igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Inkuba Ziri ku isonga mu biza byahitanye benshi muri Werurwe – MINEMA
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Inkuba Ziri ku isonga mu biza byahitanye benshi muri Werurwe – MINEMA
AMAKURUUBUZIMA

Inkuba Ziri ku isonga mu biza byahitanye benshi muri Werurwe – MINEMA

NSHUTIYIMANA Cyprien
Last updated: April 2, 2025 4:54 pm
NSHUTIYIMANA Cyprien
Share
SHARE

Mu bushakashatsi bwakozwe na Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA) bwakozwe ku bantu bibasiwe n’ibiza mu kwezi kwa Werurwe 2025, bwagaragawemo ko inkuba ari zo ziza ku isonga mu biza byatwaye abantu benshi muri Werurwe 2025 ni abantu bagera kuri 16.

kuri uyu wa Gatatu tariki ya 2 Mata 2025, Ubwo Minisitiri wa MINEMA, Maj Gen (Rtd) Murasira Albert yagezaga ikiganiro ku bagize Inteko Ishinga Amategeko, umutwe wa Sena, cyagarukaga ku buryo bwateganyijwe gukumira ingaruka ziterwa mu gihe u Rwanda ruri mu bihe by’Itumba.

Yabwiye abari aho ati: “Inkuba ni zo zimaze kwica abantu benshi kugeza ubungubu, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe n’imyuzure igakurikiraho.”

Kuva ku itariki ya 1 kugeza ku ya 31 Werurwe 2025, nk’uko imibare yashyizwe ahagaragarana na MINEMA ibigaragaza inkuba zahitanye abantu 16, mu gihe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe bwateje inkangu, zo zitwara ubuzima abantu 4, ni uko imyuzure ihitana abantu 2 naho umuntu umwe we ahitanwa n’inkongi y’umuriro.
Ubwo Abasenateri babazaga niba hari ngamba zashyizweho zo gukumira ibiza by’umwihariko ibiterwa n’inkuba, Minisitiri Maj Gen (Rtd) Murasira yasubije ko bitoroshye gukumira inkuba gusa Leta y’u Rwanda yo ikaba ikomeje ingamba zo kugabanya ibyago byaziturukaho.

Maj Gen (Rtd) Murasira ati: “Inkuba biragoye kuyigenzura, kubera imiterere yayo kuko akenshi abakubitwa na yo, ntabwo bakurikiza amabwiriza yo kuyirinda. Ariko iyo inzu ifite umurindankuba ntibakubita keretse bakoresha ibyuma bikoresha amashanyarazi.”

MINEMA, yavuze ko hashyizweho gahunda zo gukumira inkuba zibasira abantu mu Karere ka Rutsiro aho inzu nyinshi zashyizweho imirindankuba, imibare y’abahitanwa na yo ikaba igaragaza ko bagenda bagabanyuka.
Minisitiri Maj Gen. (Rtd) Murasira yasabye abaturage bafite inyubako ziriho imirindankuba gufata akanya bakagenzura ko igkora kuko ishobora kuba imaze igihe kirekire ku nzu ariko idakora kuburyo hari ibyago ko yakubita abayibamo.

MINEMA yo ivuga ko hari uburyo leta y’u Rwanda irimo guteganya kwinjiza ibikoresho bikora imirindankuba ku buryo yajya ikorerwa mu Rwanda, ibi bikaba byagabanya a ikiguzi k’imirindankuba ituruka hanze kuko kiri hejuru cyane.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Nahombye kuba ntarabaye umusirikare – Tom Close
Next Article Dublin: Biyamye abakora ku mabere y’ikibumbano cya Molly Malone
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

FERWAFA yagize icyo ivuga ku mvururu zabere kuri stade ya Bugesera, ku mukino wari wahuje Rayon Sport na Bugesera FC
May 18, 2025
Ubushakashatsi bushya bwerekanye ko gusinzira amasaha menshi bigira ingaruka mbi ku mikorere y’ubwonko
May 18, 2025
HoodyBaby asanze Chris Brown mu buroko dore ko bari mu kirego kimwe
May 18, 2025
Accountant at supreme court (SC) :Deadline: May 23, 2025
May 17, 2025
Abantu 23 biciwe mu gitero k’iterabwoba muri Nigeria
May 17, 2025

You Might Also Like

AMAKURU

Nyamasheke: Abaturage bari mugahinda nyuma yo gupfusha ihene zabo ziriwe n’imbwa z’inyagasozi

Imbwa z’inyagasozi zishe ihene esheshatu z’abaturage bo mu Mudugudu wa Gisesero, Akagari ka Muhororo, Umurenge wa Kirimbi, Akarere ka Nyamasheke,…

4 Min Read
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Sudani yacanye umubano na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE)

Ku wa 6 Gicurasi 2025, Sudani yahagaritse umubano w’ubutwererane na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, iyishinja guha ingabo za Rapid Support…

2 Min Read
AMAKURU

Abantu 14 bakomerekeye mu mpanuka ya tagisi minibisi yarenze umuhanda

Mu gitondo cyo ku wa Kabiri, tariki ya 13 Gicurasi 2025, habaye impanuka y’imodoka yabereye mu Murenge wa Mururu, Akarere…

2 Min Read
AMAKURU

Umugabo wo mu Karere ka Nyanza akurikiranyweho kwica umwana we w’imyaka 11

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yafashe umugabo w’imyaka 32 ukekwaho icyaha gikomeye cyo kwica umwana we w’umuhungu w’imyaka…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?