igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Kuki Abanyamakuru batajya bubaka ingo ngo zirambe? Dore abanyamakuru babishoboye
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > IMYIDAGADURO > Kuki Abanyamakuru batajya bubaka ingo ngo zirambe? Dore abanyamakuru babishoboye
IMYIDAGADURO

Kuki Abanyamakuru batajya bubaka ingo ngo zirambe? Dore abanyamakuru babishoboye

TWIZEYIMANA DAVID
Last updated: May 23, 2025 8:53 pm
TWIZEYIMANA DAVID
Share
SHARE

Ni kenshi bajya baserereza Abanyamakuru bino mu Rwanda ko batajya babasha kurwubaka ngo rukomere, ariko burya umunyarwanda yaravuze ngo “aba umwe agatukisha bose”. Hari Abanyamakuru bafite amazina azwi hano mu Rwanda babashije kurwubaka rurakomera ndetse uyu munsi abakibyiruka bashaka kuzubaka uruzira kuryana hari amasomo arenze rimwe bakura kuri izi ngo zaba banyamakuru. Mur iyi nkuru munyemerere turebere hamwe Ingo 9 za banyamakuru bafite amazina azwi mu Rwanda babashije kurwubaka rurakomera.

1. Isheja Sandrine na Kagame Peter

Aba nibo dusanga ku mwanya wa mbere, Isheja ni umunyamakuru ufite izina riremereye cyane mu ruhando rw’itangazamakuru mu Rwanda. Yakoreye ibitangazamakuru bitandukanye birimo : Radio Salus, Radio Isango Star, Radio Kiss Fm , ndetse ku munsi wa none akaba ari umuyobozi mukuru w’ungirije w’ikigo cy’igihugu cy’itangazamakuru (RBA).

Isheja na Kagame Peter barushinze mu mwaka w’i 2016 ariko mbere yaho muri 2015 tariki ya 5 nzeri Kagame Peter yamwambitse impeta y’urukundo ku munsi wa none urugo ndetse n’urukundo rwabo bikaba bikomeye nk’umutarimba.

2. Kayishema Tity Thierry na Muhorakeye Justine

Urugo rwaba bombi uwavuga ko ari intangarugero ntabwo yaba abeshye, aba bombi bamenyanye biga mu mashuri abanza mu myaka y’i 2002 urukundo ndetse n’umubano wabo byaje gukura maze muri 2016 baza kurushinga biyemeza kubana akaramata. Ku munsi wa none Imana yahaye umugisha urugo ndetse n’urukundo rwabo aho bafitanye abana babiri ba bakobwa.

3. Martin Nyirijabo na Anne Niwemwiza

Aba bombi ni inshuti cyane ndetse umubano wabo urakomeye cyane nk’inyundo. Martin na Anne biganye mu ishuri ry’itangazamakuru (ICK) ndetse nyuma yaho umubano n’urukundo rwabo ntabwo byigeze bihagarara. Bombi ni abanyamakuru aho Martin akorera Radio Rwanda n’aho Anne akaba umunyamakuru kuri KT Radio.

Mu mwaka w’i 2015 aba bombi bararushinze nyuma y’igihe kirekire bari mu munyenga w’urukundo ku munsi wa none bakaba badasiba kwitana Ma cherie Mon Amour.

4.Sam Karenzi na Tity Aline

Sam Karenzi ni izina ryubashwe cyane mu itangazamakuru rya siporo mu Rwanda, Uyu mugabo yakoreye ibitangazamakuru bitandukanye birimo : RC Huye, Radio Salus, Radio10, FineFm, ndetse na SK Fm akoraho uyu munsi ikaba na Radio abereye umuyobozi. Sam ndetse n’umufasha we Tity barushinze mu mwaka w’i 2018 Imana yahaye umugisha urugo rwabo aho bafitanye umwana w’umukobwa bise Karenzi Ciara. Urukundo rwabo rugaragarira kandi ku buryo uyu mufasha we bari barikumwe ku munsi Sam Karenzi afungura ku mugaragaro Radio ye SK FM muri uyu mwaka.

5. Ingabire Egidie Bibio na Sam Mandela

Bibio ni umunyamakurukazi ufite izina rizwi cyane mu Rwanda akaba akorera ikigo cy’igihugu cy’itangazamakuru (RBA), Bibio yarushinze n’umugabo we Mandela Sam mu mwaka w’i 2012 kuri uyu munsi imyaka ikaba ibaye 13 barushinze kandi bakaba bararwubatse rugakomera. Imana yahaye umugisha urugo rwa Bibio na Sam aho kuri uyu munsi bafitanye abana batatu.

6. Lucky Nzeyimana na Murekatete Divine

Aba bombi Bamenyanye mu mwaka w’i 2010 , icyo gihe Lucky Nzeyimana yari yarabaswe n’ingeso yo guteega (betting), Uyu mufasha we yamuciye kwiyo ngeso Lucky ava mu bwana aba Umugabo. Urukundo rwabo baje kurwereka inshuti , abavandimwe ndetse n’imiryango umunsi bakora ubukwe mu 2016 ndetse Imana yahaye umugisha urukundo rwabo aho bafitanye abana babiri umuhungu Ragnar n’umukobwa Hudha.

7. Antoinette Niyongira na Kigenza Aime Patrick

Anto nkuko abenshi bamwita ni umunyamakurukazi uzwi cyane mu Rwanda mu biganiro by’imyidagaduro, yakoreye ibitangazamakuru binyuranye birimo : Radio Isango Star, Radio10 ndetse na Radio Kiss Fm akorera kuri uyu munsi.

Antoinette hamwe n’umugabo we Kigenza barushinze mu mwaka w’i 2015 mu birori bibereye ijisho byabereye muri Christian Life Assembly i Nyarutarama mu mujyi wa Kigali. Uyu munsi imyaka 10 irashize barushinze Imana yahaye urugo rwabo umugisha aho bafitanye abana babiri ba bahungu.

8. Gerard Mbabazi na Uwase Alice

Aba bombi bamenyanye mu mwaka w’i 2018 bahuriye mu kiliziya, umubano wabo wakomeje gukura ndetse baza gufata umwanzuro wo kuva mu ngaragu bakaba abantu bubatse, Gerard na Alice barushinze mu mwaka w’i 2021 uyu munsi bakaba bafitanye umwana umwe w’umuhungu.

Gerard Mbabazi ni umwe mu banyamakuru b’imyidagaduro babirambyemo aho imyaka igiye kuba 15 akora aka kazi, Yakoreye ibitangazamakuru bitandukanye birimo : RC Huye, Radio Salus, KT Radio, RBA ndetse ku munsi wa none akaba akorera ku murongo wa Youtube ye bwite yitwa Rwema Mbabazi.

9. Michele Iradukunda na Humudu David

Michele ni izina rizwi mu myidagaduro yo mu Rwanda , Mu mwaka w’i 2009 yahataniye ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda maze aza gusoza irushanwa yegukanye ikamba ry’igisonga cya kane. Uyu mukobwa yabaye kandi igisonga cya mbere cya nyampinga wa kaminuza nkuru y’u rwanda mu mwaka w’i 2010.

Michele yinjiye mu itangazamakuru mu mwaka w’i 2013 icyo gihe yari asimbuye Isheja Sandrine mu kiganiro Isango relax Time, nyuma yaho yakoreye Magic Fm ndetse uyu munsi akaba akorera ikigo cy’igihugu cy’itangazamakuru (RBA).

Michele na Humud barushinze mu mwaka w’i 2017 mu birori bihenze biryoheye ijisho byabereye mu karere ka Huye, ku munsi wa none bakaba bafitanye abana babiri ndetse ntibasiba kwitana Honey cyangwa se Bae.

END

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Human right watch yamaganye ubwicanyi bukorwa n’abarwanyi ba Wazalendo
Next Article Kaminuza ya Harvard yajyanye Leta Zunze ubumwe za Amerika mu nkiko
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

U Bwongereza: Abahamwe n’ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina bagiye kujya bahabwa imiti igabanya ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina
May 24, 2025
REG VC mu kwitegura Shampiyona igiye kuza, yatangiye kwibikaho abakinnyi
May 23, 2025
Kaminuza ya Harvard yajyanye Leta Zunze ubumwe za Amerika mu nkiko
May 23, 2025
Kuki Abanyamakuru batajya bubaka ingo ngo zirambe? Dore abanyamakuru babishoboye
May 23, 2025
Human right watch yamaganye ubwicanyi bukorwa n’abarwanyi ba Wazalendo
May 23, 2025

You Might Also Like

AMAKURUIMYIDAGADURO

Final ya ‘Squid Game’ igiye kujya hanze vuba ahangaha

Filime ya Squid Game yaciye ibintu ku Isi yose igiye gusozwa n’igice cyayo cya nyuma kizajya hanze muri Kamena 2025.…

2 Min Read
IMYIDAGADURO

Uwahanze inoti ya 5000 hamwe n’ibindi biranngantego yamaze gushiramo umwuka

Cyirimobenecyo Alphose ni umwe mu bahanga u Rwanda rwagize dore ko ari umwe mu bahanze bimwe mu biranga ntego by'igihugu…

2 Min Read
AMAKURUIMYIDAGADURO

Hamenyekanye igihe amashusho y’indirimbo ya Chriss Eazy , Kevin Kade na The Ben – FOLOMIANA azasohokera

Nyuma yo kumara amezi atanu adasohora igihangano na kimwe, umuhanzi Chriss Eazy yihuje na Kevin Kade ndetse na The Ben…

1 Min Read
AMAKURUIMYIDAGADURO

Nyuma yo gutandukana na Safi Madiba, Judith yongeye gukora ubukwe

Uwahoze ari umugore w'umuhanzi Safi Madiba wamenyekanye ari mu Itsinda Urban Boy Judith Niyonizera, yongeye gukora ubukwe n’umugabo bamaze igihe…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?