igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Michelle Obama yanyomoje amakuru avuga ko agiye gutandukana na Barack Obama
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Michelle Obama yanyomoje amakuru avuga ko agiye gutandukana na Barack Obama
AMAKURUMU MAHANGA

Michelle Obama yanyomoje amakuru avuga ko agiye gutandukana na Barack Obama

TWIZEYIMANA DAVID
Last updated: April 11, 2025 11:56 pm
TWIZEYIMANA DAVID
Share
SHARE

Michelle Obama, umugore wa Barack Hussein Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika manda ebyiri (2009–2017), yamaganye ibihuha bimaze iminsi bivuga ko yaba agiye gutandukana n’umugabo we bamaze imyaka 33 babana.

Ibyo bihuha byakwirakwijwe cyane mu bitangazamakuru byo muri Amerika, bishingiye ku kuba Michelle amaze igihe atagaragara mu ruhame ari kumwe n’umugabo we, nko mu birori bikomeye Barack Obama yitabiriye wenyine. Muri ibyo birori harimo nk’irahira rya Donald Trump ndetse n’umuhango wo gusezera ku wahoze ari Perezida wa Amerika, Jimmy Carter, witabye Imana ku myaka 100.

Mu kiganiro yagiranye na Sophia Bush, umukinnyi wa filime, mu kiganiro kizwi nka Work in Progress Podcast, Michelle yavuze ko abantu bakwiriye guhagarika kwemeza ibintu bishingiye ku byiyumviro bidafite ishingiro. Yagize ati:

“Ubu ndi mu myaka nishimira kwifatira ibyemezo ku buzima bwanjye nk’umugore umaze gukura. Sinumva impamvu abantu batatekereza ko kutagaragara ahantu hamwe n’umugabo wanjye ari umwanzuro wanjye bwite, aho kubyitiranya no gutandukana.”

Michelle yakomeje avuga ko yahisemo gukora ibimubereye, atitaye ku byo abandi bashobora kuba batekereza:

“Nahisemo gukora icyari kiza kuri njye. Sinatekereje icyo abandi bashaka ko nkora, ahubwo nakurikiye ibyifuzo byanjye.”

Barack na Michelle Obama basezeranye kubana ku wa 3 Ukwakira 1992, bakaba bafitanye abana babiri: Malia Ann Obama na Natasha Marian Obama, uzwi cyane ku izina rya Sasha Obama.

Iyo ibi byaba ari ukuri, Barack Obama yari kuba abaye Perezida wa kabiri w’Amerika utandukanye n’umugore we, nyuma ya Ronald Wilson Reagan, wabaye Perezida kuva mu 1981 kugeza mu 1989. Reagan yatandukanye na Jane Wyman mu 1949, nyuma aza gushakana na Nancy Davis mu 1953.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article CIA yahishuye byinshi ku rupfu rwa Hitler Adolf rwari rwarabaye amayobera
Next Article RIB yataye muri yombi umugore ukurikiranyweho kwica uruhinja yari amaze kubyara
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

PSG ikoze amateka kuri Allianz Arena itsinda Inter Milan ibitego 5-0, yegukana Champions League bwa mbere
May 31, 2025
Musanze: Inzoga y’inkorano yitwa Munanguzi ikomeje kubangamira abaturage
May 31, 2025
Joseph Kabila yahuye n’ubuyobozi bwa AFC/M23, bemeranya gukorera hamwe mu rugendo rwo kugarura amahoro muri DRC
May 31, 2025
Kate Bashabe yihanangirije abamushinja gushyingiranwa n’imbwa ye
May 31, 2025
Umubyeyi wa Rihanna yapfuye
May 31, 2025

You Might Also Like

AMAKURU

Umusaza w’imyaka 71 yiyahuye kubera umugore yamucaga inyuma

Umusaza witwa Kanimba w’imyaka 71, utuye mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Jali, yakoze igikorwa gitunguranye ubwo yasimbukaga ku kiraro…

3 Min Read
AMAKURUIMYIDAGADUROMU MAHANGA

Uburwayi bwa Jose Chameleone bwatewe n’inzoga nyinshi

Jose Chameleone, umuhanzi wo muri Uganda umaze iminsi mu bitaro muri Leta Zunze za Amerika, yemeje ko indwara yo kubyimba…

1 Min Read
AMAKURU

Yeguye atamaze umunsi ku mwanya w’umujyanama w’igihugu mu by’umutekano kubera amafoto y’ubwambure

Tobias Thyberg wari wagizwe Umujyanama Mukuru wa Suède mu by’umutekano, yeguye nyuma y’amasaha make ashyizwe kuri uyu mwanya kubera amafoto…

2 Min Read
AMAKURU

Urukiko rwa Oxford rwakatiye Umucamanza wa Loni gufungwa imyaka itandatu

Urukiko rwa Oxford mu Bwongereza rwakatiye Umucamanza w’Umuryango w’Abibumbye, Lydia Mugambe, igifungo cy’imyaka itandatu n’amezi ane nyuma yo kumuhamya gukoresha…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?