganiro biba mu buryo butaziguye, gusa Iran ishimangira ko bigomba kuba mu buziguye.

Iran muri ibi biganiro yari ihagarariwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Abbas Araghchi; mu gihe Amerika yari ihagarariwe n’intumwa yayo mu burasirazuba bwo hagati, Steve Witkoff.

Kuri uyu wa Gatandatu ni bwo bwa mbere Amerika na Iran bari bahuriye ku meza y’ibiganiro, kuva muri 2018 ubwo Washington yikuraga mu biganiro barimo bagirana. Ni ibiganiro byari byaratangiye nyuma gato y’uko Perezida Donald Trump yageraga ku butegetsi muri 2015.

Icyo gihe Trump n’ibihugu byinshi bya Amerika basabaga Iran guhagarika umushinga wayo wo gukora intwaro kirimbuzi; na bo bakayitura kuyikuriraho ibihano yafatiwe.

Ibiro Ntaramakuru Reuters by’Abongereza bivuga ko mu biganiro biri kuba Tehran iri kwigengesera cyane, ndetse ikaba inashidikanya ku kuba hari amahirwe yo kuba izumvikana na Amerika binajyanye no kuba Perezida Donald Trump yarakunze gukangisha Iran ko azayirasa, mu gihe yaba idahagaritse umushinga wo gucura ibitwaro kirimbuzi.

Icyakora mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu ubwo Minisitiri Araghchi yageraga muri Oman, yavuze ko bo na Amerika bateganya “kugera ku bwumvikane buciye mu mucyo kandi bushingiye ku bwuzuzanye.”

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Minisitiri Utumatwishima yakebuye urubyiruko ruri kurangazwa n’imbuga nkoranyambaga mu bihe by’icyumweru cy’Icyunamo
Next Article Umugaba Mukuru w’Ingabo za KDF Intandaro y’impanuka ikomeye y’indege yo mubwoko bwa kajugujugu yahitanye Umugaba Mukuru w’Ingabo za KDF
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Ikibazo cya Rayon minisiteri igiye kugihagurukira
May 18, 2025
Perezida w’Afurika y’Epfo agiye kuganira na Trump wa Leta zunze Ubumwe z’Amerika
May 18, 2025
FERWAFA yagize icyo ivuga ku mvururu zabere kuri stade ya Bugesera, ku mukino wari wahuje Rayon Sport na Bugesera FC
May 18, 2025
Ubushakashatsi bushya bwerekanye ko gusinzira amasaha menshi bigira ingaruka mbi ku mikorere y’ubwonko
May 18, 2025
HoodyBaby asanze Chris Brown mu buroko dore ko bari mu kirego kimwe
May 18, 2025

You Might Also Like

AMAKURU

Cardinal Robert Francis Prevost Yatorewe Kuba Papa Mushya, Afata Izina rya Leon XIV

Ku mugoroba wo ku wa 8 Gicurasi 2025, inteko y’Aba-Cardinal 133 bateraniye muri Chapelle ya Sistine i Vatican yatoye Cardinal…

2 Min Read
AMAKURU

Inkuru y’akababaro, Niyo Bosco yapfushije Se umubyara

Umuhanzi Niyo Bosco kuri ubu yabuze se umubyara witabye Imana kuri uyu wa 23 Mata 2025. Abinyujije ku mbiga  nkoranyambaga…

1 Min Read
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

FCC yasabye abanye-Congo kwamagana ijyanwa mu nkiko rya Kabila

FCC, Ihuriro ry’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riri gushishikariza  Abanye-Congo kwamaganira kure umugambi Leta ifite…

2 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

Ibihumbi by’abaturage n’imodoka baheze mu kiraro kuva ku wa Gatandatu

Mu murwa mukuru wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Kinshasa, ibihumbi by’abantu n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili kuva ku…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?