igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Icyiciro cya mbere cy’abazungu bivugwa ko bahohoterwa muri Afrika y’Epfo cyatwawe muri Amerika
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Icyiciro cya mbere cy’abazungu bivugwa ko bahohoterwa muri Afrika y’Epfo cyatwawe muri Amerika
AMAKURUMU MAHANGA

Icyiciro cya mbere cy’abazungu bivugwa ko bahohoterwa muri Afrika y’Epfo cyatwawe muri Amerika

NSHUTIYIMANA Cyprien
Last updated: May 12, 2025 12:46 pm
NSHUTIYIMANA Cyprien
Share
SHARE

Kuri uyu wa 11 Gicurasi 2025 ni bwo Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangiye gutwara icyiciro cya mbere cy’abazungu zivuga ko bamaze igihe kirekire bakorerwa ihohoterwa muri Afurika y’Epfo.

Biri mu byo Perezida Donald Trump yasezeranyije akimara kujya ku butegetsi muri Mutarama uyu mwaka dore ko atahwemye gushinja Leta ya Afurika y’Epfo guhohotera aba bazungu ibaziza ibara ry’uruhu rwabo.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wungirije wa Amerika, Christopher Landau, yavuganye na mugenzi we wa Afurika y’Epfo, Alvin Botes Tariki ya 9 Gicurasi 2025, amumenyesha ko abazungu ba mbere bagiye gutwarwa.

Collen Msibi, Umuvugizi wa Minisiteri y’Ubwikorezi ya Afurika y’Epfo, yavuze ko ko icyiciro cya mbere kigizwe n’abazungu 49 barimo abana bato cyajyanywe muri Amerika ku wa 11 Gicurasi.

Aba bose batwawe n’indege ya sosiyete ya Omni Air International yabasanze ku kibuga cy’indege cya O.R Tambo kiri mu Mujyi wa Johannesburg. Bari barinzwe n’abapolisi ba Afurika y’Epfo kugira ngo hatagira ubahohotera. Iyi ndege yabanje kunyura i Dakar muri Sénégal kugira ngo ishyirwemo andi mavuta, mbere yo gukomereza muri Virginia ku kibuga cy’indege cya Dulles ari na ho bururukiye.

Aba bazungu bakiriwe n’abayobozi boherejwe na Leta ya Amerika ku kibuga cy’indege cya Dulles. Biteganyijwe ko kuri uyu wa 12 Gicurasi, baganira n’abanyamakuru mbere yo gukomereza ku icumbi bagenewe.

Ibyo kuba aba bazungu bahohoterwa, Leta ya Afurika y’Epfo yatangaje ari amakuru adafite ishingiro, gusa kandi ko itababuza kujya muri Amerika mu gihe babyifuza.

Mu rutonde rwabifuzaga kuva muri iki gihugu bujuje ibisabwa rwakozwe n’itsinda ryoherejwe na Prezida Trump, rugaragaza ko hari abarenga 8000 babyifuzaga, gusa abantu 100 ni bo bonyine bakwakirwa.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Perezida Kagame Yitabiriye Inama y’Abayobozi b’Ibigo muri Côte d’Ivoire
Next Article U Burusiya bukomeje kugaba ibitero muri Ukraine mu gihe bari bumvikanye agahenge
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

FERWAFA yagize icyo ivuga ku mvururu zabere kuri stade ya Bugesera, ku mukino wari wahuje Rayon Sport na Bugesera FC
May 18, 2025
Ubushakashatsi bushya bwerekanye ko gusinzira amasaha menshi bigira ingaruka mbi ku mikorere y’ubwonko
May 18, 2025
HoodyBaby asanze Chris Brown mu buroko dore ko bari mu kirego kimwe
May 18, 2025
Accountant at supreme court (SC) :Deadline: May 23, 2025
May 17, 2025
Abantu 23 biciwe mu gitero k’iterabwoba muri Nigeria
May 17, 2025

You Might Also Like

AMAKURUUBUZIMA

Ubushakashatsi bwagaragaje ko abagore batwite bakoresha urumogi byongera ibyago byo gupfa ku mwana batwite

Ubushakashatsi bwagaragaje ko abagore batwite bakoresha urumogi baba bafite ibyago byinshi byo kubyara umwana utagejeje igihe, ufite ibiro bike, umwana…

2 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

Kinshasa: Imyuzure yahitanye abantu 33, abandi benshi barakomereka

Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yatangaje ko abantu 33 bamaze kumenyekana ko bahitanywe n’imyuzure yatewe n’imvura nyinshi…

1 Min Read
AMAKURU

Musanze: Umwuzure wafunze umuhanda mu gihe cy’amasaha 2

Nk’uko byatangajwe na Polisi y’u Rwanda, imvura nyinshi yaguye mu Murenge wa Busogo mu Karere ka Musanze yateye amazi kuzura…

1 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

Ibitangaza muri Myanmar babiri bakuwe munsi y’inzu zabagwiriye ari bazima.

Umugabo w’imyaka 53 yarokwe n’abakora ibikorwa by’ubutabazi bagize itsinda ry’abazimya umuriro bari kumwe n'ikipe y’abashinwa. Nyuma y’amasaha 125 yari amaze…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?