igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Jose Chameleon yabwiye ijambo rikomeye abahanzi bakora umuziki
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Jose Chameleon yabwiye ijambo rikomeye abahanzi bakora umuziki
AMAKURUIMYIDAGADURO

Jose Chameleon yabwiye ijambo rikomeye abahanzi bakora umuziki

IYAKAREMYE FERDINAND
Last updated: May 25, 2025 1:29 pm
IYAKAREMYE FERDINAND
Share
SHARE

Nyuma yo kugera mu Rwanda aho agiye gutaramira, Jose Chameleone yavuze ko abantu benshi bava mu muziki atari ukubera ko ubananiye ahubwo kubera kudakunda ibyo bakora.

Ni mu kiganiro Versus gitambuka kuri RTV yabivuze ubwo yabazwaga ku rugendo rwe rw’umuziki n’ikintu cyatumye akomeza gukora umuziki mu bihe bitoroshye kuri ubu akaba afatwa nk’umunyabigwi wa mbere muri Afurika y’Iburasirazuba cyane ko ubwo Diamond aherutse muri Uganda yabyivugiye ko amufata nk’uwa mbere muri Afurika y’Iburasirazuba.

Jose Chameleone yavuze ko mu gutangira ari bwo yahuye n’imbogamizi cyane zo gukora umuziki ariko uko yagiye ahanyanyaza akubaka izina gake gake byagiye birushaho gukomeza kuworohereza mu gukora umuziki.

Yagize ati: “Imbogamizi zikomeye nahuye nazo mu muziki ni intangiriro zawo. Iyo navugaga ngo nitwa Jose Chameleone nta muntu wabaga urizi. Kugira ngo bamenye iryo zina, bisaba gukora indirimbo zigakundwa. Gukora ubwo bugenge ngo havemo indirimbo ikunzwe na benshi nibyo bibazo bikomeye.”

Yavuze kandi ko mu myaka 25 amaze mu muziki yaranzwe no guhanga udushy, kwigirira ikizere kuko kuba afite impano n’abandi bayigira ahubwo uburyo bwo kuyibyaza umusaruro akaba aribyo atandukaniyeho n’abandi.

Ati: “Imyaka 25 nyisobanura nko guhanga udushya, kwigirira ikizere kuko impano iri hose. Tuba muri sosiyete ifite abantu baguca integer ngo ibyo ukora ubikora nabi ariko mu gihe nabikoraga mu buryo bwange, numvaga aribyo bya nyabyo.”

Yavuze kandi ko “Iyo umuntu aje aririmba kugira ngo ashimishe abandi, abura wa mwihariko we. Ntabwo nigeze mbikora. Niyo mpamvu wumva ijwi rya Chameleone ari rya rindi kandi ndabizi ko abantu bankunda, ndabishimira Imana. Ntabwo nzi impamvu bankunda.”

Asobanura impamvu atigeze areka umuziki muri ibi bihe bitoroshye yanyuragamo, Jose Chameleone yavuze ko na Bibiliya isaba abantu kuririmba kugira ngo bishime nawe akaba yarabikoreraga kwishima atagamije gushimisha abantu.

Ati: “Na Bibiliya irabivuga iti ‘Ririmba kugira ngo wishime’ kuri njye rero, ndirimbira impamvu nyinshi. Ndirimba kugira ngo nishime hanyuma abandi bakishima nyuma. Nta mafaranga ayo ariyo yose wampa ngo ndekere kuririmba.”

Nyuma y’uko yaherukaga gutaramira i Kigali mu mwaka wa 2018, Jose Chameleone yagarutse mu Rwanda aho yitegura gutaramira muri Kigali Universe kuri iki Cyumweru tariki 25 Gicurasi 2025.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Abantu umunani nibo bapfuye abandi barenga 30 bakomerekera mu bitero bya ‘drones
Next Article Munyakazi Sadate wabaye Perezida wa Rayon Sports yemereye Perezida Kagame ibikombe mpuzamahanga
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Bayisenge Emery yasezeranye na Gatare Aline bari bamaranye igihe (Amafoto)
May 25, 2025
M23 yamaganye abakomeje kwirengagiza intambwe nziza yatewe mu Mujyi wa Goma nyuma y’uko iwubohoye
May 25, 2025
Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko umushinga w’indangamuntu y’ikoranabuhanga wagenewe miliyari 12 Frw 
May 25, 2025
RDB yagize icyo ivuga ku nsinzi y’ikipe y’abagore ya Arsenal FC
May 25, 2025
NESA yatangajwe igihe abanyeshuri bazakorera ibizamini bya Leta
May 25, 2025

You Might Also Like

AMAKURUIMIKINO

Ikipe ya Rutsiro FC yaba yitsindishije?

Mu mukino w’Umunsi wa 25 wa Shampiyona y’u Rwanda wabaye ku wa 26 Mata 2025, aho Ikipe y’Ingabo z’Igihugu APR…

1 Min Read
AMAKURU

Mu Rwanda hagiye kumurikwa ibikoresho bya girikare bijyanye biri mu bigezweho

Mu Rwanda hagiye kubera inama mpuzamahanga izamurikirwamo ibikoresho bigezweho bya gisirikare n’ikoranabuhanga mu rwego rwo guteza imbere umutekano Ku itariki…

3 Min Read
AMAKURU

Kabuga Félicien agiye kongera kugaragara mu rukiko mu rubanza aburanamo n’umushinjacyaha

Urwego rwasigariyeho Inkiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, IRMCT, rwatangaje ko Félicien Kabuga umaze igihe afungiye mu Buholandi agiye kongera kugaragara mu rukiko,…

3 Min Read
AMAKURU

Uganda: Umugore w’imyaka 43 yishe umugabo we ahita amuhamba munsi y’igitanda

Mu gace kitwa Kaniga I, mu karere ka Buhweju, Rwengwe mu gihugu cya Uganda, haravugwa inkuru iteye ubwoba y’umugore w’imyaka…

2 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?