igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Muchoma yagaragaje ko ari gushaka ubwenegihugu bw’u Rwanda
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Muchoma yagaragaje ko ari gushaka ubwenegihugu bw’u Rwanda
AMAKURUIMYIDAGADURO

Muchoma yagaragaje ko ari gushaka ubwenegihugu bw’u Rwanda

IYAKAREMYE FERDINAND
Last updated: May 23, 2025 12:17 pm
IYAKAREMYE FERDINAND
Share
SHARE

Nizeyimana Didier ukoresha izina ry’ubuhanzi rya Muchoma, yagaragaje ko ari gushaka ubwenegihugu bw’u Rwanda kuko yavukiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, RDC.

Uyu muhanzi yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na IGIHE, aho yavuze ko nyuma y’igihe aba muri Amerika guhera mu 2009, agasubira mu Rwanda mu 2020, yahisemo gutangira urugendo rwo gushakisha ibyangombwa bimwemerera kuba Umunyarwanda byuzuye.

Ati “Navukiye muri RDC, ariko nkurira mu Mujyi wa Rubavu. Nyuma nagiye kuba muri Amerika, ariko kubera ko nabaye mu Rwanda nkajya nza kureba abavandimwe nahasize. Mu 2020 nafashe umwanzuro wo gutura mu Rwanda, ariko numva byaba byiza ari uko nshatse n’ibyangombwa, kandi ngereranyije n’aho bigeze ubu mfite icyizere cyo kuba Umunyarwanda wuzuye mu minsi ya vuba.”

Uyu muhanzi yavuze ko yahisemo kuguma mu Rwanda no kwaka ibyangombwa byo kuba Umunyarwanda, kuko ari igihugu kimaze gutera imbere buri wese yakwifuza kubamo. Avuga ko abemeza ko ibihugu bikomeye by’i Burayi cyangwa muri Amerika ari byo byateye imbere gusa bibeshya agereranyije n’ibyiza yabonye mu Rwanda.

Ati “Mu Rwanda hari amahoro, umutekano ituze n’ibindi. U Rwanda ni igihugu kiri gutera imbere buri wese yakwifuza guturamo by’iteka.”

Uretse gushaka ibyangombwa, Muchoma ari no kwitegura gushyira hanze album ye ya kabiri izaba igizwe n’indirimbo icyenda. Ni album atarabonera izina izakurikira iyo yise “Mayibobo”.

Muchoma w’imyaka 36 y’amavuko, yavutse ku itariki ya 28 Ugushyingo 1988. Yavukiye muri RDC akurira mu Burengerazuba bw’u Rwanda, mu Karere ka Rubavu ahitwa i Rwerere.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Leta Zunze Ubumwe za Amerika zashyizeho ibihano kuri Sudan kubera ikoreshwa ry’intwaro kirimbuzi mu ntambara barwana na RSF
Next Article Perezida Kagame yahuye na Cheick Camara Visi Perezida akaba n’Umuyobozi wa sosiyete ServiceNow Africa
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

U Bwongereza: Abahamwe n’ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina bagiye kujya bahabwa imiti igabanya ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina
May 24, 2025
REG VC mu kwitegura Shampiyona igiye kuza, yatangiye kwibikaho abakinnyi
May 23, 2025
Kaminuza ya Harvard yajyanye Leta Zunze ubumwe za Amerika mu nkiko
May 23, 2025
Kuki Abanyamakuru batajya bubaka ingo ngo zirambe? Dore abanyamakuru babishoboye
May 23, 2025
Human right watch yamaganye ubwicanyi bukorwa n’abarwanyi ba Wazalendo
May 23, 2025

You Might Also Like

AMAKURUPOLITIKE

Prezida Kagame yagiranye ibiganiro na Doreen Bogdan-Martin byabereye muri Village Urugwiro

Ibiro by’Umukuru w’igihugu, Village Urugwiro, byatangaje ko Perezida Kagame yakiriye Doreen Bogdan-Martin mu biro bye, Umunyamabanga mukuru w’Ihuriro Mpuzamahanga ry’Ikoranabuhanga…

2 Min Read
AMAKURU

Mu 2024 hapfuye Abaturarwanda barenga ibihumbi 36

Ikigo k’Igihugu k’Ibarurishamibare mu Rwanda giherutse gushyira hanze ubushakashatsi ngarukamwaka ku mibereho y’abaturage kinagaragaza umubare w’abantu bitabye Imana bandukujwe mu…

2 Min Read
AMAKURU

Kenya:Umuganga yakatiwe gufungwa burundu nyuma yo kugura telefoni yaguze yarakoreshejwe

Muri Kenya, umuganga witwa Clement Munyau usanzwe abaga indwara zifata ubwonko mu bitaro bya Leta bya KNH, yasobanuye uko telefoni…

3 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

Nangaa asaba ko Tshisekedi ava ku butegetsi kubera imiyoborere mibi ya RDC

Corneille Nangaa, Umuyobozi w’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), yatangaje ko Perezida Félix Tshisekedi agomba…

2 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?