igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Inkomoko y’insigamugani ‘Habe na Mba’
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > UTUNTU N' UTUNDI > Inkomoko y’insigamugani ‘Habe na Mba’
UTUNTU N' UTUNDI

Inkomoko y’insigamugani ‘Habe na Mba’

TWIZEYIMANA DAVID
Last updated: May 21, 2025 7:37 pm
TWIZEYIMANA DAVID
Share
SHARE

Uyu mugani bawuca nk’iyo umuntu agiye gusaba ikintu aziko hari byinshi, nyuma agasanga ntakintu gihari habe na gito, nibwo bagira bati;”Ntagihari habe na mba!” Uyu mugani wakomotse ku mutwa witwaga Mba wo mu Iceni ku Gisi cya Kigasari ni Huye y’ubu (Butare), ni ahagana mu mwaka w’1500.

Ubwo hari ku ngoma ya Ruganzu II Ndoli, atuye i Ruhashya na Mara ho mu Busanza bw’epfo. Hakabaho umuhinzakanzi witwaga Benginzage ariwe bita Nyagakecuru muka Samukende, agatura mu bisi bya Huye. Umunsi umwe Ruganzu yoherejeyo abatasi kugira ngo bamutate azabone uko amurimbura nk’abandi bahinza kuko byari intego ye. Nyagakecuru yari afite urugo rw’inzitane ariko rukabamo ibyanzu by’ihene ze ari nabyo Ibisumizi byaje gucamo biramushyikira biramwica. Ni nayo mpamvu kandi abanyarwanda bakivuga ngo;”Naka yasenyewe n’ihene nka Nyagakecuru.” cyangwa bakagira bati;”Ntagahora gahanze, urwa Nyagakecuru ihene ziraruhanguye!”

Nyagakecuru rero yari afite abata b’intwari mu ngabo ze zitwaga Imparabanyi, batuye Iceni ku mushoro wa Kigasari (Ubu hari uruganda rw’abacuzi b’i Gishamvu), bakabamo uwitwa “Mba” w’intore cyane mu kumasha no kwizibukira.

Umunsi wo gutera Nyagakecuru warageze maze Ruganzu agaba Ibisumizi abigabanyijemo imitwe ibiri, umwe utera Nyagakecuru iwe, undi nawo utera i Kigasari mu Mparabanyi kugira ngo uzimire zoye gutabara nyirabuja. Uwateye Nyagakecuru umaze kumwica wahise ujya kunganira uwateye Imparabanyi, rurambikana bishyira kera kandi ariko hari icyorezo impande zombi. Bigeze mu mashoka y’inka, Ibisumizi bikubita Imparabanyi inshuro, ariko wa mutwa witwaga “Mba” yanga gushagasha, aragaruka asakirana n’igisumizi cyitwa “Rucinya” kirarekera, kimutsinda hagati y’ingamba zombi; kiti;”Ndaguhamije Rucinya ruciye bugufi mperutse gucira ibinyita mu bicaniro bya Nemba” Ubwo imparabanyi zicika umukenyo. Ibisumizi niko kuzirohamo bizica umugenda, abacitse ku icuma rubanda rubatangirira mu Nyaruguru babatsinda ku musozi witwa Mbasa.

Hagati aho se wa “Mba” ahobagira ajya kubariza inkuru y’Imparabanyi. Ageze mu mucyamo wa Kigasari ahitwa mu Birogo ahura n’umukecuru w’umutwakazi, aramubaza ati;”Nta gakuru k’Imparabanyi wamenya?” Umukecuru amubizanya uburakari ati ;”Imparabanyi zatikiye nta wasigaye ndetse habe na “Mba”!” Icyatumaga avuga “Mba” ni uko ari we wari ingenzi mu Mparabanyi. Umusaza akomeza urugendo. Yigiye imbere ahura n’undi mutwa aramubaza ati;”Yewe sha! nta nkuru y’Imparabanyi n’Ibisumizi wandusha?” Undi amusubiza azingije mu gahanga ati,”Dore ino ndondogozi y’agasaza imbaza ubusa.” Ati;”Imparabanyi zashize zose habe na “Mba” wari ingenzi muri zo!”

Nuko iyo mvuga isakara igihugu irarambanya irinda ihinduka umugani bacira ku muntu usanze ibyo yashakaga byashize, abo yasabaga bakabimuhebya bagira bati;”Nta cyasigaye habe na mba!” Ubwo baba bafatiye ku mvugo wa mutwa n’umutwakazi bombi bahebeje se wa “Mba” bagira bati;”Imparabanyi zashize habe na “Mba” wazigenzaga!”

Habe na mba = Habe na busa.

IVOMO: Ibirari by’insigamigani, igitabo cya kabiri, page ya 122-123.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Huawei yashyize hanze mudasobwa idasanzwe
Next Article Rayon Sport yatakaje umwanya wa mbere nyuma yo kunanirwa kwishyura Bugesera FC
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

EUROPA LEAGUE: Tottenham Spurs itwaye igikombe ishyira akadomo ku mishinga ya Manchester United
May 22, 2025
Niba ukunda Filime ziteye ubwoba, Dore filime 10 zikunzwe cyane wareba
May 21, 2025
Rayon Sport yatakaje umwanya wa mbere nyuma yo kunanirwa kwishyura Bugesera FC
May 21, 2025
Inkomoko y’insigamugani ‘Habe na Mba’
May 21, 2025
Huawei yashyize hanze mudasobwa idasanzwe
May 21, 2025

You Might Also Like

AMAKURUPOLITIKEUTUNTU N' UTUNDI

Dore Abaperezida 5 batsinzwe amatora bashaka kwiyongeza indi manda

Ibihugu bitandukanye ku isi bigira igihe manda y’umukuru w’igihugu Imara ayoboye, yarangira hakaba andi matora y’umukuru w’igihugu hakaba ubwo uwariho…

1 Min Read
UTUNTU N' UTUNDI

Dore ibyiza byo kurara wambaye amasogisi: Ubushakashatsi

Ubushakashatsi butandukanye bwerekanye ko kwambara amasogisi ugiye kuryama bigira uruhare runini mu gufasha umuntu gusinzira vuba no gusinzira neza. Uretse…

3 Min Read
UTUNTU N' UTUNDI

Umugabo yatawe muri yombi nyuma yo kwiba amafaranga angana na miliyoni 8 akajya kuzitangamo inkwano kwa Sebukwe

Umubago witwa Alfred Joseph yashyikirijwe Urukiko rw'ibanze rwa Nyankubu mu ntara ya Geita muri Tanzania, aho akurikiranyweho icyaha cyo kwiba…

1 Min Read
AMAKURUUBUZIMAUTUNTU N' UTUNDI

Nyanza: Umusore ufite imyaka 18 yasambanyije inkoko kugeza ipfuye neza neza by

Umushumba w’amatungo magufi (ihene) wo mu karere ka Nyanza arakekwaho gusambanya itungo ry’inkoko rigapfa. Byabereye mu Mudugudu wa Nyagatovu mu…

2 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?