igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Marina yasubije Khalifan mubwishongozi bwakaminura muhini
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > IMYIDAGADURO > Marina yasubije Khalifan mubwishongozi bwakaminura muhini
IMYIDAGADURO

Marina yasubije Khalifan mubwishongozi bwakaminura muhini

TWIZEYIMANA DAVID
Last updated: May 27, 2025 7:51 am
TWIZEYIMANA DAVID
Share
SHARE

Umuhanzi Marina yatangaje ko atari azi ko mugenzi we Khalifan Govinda agira ubwenge yise buke nyuma y’uko Khalifan yari yanditse ko uwo muhanzikazi akwiye kumusaba imbabazi kubera kumusuzugura.

Iyi ntambara y’amagambo yatangirijwe ku mbuga nkoranyamabaga zaba bombi ubwo Khalifan yandikaga ku rubuga rwe rwa Instagram avuga ko icyo Marina agamije ari ukumuzimya.

Intandaro y’ako gahinda ka Khalifan, ni uko yari aherutse gushyira ahagaragara indirimbo yafatanyije n’abarimo Marina na Jay C, akaba yarababajwe n’uko Marina yahise ashyira ahagaragara indirimbo ye nta gihe na gito giciyeho ishyizwe ahagaragara.

Yanditse ati: “Ubusanzwe ndi umuhanzi witonda cyangwa se nkaba ndi umuhanzi uzi kubana n’abantu, ariko ubu hari ibintu by’agasuzuguro mu muziki.

[…] Ugakorana indirimbo n’umuhanzi, wamara gukorana na we, yabona indirimbo mukoze irimo izamuka neza, ubona ataherukaga gukora nk’uko na we utaherukaga gukora, mugahuza imbaraga, yabona mukoze ikintu cyiza (Ni indirimbo mperuka gukorana na Jay C na Marina, we made it) indirimbo nta n’iminsi 8 irashira, ugahita usohoreraho indi ndirimbo.”

Khalifan avuga ko ibyo ari agasuzuguro, Marina n’abo bakorana bakwiye gusabira imbabazi cyangwa agatangaza andi makosa yabo.

Yagize ati: “Ibi bintu ni agasuzuguro. Marina n’abo mukorana mwese, mujye ku mbuga nkoranyambaga musabe imbabazi nibitaba ibyo, ndabanika ku mbuga nkoranyambaga kandi ndashyiramo ibindi bikosa byanyu.”

Mu kumusubiza Marina yahise yisunga imbuga nkoranyambaga yishongora kuri Khalifan amubwira ko nta bwenge agira.

Yagize ati “Ntabwo nari nzi ko ugira ubwenge buke Khalifan Govinda, none se bitwaye iki kuba nasohora indirimbo yanjye? Iri ni iterabwoba ridafite umutwe n’amaguru.”

Khalifan Govinda afatanyije n’abarimo Marina hamwe na Jay- C baherutse gukorana indirimbo bise ‘We made it’, yashyizwe kuri Youtube tariki 16 Gicurasi 2025, ikaba imaze iminsi 10 ishyizwe ahagaragara, mu gihe Marina nawe yahise ashyira ahagaragara iyitwa ‘Ndarahira’ tariki 24 Gicurasi 2025.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron yakubiswe urushyi n’umugore we bavuga ko bikiniraga
Next Article Dore uko umwaka w’imikino wa 2024-2025 ku bakinnyi b’amavubi bakina mu mahanga
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Muhazi FC yamanutse mu kiciro cya kabiri nyuma yo kunyagirwa n’Amagaju
May 28, 2025
Umwanditsi w’ibitabo Ngũgĩ wa Thiong’o yapfuye
May 28, 2025
Perezida wa Sena y’u Rwanda asanga ibiganiro ari wo muti w’amahoro mu Burasirazuba bwa RDC
May 28, 2025
Umugore w’imyaka 55 yafatiwe mu cyuho yakira urumogi rwa ibilo 25 muri Muhanga
May 28, 2025
Cholera ikomeje kwibasira Sudani
May 28, 2025

You Might Also Like

AMAKURUIMYIDAGADURO

Jose Chameleon yabwiye ijambo rikomeye abahanzi bakora umuziki

Nyuma yo kugera mu Rwanda aho agiye gutaramira, Jose Chameleone yavuze ko abantu benshi bava mu muziki atari ukubera ko…

3 Min Read
AMAKURUIMYIDAGADURO

Rugaretse hagati y’umuraperi Kanye West n’indwara zo mu mutwe arwaye

Umuraperi w’Umunyamerika Kanye West uzwi nka Ye, ari muri Espagne aho ari gukorerwa ubuvuzi bwihariye kubera ibibazo byo mu mutwe…

2 Min Read
AMAKURUIMYIDAGADURO

2 Chainz yakoze urugendo rw’amaguru ajya kwishyuza Birdman $900

Mu myaka yo mu 2000 2 Chainz yakoze urugendo rw’amaguru yerekeza I New Orleans. Yagezeyo ahura na Birdman wari umuyobozi…

0 Min Read
IMYIDAGADURO

Bruce Melodie na BNXN basusurukije abakunzi ba muzika muri BK Arena nyuma y’imikino ya BAL 2025

Mu gitaramo cy’imbaturamugabo cyabaye ku wa Gatandatu, tariki ya 24 Gicurasi 2025, abahanzi bakomeye Bruce Melodie wo mu Rwanda na…

2 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?