igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Justin Bieber n’umugore bagiye kwaka gatanya
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > IMYIDAGADURO > Justin Bieber n’umugore bagiye kwaka gatanya
IMYIDAGADURO

Justin Bieber n’umugore bagiye kwaka gatanya

TWIZEYIMANA DAVID
Last updated: May 27, 2025 12:23 am
TWIZEYIMANA DAVID
Share
SHARE

Nyuma y’iminsi bivugwa ko umuhanzi Justin Bieber n’umugore we Hailey Bieber batabanye neza, ubu aba bombi baravugwaho kuba bari mu nzira yo kwaka gatanya.

Si ibanga ko umubano w’umuhanzi Justin Bieber n’umunyamideli Hailey Baldwin Bieber, wakunze kurangwa n’ibibazo ndetse byavuzwe kenshi ko bagiye gutandukana.

Ku wa 9 Gicurasi 2023, bombi baratunguranye bakora ibirori byo gusezerana bwa kabiri ndetse banatangaza ko bagiye kwibaruka umwana wabo wa mbere.

Icyo gihe Justin Bieber yatangaje ko umubano wabo wari warajemo agatotsi gusa kuva bamenya ko bagiye kubyara bahisemo kongera kuwubyutsa ari na yo mpamvu basezeranye bundi bushya.

Icyakoze ibyo gusezerana bwa kabiri no kuba baribarutse imfura yabo muri Kanama 2024, ntabwo byabujije ko urugo rwabo rukomeza kuvugwamo umwuka mubi.

Ibi byakomeje no kuvugwa ndetse mu minsi ishije ubwo Justin Bieber yandikaga amagambo akakaye ku mugore we abinyujije kuri Instagram, aho yemeye ko ajya amutuka gusa agahita abisiba nyuma y’uko abantu bamunenze.

Byatije umurindi amakuru avugwa y’uko bombi babanye nabi.

Kuri ubu Radar Online yatangaje ko hari amakuru akomeje kuvugwa y’uko Bieber na Hailey bari mu nzira yo kwaka gatanya.

Aya makuru avuga ko mu minsi ishize Hailey Bieber yasohokanye n’inshuti ze zirimo abanyamideli bazwi nka Kylie na Kendall Jenner, aho bishimanye bigatinda.

Bivugwa ko iki gihe Hailey yari arimo kwizihiza ko ibye na Justin biri kurangira ndetse ko yafashe umwanzuro wo kumwaka gatanya.

Gusa nubwo aya makuru yavuzwe, ntabwo Hailey yigeze abitangaza kumugaragaro.

Umwe mu bantu bamwegereye yatangaje ati “Hailey ari gukora ibishoboka ngo yitandukanye na Justin. Kandi asigaye anisohokana batar ikumwe. Justin na we kandi aba yibereye mu bintu bye. Biratekerezwa ko Hailey yaba ari kwishimira ko batandukanye”.

Ibi bivuzwe mu gihe hashize iminsi byaravugwaga ko bombi batakibana mu nzu imwe aho umwe asigaye yibana ku giti cye.

Ni mu gihe Justin Bieber we avugwaho kuba yarasubiye ku gukoresha ibiyobyabwenge bitewe n’imyitwarire amaze iminsi agaragaza.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Justin Bieber mu nzira zo gutandukana n’umugore we
Next Article Ubusabe bw’Amagaju bwo kudakina umukino na Muhazi Utd bwanzwe na FERWAFA
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

U Rwanda rugiye kubaka amashuri y’icyitegererezo yigisha ikoranabuhanga harimo na Drone
May 31, 2025
“Mbere yo gufungura urugi, banza witegure” Trump abwira Macron wakubiswe n’umugore we
May 31, 2025
Amavubi yerekeje muri Algeria gukina imikino ya gicuti yo kwitegura Gikombe cy’Isi cya 2026
May 31, 2025
Urukiko rw’Ikirenga rwa Amerika rwemeye icyemezo cya Trump cyo gukuraho uburenganzira bw’abimukira barenga 530,000
May 31, 2025
Joseph Kabila yiyemeje kugira uruhare mu gusubiza Igihugu ku murongo
May 31, 2025

You Might Also Like

IMYIDAGADURO

Indirimbo ya Khalfan Govinda, Marina na Jay C yari yasibwe kuri You Tube yagaruwe

Indirimbo ya Khalfan Govinda, Marina na Jay C We made it, yari yasibwe kuri You Tube yagaruwe nyuma y'uko Khalifan…

1 Min Read
AMAKURUIMYIDAGADURO

Ababuranira Diddy basabye ko ubuhamya bwa Kid Cudi buvanwa mu rukiko igitaraganya

Umuraperi Scott Mescudi wamenyekanye ku izina rya Kid Cudi, aherutse gutanga ubuhamya mu rubanza rwa P.Diddy amushinja byinshi birimo nko…

3 Min Read
IMYIDAGADURO

Uwari Producer Prince Kïiiz yatangiye kuririmba

Ahereye ku ndirimbo yise ‘Uwa dange’, Producer Prince Kïiiz yafashe icyemezo cyo kwinjira mu muziki nk’umuhanzi ku giti cye. Icyemezo…

1 Min Read
AMAKURUIMYIDAGADURO

Jennifer Lopez yajyanywe mu nkiko azira amafoto yashyize ku mbuga nkoranyambaga

Umuhanzikazi Jennifer Lopez, yajyanywe mu nkiko n’ikigo cy’abafotora kizwi nka Blackgrid, kimushinja kuba yarashyize ku mbuga nkoranyambaga amafoto ye bwite,…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?