igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Justin Bieber yavuze ko nta hohoterwa yakorewe na Sean Combs Diddy
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Justin Bieber yavuze ko nta hohoterwa yakorewe na Sean Combs Diddy
AMAKURUIMYIDAGADURO

Justin Bieber yavuze ko nta hohoterwa yakorewe na Sean Combs Diddy

IYAKAREMYE FERDINAND
Last updated: May 16, 2025 10:47 am
IYAKAREMYE FERDINAND
Share
SHARE

Nyuma y’igihe bivugwa ko Justin Bieber yaba ari mu bo Sean Combs uzwi nka Diddy, yakoreye ihohotera rishingiye ku gitsina, yabihakanye.

Kuva mu 2024 ubwo Diddy yajyanwaga mu nkiko n’umugabo umushinja ko yamusambanije, hahise haboneka n’abandi bagabo bavuga ko yabasambanije mu bihe bitandukanye.

Iki gihe kandi byahise bivugwa ko Diddy akora imibonano mpuzabitsina n’abagabo ndetse ko hari n’abahanzi bagenzi be yaba yararyamanaga nabo. Ku ikubitiro hashyizwe mu majwi abarimo Meek Mill na French Montana.

Ntibyatinze, ku mbuga nkoranyambaga no mu binyamakuru by’imyidagaduro muri Amerika bitangira kuvugwa ko Diddy yaba yarasambanyije Justin Bieber akiri muto ubwo yari akinjira mu muziki.

Ibi babihuzaga n’amafoto hamwe n’amashusho yabo ya kera bari kumwe, maze bakavuga ko byanze bikunze Diddy yaba yaragize ikintu kibi akorera Justin Bieber. By’umwihariko bagarukaga ku byo Bieber yigeze kuvuga mu 2015, agaragaza ko akinjira mu muziki hari abahanzi bakomeye bamuhemukiye.

Ibi byakomeje kuvugwa ndetse hanibazwa impamvu Diddy yaba yarashakaga guha imodoka Justin Bieber wari utaruzuza imyaka 16.

Ubwo Diddy yatabwaga muri yombi muri Nzeri ya 2024, byavuzwe ko byababaje cyane Justin Bieber ndetse ngo yaba afite ubwoba bw’uko hashobora kumenyekana ibyabaye hagati yabo.

Icyakoze nk’uko TMZ yabitangaje, Justin Bieber si umwe mu bo Diddy yahohoteye nk’uko byakunze kuvugwa ndetse yamaze kubihakana ku mugaragaro binyuze mu itangazo ry’abashinzwe kumuvuganira.

Abavuganira Justin Bieber batangaje ko Diddy atigeze akorera ihohotera rishingiye ku gitsina Bieber, ndetse ko nta n’ikintu kibi yigeze amukoraho.

Bakomeje bavuga ko ibyo bagaragazaga basohokana, bajyana mu biganiro kuri televiziyo byose byabaga ari ibyo bateguye mu rwego rwo gucuruza imiziki yabo no kwamamaza ibikorwa byabo.

By’umwihariko, Justin Bieber ntabwo yari inshuti ikomeye cyane ya Diddy kuko bahuzwaga n’akazi, ahubwo ngo yari inshuti cyane y’abana be barimo Quincy na Justin Combs.

Itangazo bashyize hanze ku wa 15 Gicurasi 2025, rigira riti “Nubwo Justin atari umwe mu bahohotewe na Sean Combs, hari abantu koko bagizweho ingaruka n’ibyo yakoze. Guhindura intego nyamukuru y’iki kibazo bishobora kwangiza inzira y’ubutabera aba bahohotewe bakwiye guhabwa.”

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Kigali: Umugabo akurikiranyweho kuriganya arenga miliyoni 140 Frw
Next Article Umunyarwanda Martin Ngoga yongeye gutorerwa kuyobora Akanama gashinzwe imyitwarire ka FIFA nk’uko byemerejwe mu Nteko Rusange
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Igitero cya drone y’igisirikare cy’u Burusiya cyahitanye abantu icyenda bari mu modoka, abandi barindwi barakomereka
May 17, 2025
Nyamasheke: Umukecuru w’imyaka 63 warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi yishwe n’abagizi ba nabi bamutemye
May 17, 2025
Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kiri guhigisha uruhindu umusirikare mukuru watorokanye amafaranga
May 17, 2025
Umukino Bugesera yari imaze gutsindamo Rayon Sports wahagaze kubera imvururu z’abafana ba Rayon Sports
May 17, 2025
Sheilah Gashumba yavuze ko kwita ‘Mama’ umukobwa se aheruka kurongora bitazashoboka
May 17, 2025

You Might Also Like

AMAKURU

Gicumbi: Umuvunyi mukuru yasabye abagore kwirinda gukubita abagabo

Umuvunyi Mukuru, Nirere Madeline, yasabye abagore guhindura imyumvire no kureka guhohotera abagabo babo, agaragaza ko ari umuco mubi ugomba gucika.…

2 Min Read
AMAKURU

Nyanza: Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwataye muri yombi abantu bane banze gutanga amakuru y’ahari imibiri y’abishwe muri Jenoside

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwataye muri yombi abantu bane bakurikiranyweho icyaha cyo kuzimiza cyangwa gutesha agaciro ibimenyetso cyangwa amakuru byerekeye…

2 Min Read
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Sudan y’Epfo: Manda y’ubutumwa bw’amahoro ‘UNMISS’ yongerewe

Akanama k’umuryango wabibumbye Gashinzwe umutekano ku isi, kongereye Manda ya’abari mu butumwa bw’uyu muryango muri Sudan y’Epfo, ubutumwa buzwi nka…

2 Min Read
AMAKURU

Perezida Paul Kagame niwe ntinya gusa hano ku isi

Umugaba mukuru w'igisirikare cya Uganda UPDF akaba n'umuhungu wa perezida Yoweri Kaguta Museveni, General Muhoozi Kainerugaba abinyujije kuri X yagaragaje…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?