igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: No mu Rwanda irahari; Imirimo 20 ihemba akayabo wakora bidasabye kuba warize Kaminuza
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AKAZI > No mu Rwanda irahari; Imirimo 20 ihemba akayabo wakora bidasabye kuba warize Kaminuza
AKAZIAMAKURU

No mu Rwanda irahari; Imirimo 20 ihemba akayabo wakora bidasabye kuba warize Kaminuza

TWIZEYIMANA DAVID
Last updated: May 23, 2025 5:39 pm
TWIZEYIMANA DAVID
Share
SHARE

Nubwo benshi batekereza ko kugira umushahara mwiza no gutunga amafaranga menshi bisaba impamyabumenyi ya kaminuza, gusa si ko hose bimeze. Hari imirimo myinshi ihemba menshi, ariko idasaba kurangiza kaminuza, ahubwo igasaba gusa icyemezo cya tekiniki, amashuri yisumbuye, cyangwa nta n’ishuri na rimwe risabwa.

Kuri ubu, hari imirimo myinshi ku Isi ushobora gukora utarigeze unyura muri kaminuza, ariko ikaguhemba akayabo gashobora kurenga miliyoni 100 z’amafaranga y’u Rwanda buri mwaka.

Ibi ni ibyemezwa n’imibare y’Ikigo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika gishinzwe ibarurishamibare ry’umurimo (Bureau of Labor Statistics), cyakoze urutonde rw’imirimo 20 ihemba amafaranga menshi ariko idasaba impamyabumenyi ya kaminuza nk’uko bisanzwe bimenyerewe.

Imwe muri iyi mirimo isaba impamyabumenyi y’imyaka ibiri izwi nka ‘Associate Degree,’ indi igasaba icyemezo cya tekiniki, amashuri yisumbuye, mu gihe hari n’indi idasaba ishuri na rimwe.

Dore urutonde rw’imirimo 20 ihemba amafaranga menshi idasaba kubanza kwiga kaminuza:

1. Abagenzura indege ziri mu kirere (Air Traffic Controllers)

Ni bo bantu bashinzwe kugenzura uko indege zogoga ikirere, mu kwirinda ko zagongana. Bakeneye impamyabumenyi y’imyaka ibiri (Associate degree). Umushahara wa buri mwaka ni 144,580$. Abakora uyu murimo kugeza ubu bagera ku 22,400.

2. Abapilote b’indege zitwara imizigo (Commercial Pilots)

Aba batwara indege z’ubucuruzi zitwara imizigo. Bakeneye icyemezo cya tekiniki (Postsecondary nondegree award). Umushahara wabo ni amadolari 122,670 ku mwaka. Abakora aka kazi bagera ku 51,830.

3. Abakoresha imashini z’ingufu z’imirasire (Nuclear Power Reactor Operators)

Bagenzura imikorere y’inganda zitanga ingufu zishingiye ku mirasire. Basabwa kuba bararangije amashuri yisumbuye. Ku mwaka, bishyurwa agera ku 122,610 y’Amadolari. Abakozi muri uyu mwuga bageze kuri 5,720.

4. Abakwirakwiza amashanyarazi (Power Distributors and Dispatchers)

Bashyira ku murongo amashanyarazi ava mu nganda akagera ku baturage. Basabwa kuba barize amashuri yisumbuye. Umushahara ni 107,240$ buri mwaka. Abakora aka kazi ni 9,180.

5. Abashyira ‘ascenseur’ mu nyubako (Elevator and Escalator Installers and Repairers)

Bashyira mu nyubako ‘ascenseur’ bakanazisana. Basabwa kuba barize amashuri yisumbuye, bakishyurwa umushahara ungana n’Amadolari 106,580 buri mwaka. Abakora aka kazi ni 23,340.

6. Abagenzura abapolisi n’abagenzacyaha (First-line Supervisors of Police and Detectives)

Bagenzura imikorere ya polisi n’abagenza ibyaha. Basabwa amashuri yisumbuye. Umushahara wabo ni 105,980$ ku mwaka.

7. Abatekinisiye b’inganda z’imirasire (Nuclear Technicians)

Bakorana n’abahanga mu by’ingufu z’imirasire, bagenzura ibikoresho n’umutekano. Basabwa impamyabumenyi ya ‘associate degree.’ Umushahara ni 104,240$ ku mwaka.

8. Abayobora ubwikorezi n’ububiko bw’ibintu (Transportation, Storage, and Distribution Managers)

Portrait of a pensive young woman supervisor with digital tablet in hand looking up in warehouse. Young blond woman standing at distribution warehouse and wearing elegant suit. Industrial boss curiously smiling and examining the stock. Logistic worker working in a large distribution warehouse. Large distribution storage in background with racks full of packages, boxes, pallets, crates ready to be delivered. Logistics, freight, shipping, receiving.

Bashinzwe igenamigambi ry’ibyoherezwa n’ibibikwa, nk’ibicuruzwa. Basabwa amashuri yisumbuye. Umushahara wabo ni 102,010$ ku mwaka.

9. Abatanga ubuvuzi bwifashisha imirasire (Radiation Therapists)

Bakoresha imirasire mu kuvura indwara nka kanseri. Basabwa ‘associate degree,’ bagahembwa Amadolari 101,990 buri mwaka.

10. Abatekinisiye b’amato (Ship Engineers)

Bagenzura imikorere y’imashini z’amato, bakanazikora mu gihe zagize ikibazo. Basabwa icyemezo cya tekiniki, bagahembwa agera ku 101,320$ buri mwaka. 

11. Abasana ibikoresho bikomeye by’amashanyarazi (Electrical and Electronics Repairers)

Bakora nko kuri sitasiyo nini n’ahagenzurirwa amashanyarazi. Basabwa icyemezo cya tekiniki. Umushahara wabo ni 100,940$ ku mwaka.

12. Abakoresha inganda z’amashanyarazi (Power Plant Operators)

Bagenzura imikorere y’inganda zitanga amashanyarazi. Basabwa kuba barize amashuri yisumbuye. Umushahara ni 99,670$ buri mwaka. 

13. Abakoresha imashini z’inganda zitunganya peteroli (Petroleum Pump System Operators, Refinery Operators, and Gaugers)

Bagenzura inganda zitunganya peteroli n’imashini zibika ibikomoka kuri yo. Basabwa kuba bararangije amashuri yisumbuye, bagahembwa 97,540$ ku mwaka.

14. Abatekinisiye mu buvuzi bwifashisha imirasire (Nuclear Medicine Technologists)

Bifashisha imirasire mu gusuzuma indwara imbere mu mubiri. Basabwa ‘associate degree’ gusa. Umushahara ni 97,020$ ku mwaka.

15. Abafasha b’abaganga b’amenyo (Dental Hygienists)

Basukura amenyo y’abarwayi, bagatanga ubujyanama ku isuku yayo. Basabwa ‘associate degree.’ Umushahara ni 94,260$ ku mwaka.

16. Abagenzacyaha n’abagenzura ibyaha (Detectives and Criminal Investigators)

Bakora iperereza ku byaha, bagakusanya ibimenyetso ku bakekwa. Basabwa amashuri yisumbuye, bagahembwa agera ku 93,580 y’Amadolari buri mwaka.

17. Abayobora amaposita n’abayakoreramo (Postmasters and Mail Superintendents)

Bagenzura uburyo ubutumwa butangwa, n’imikorere y’abakozi b’amaposita. Basabwa amashuri yisumbuye, bagahembwa Amadolari 92,730 ku mwaka.

18. Abashyira insinga z’umuriro w’amashanyarazi mu nzu n’ahandi habugenewe kugira ngo agere kuri bose (Electrical Power-Line Installers and Repairers)

Bashyira insinga z’amashanyarazi mu nzu n’ibikoresho bisaba ubuhanga mu kuyakwirakwiza. Basabwa amashuri yisumbuye, bagahembwa abarirwa mu madolari 92,560 buri mwaka.

19. Abayobora abandi mu kuzimya inkongi (First-line Supervisors of Firefighting and Prevention Workers)

Bayobora abashinzwe kuzimya inkongi no gukumira ibishobora kuyitera. Basabwa icyemezo cya tekiniki. Umushahara ni 92,430$ ku mwaka.

20. Abamurika imideli (Models)

Bamurika imyambaro cyangwa ibicuruzwa by’imideli imbere ya za camera n’abakiliya. Ntibasabwa amashuri yihariye. Umushahara $89,990$ buri mwaka.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Jose Chameleone yageze i Kigali akora ikidasazwe
Next Article Hagiye gukorwa iperereza ku mpamvu uburwayi bwa Biden bwagizwe ibanga
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

U Bwongereza: Abahamwe n’ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina bagiye kujya bahabwa imiti igabanya ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina
May 24, 2025
REG VC mu kwitegura Shampiyona igiye kuza, yatangiye kwibikaho abakinnyi
May 23, 2025
Kaminuza ya Harvard yajyanye Leta Zunze ubumwe za Amerika mu nkiko
May 23, 2025
Kuki Abanyamakuru batajya bubaka ingo ngo zirambe? Dore abanyamakuru babishoboye
May 23, 2025
Human right watch yamaganye ubwicanyi bukorwa n’abarwanyi ba Wazalendo
May 23, 2025

You Might Also Like

AMAKURUIMIKINO

Perezida wa Tanzania Samia Suluhu Hassan yahaye ikipe ya Simba SC indege yihariye izayifasha kujya muri Maroc

Perezida wa Tanzania, Dr Samia Suluhu Hassan, yahaye ikipe ya Simba SC indege yihariye izayifasha kujya muri Maroc gukina umukino…

1 Min Read
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Pakistan yatangiye kugerageza ibisasu mu gihe umubano utari mwiza n’u Buhinde

Kuri uyu wa Gatandatu taliki 03 Gicurasi 2025, Pakistan yagerageje missile ballistique muri ibi bihe hari amakimbirane hagati yacyo n’u…

1 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

Imfungwa mu Burundi amafaranga ya bougie yababanye ikibazo gikomeye

Abagororwa bashya bakomeje gukorerwa iyicarubozo basabwa amafaranga yo kugura bougie aho barazwa rwa ntambi n'abo basanze muri gereza bakabahonda bazira…

2 Min Read
AMAKURU

Intumwa ya Donald Trump yasuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 rwa Kigali

Massad Boulos uri mu ruzinduko mu Rwanda guhera ku wa Kabiri, yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi, aho…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?