igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Niyo Bosco yashyize yashyize hanze indirimbo ya mbere ya Gospel
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > IMYIDAGADURO > Niyo Bosco yashyize yashyize hanze indirimbo ya mbere ya Gospel
IMYIDAGADURO

Niyo Bosco yashyize yashyize hanze indirimbo ya mbere ya Gospel

TWIZEYIMANA DAVID
Last updated: May 30, 2025 9:29 pm
TWIZEYIMANA DAVID
Share
SHARE

Umuhanzi uri mu bakunzwe n’abatari bake mu Rwanda yashyize ahagaragara indirimbo ye ya mbere ya Gospel yise ‘Dady God’, nyuma yo gufata umwanzuro agatangariza abakunzi be ko agiye kujya aririmba akanahimba indirimbo z’Imana gusa.

Uyu muhanzi yatangaje ko agiye guhindura uburyo yakoraga umuziki agakora indirimbo z’Imana gusa ubwo yari mu kiganiro ’Samedi Detente’ gitambuka kuri Radio y’u Rwanda.

Icyo gihe yagize ati: “Njye Imana yankoreye ibintu byinshi, hari ibintu byinshi yagiye insimbutsa, rero ntuzatungurwe nubona nafashe icyemezo cyo gukora Gospel gusa, ibindi nabyo bifite ababikora neza ku buryo ntabikoze nta gikuba cyaba gicitse. Njye ngiye gukora umuziki ufasha abantu, uramya ukanahimbaza Imana.”

Indirimbo Dady God, niyo ya mbere akoze kuva yatangaza ko ateganya gufata uwo mwanzuro, kuko indirimbo yaherukaga gushyira ku rubuga rwe rwa Youtube ni iyitwa ‘Ndabihiwe’ yashyizeho muri Werurwe 2024.

Muri iyo ndirimbo yashimangiraga ko igihe cyose yagerageje kwirwanirira ariko agasanga akeneye Imana kandi yabaga ihari ngo imufashe.

Hari aho yanditse ati: “Narwanaga intambara zikomeye, nibwiraga ko njye ubwanjye nzishoboye ndatsindwa cyane nsanga ari wowe nkeneye, none dore uko unyitaho.”

Ikomeza igira iti: “Burya wari uhari, igihe nari nayobewe, natakaye kandi nigunze kugeza ubwo wangeragaho mu gihe cyawe, ntawe nariwe kugeza ubwo wambaraga mu bawe, ubwo nari ngukeneye cyane narakubonye, ubuzima bwanjye ni ubuhamya, kubwira abantu ko wantunze inkoni ntabwo bijya bintera isoni.”

Ni indirimbo iri mu ndimi zitandukanye, zirimo Ikinyarwanda, Icyongereza n’igiswayili, ikaba imaze umunsi umwe ishyizwe ahagaragara, aho imaze kurebwa n’abasaga ibihumbi 100, ikunzwe n’abarenga ibihumbi 10.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Ubushyuhe bw’isi buzagera ku kigero kidasanzwe mu myaka itanu iri imbere
Next Article Juliana Kanyomozi agiye kwibaruka
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Umuhanzikazi w’icyamamare Taylor Swift yishyuye miliyoni 360$ ngo yisubize uburenganzira ku ndirimbo ze
June 1, 2025
Mu Mujyi wa Kigali, urubyiruko 13.666 ruhabwa amasomo y’ubumenyingiro mu mashuri 76
June 1, 2025
Kenya: Raila Odinga yavuze ko imbabazi Ruto yasabye zigomba kujyana n’indishyi
June 1, 2025
Minisitiri Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe Sheikh Mohammed bin Abdulrahman bin Jassim bin Jaber Al Thani
June 1, 2025
Saidi Lugumi yongeye kugaragaza ko akunda Mutesi Jolly
June 1, 2025

You Might Also Like

AMAKURUIMYIDAGADURO

Nyuma yo gutandukana na Safi Madiba, Judith yongeye gukora ubukwe

Uwahoze ari umugore w'umuhanzi Safi Madiba wamenyekanye ari mu Itsinda Urban Boy Judith Niyonizera, yongeye gukora ubukwe n’umugabo bamaze igihe…

1 Min Read
AMAKURUIMYIDAGADURO

Tiwa Savage yagiriye inama abahanzi bakizamuka

Tiwa Savage yagiriye inama abahanzi bakizamuka kwikunda, kwiyitaho, no kutita ku bivugwa ku mbuga nkoranyambaga. Uyu muhanzikazi asobanura ko ikintu…

0 Min Read
AMAKURUIMYIDAGADURO

Abakoresha MTN Rwanda bari kubyinira ku rukoma

Sosiyete y’Itumanaho mu Rwanda, MTN Rwanda, yamuritse ‘pack’ nshya yiswe ‘DESA DE’ yitezweho gufasha abakunda kuvugira kuri telefone kuko itanga…

2 Min Read
AMAKURUIMYIDAGADUROMU MAHANGA

Ibitangaje ku muhanzi kazi unywa amasohoro y’inzoka kugira ngo Agire Ijwi Ryiza

Umuhanzikazi Jessica Simpson, akaba n’umukinnyi wa filime, yatangaje ko anywa amasohoro y’inzoka mu rwego rwo kwita ku ijwi rye. Iyi…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?