igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: KNC yisobanuye ku magambo yavuze, avuga ko nta muntu yise umujenosideri
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > KNC yisobanuye ku magambo yavuze, avuga ko nta muntu yise umujenosideri
AMAKURU

KNC yisobanuye ku magambo yavuze, avuga ko nta muntu yise umujenosideri

TWIZEYIMANA DAVID
Last updated: May 23, 2025 12:07 pm
TWIZEYIMANA DAVID
Share
SHARE

Umuyobozi wa Radio/TV1 akaba na Perezida wa Gasogi United, Kakoza Nkuriza Charles (KNC), yashimangiye ko itangazamakuru ridakosotse ntaho ryaba ritandukaniye n’iryashishikarije abantu gukora Jenoside nubwo avuga ko ntawe yise “umujenosideri.”

Mu minsi ishize ni bwo KNC yagereranyije amagambo yavuzwe n’abanyamakuru mbere y’umukino wa Rayon Sports na Bugesera FC n’imvugo za Léon Mugesera yavugiye ku Kabaya mu 1992, muri mitingi y’ishyaka MRND ryari ku butegetsi mu Rwanda muri icyo gihe.

Ayo magambo yakorogoshoye bamwe mu banyamakuru ba siporo ndetse n’abakunzi bayo, bamugaragariza ko ibyo yakoze bitari bikwiriye.

Mu kiganiro gitambuka kuri Radio/TV1 yagiranye na mugenzi we Mutabaruka Angeli, yabwiye umwe mu baturage wamubajije kuri iki kibazo ko ibyo yavuze yabisuramo.

Ati “Naravuze nti ‘twebwe itangazamakuru dufite uruhare mu byabaye ku kigero cya 90%.’ Hari igitangazamakuru wigeze wumva mvuga? Hari umunyamakuru wigeze wumva mvuga? Ibyo navuze n’uyu munsi nabisubiramo. Iyo itangazamakuru ubwaryo rifashe uruhande rumwe, igihe cyose biteza ikibazo.”

KNC akomeza avuga ko nta munyamakuru yigeze avuga ko yakoze Jenoside, ahubwo hakwiriye impinduka kugira ngo itangazamakuru ry’ubu ritazisanga mu murongo nk’uw’iryabibye urwango mu Banyarwanda.

Ati “Tutagize icyo duhindura, ibyo dukora ntaho byaba bitandukaniye n’ibyo Kantano [Habimana] yakoze n’ibyo Mugesera [Léon] yavuze nk’imbwirwaruhame. Bariya bantu bafataga abantu bakabangisha abandi. Natwe rero niba dufashe Ngaboyisonga Patrick tukamugira mubi, ko agomba kuza kwiba, ko atari butange ubutabera. Ibyo ni ukumwangisha rubanda.”

“Nta muntu nigeze nita umujenosideri. Ibyo bavugaga [Mugesera na Kantano] babivuze Jenoside itaragira aho igera ku gasongero kayo, ariko ibikorwa byabo byagumuye abaturage mu mutwe, bibangisha abandi ku buryo natwe ibyo dukora bituma umuturage afata ibuye akaritera undi. Ibyo tubishime?”

Nyuma y’akavuyo kabereye mu Karere ka Bugesera, aho abafana bateranye amabuye ndetse bamwe bagakomereka, Ishyirahamwe rya Ruhago ryahannye Rayon Sports FC kubera imyitwarire y’abafana bayo, ndetse imikino ibiri ya nyuma ya Shampiyona y’u Rwanda ikaba izayikina nta mufana uri ku kibuga.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Umuhanzi The Ben na Diamond Platnumz bagiye kongera guhurira ku rubyiniro mu gitaramo gikomeye
Next Article Leta Zunze Ubumwe za Amerika zashyizeho ibihano kuri Sudan kubera ikoreshwa ry’intwaro kirimbuzi mu ntambara barwana na RSF
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

U Bwongereza: Abahamwe n’ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina bagiye kujya bahabwa imiti igabanya ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina
May 24, 2025
REG VC mu kwitegura Shampiyona igiye kuza, yatangiye kwibikaho abakinnyi
May 23, 2025
Kaminuza ya Harvard yajyanye Leta Zunze ubumwe za Amerika mu nkiko
May 23, 2025
Kuki Abanyamakuru batajya bubaka ingo ngo zirambe? Dore abanyamakuru babishoboye
May 23, 2025
Human right watch yamaganye ubwicanyi bukorwa n’abarwanyi ba Wazalendo
May 23, 2025

You Might Also Like

AMAKURUUTUNTU N' UTUNDI

Menya Ibihugu bya Afrika bicumbikiye abakekwaho Gukora Jenoside mu 1994 benshi bakihishahisha

Imyaka 31 irashize Jenoside yakorewe abatutsi ibaye, bamwe mu bayikoze bahungiye mu bihugu by’amahanga gusa Leta y’u Rwanda ibashyiriraho impapuro…

2 Min Read
AMAKURU

Umuyobozi ukomeye mu Burundi yagaragaje ko Perezida Kagame yashatse kwiyunga na Nkurunziza bikanga

Senateri Gaston Sindimwo wabaye Visi Perezida w’u Burundi kuva mu 2015 kugeza mu 2020, yagaragaje ko Perezida Paul Kagame yashatse…

2 Min Read
AMAKURU

Gicumbi: Umuvunyi mukuru yasabye abagore kwirinda gukubita abagabo

Umuvunyi Mukuru, Nirere Madeline, yasabye abagore guhindura imyumvire no kureka guhohotera abagabo babo, agaragaza ko ari umuco mubi ugomba gucika.…

2 Min Read
AMAKURUIMIKINO

Munyakazi Sadate yifuza kugura Rayon Sports ku Frw miliyari 5

Munyakazi Sadate, wahoze ayobora Rayon Sports, yatangaje ko yiteguye gutanga Frw miliyari 5 kugira ngo abe umunyamigabane mukuru w’iyi kipe…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?