igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Nyagatare: Umuyobozi wa Ibuka Bimenyimana Jean de Dieu arifuza ubufatanye kugira ngo imiryango 153 itarabona amacumbi iyabone
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Nyagatare: Umuyobozi wa Ibuka Bimenyimana Jean de Dieu arifuza ubufatanye kugira ngo imiryango 153 itarabona amacumbi iyabone
AMAKURU

Nyagatare: Umuyobozi wa Ibuka Bimenyimana Jean de Dieu arifuza ubufatanye kugira ngo imiryango 153 itarabona amacumbi iyabone

Faxxy Editor ✨
Last updated: April 10, 2025 11:42 am
Faxxy Editor ✨
Share
SHARE
Highlights

Umuyobozi wa Ibuka mu Karere ka Nyagatare, Bimenyimana Jean de Dieu, avuga ko n’ubwo hakozwe byinshi bigamije gufasha abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, cyane mu kubabonera amacumbi ariko hari imiryango 153 itarubakirwa ndetse n’irenga 400 ifite amacumbi ashaje akeneye gusanwa.

Avuga ko n’ubwo buri mwaka hubakirwa abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi amacumbi, ariko nanone iki kibazo kitarangira kuko hagenda haboneka abandi batayafite.Uyu mwaka by’umwihariko ukwezi gushize kwa Werurwe, ngo ku bufatanye bw’Akarere n’abafatanyabikorwa bako, imiryango itandatu (6) yabonye amacumbi ndetse iranatuzwa, gusa ngo hari indi miryango myinshi itarubakirwa.Ati “Hakenewe kubakwa amacumbi 153 ndetse n’agomba gusanwa 474, bigaragara ko hakenewe ko twese dufatanya haba mu buvugizi no kwishakamo ubushobozi kugira ngo ayo macumbi aboneke.”Akomeza agira ati “Icyakora turashima Akarere n’abafatanyabikorwa bose kuko mu kwezi gushize hari imiryango itandatu, yatujwe muri Kinihira kandi harimo kubakwa andi mazu twizera ko mu minsi micye hari abandi bagiye gutuzwa.”Ikindi bakeneyeho ubuvugizi ngo ni inkunga ihabwa abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 ikiri nkeya, ugereranyije n’ibiciro biri ku isoko.Yagize ati “Twagira ngo mudufashe kudukorera ubuvugizi ku nkunga ihabwa abarokotse batishoboye ingana na 12,500 ko yakongerwa, kuko abayihabwa harimo abageze mu zabukuru bajya gufata imiti i Kigali, kandi baba bakeneye no kubaho muri uko kwezi.”.

By’umwihariko muri iyi minsi 100 yo kwibuka ku nshuro 31 Jenoside yakorewe Abatutsi, Ibuka irasaba Abanyarwanda muri rusange kurushaho kwegera no gusura abarokotse, kugira ngo bahumurizwe kandi bumve ko bari kumwe n’Abanyarwanda bose muri rusange.Bimenyimana, arasaba ko inzego bireba zakora ibishoboka imanza Gacaca enye (4) zitararangizwa, zikarangizwa cyangwa abarokotse Jenoside barebwa n’izo manza bagasobanurirwa impamvu bidakorwa.Yasabye kandi ko abazi aho imibiri y’Abatutsi bishwe muri Jenoside yajugunywe bahagaragaza, kugira ngo na yo ishyingurwe mu cyubahiro.Kugeza kuri iyi nshuro ya 31 hibukwa Abatutsi bishwe muri Jenoside, abarokokeye i Gakirage mu nzuri (Ranches), baracyafite agahinda ko kuba batarabona imibiri y’ababo bahiciwe.Urwibutso rwa Jenoside rwa Nyagatare ruruhukiyemo imibiri 99 y’Abatutsi bishwe muri Jenoside 1994, yimuwe mu nzibutso zari zisanzwe arizo urwa Kiyombe, urwa Gatunda n’urwa Rwentanga mu Murenge wa Matimba.

Mukarugwiza Francine warokokeye mu maranshi avuga ko bagifite agahinda ko kutabona ababo ngo babashyingure mu cyubahiro.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
TAGGED:Nyagatare
Share This Article
Email Copy Link Print
ByFaxxy Editor ✨
Follow:
 
Previous Article Muhanga: Gitifu n’umukozi wa RIB basabye kuburana badafunze
Next Article Abaturage bari kurara imitima yabo ihagaze biteze ko Boko Haram ishobora kongera kugaba ibitero simusiga Nigeria: Abaturage bari kurara imitima yabo ihagaze biteze ko Boko Haram ishobora kongera kugaba ibitero simusiga
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Marina yavuze ko amaze kubenga abasore barenga umunani
June 1, 2025
Abantu barindwi bahitanywe n’ikiraro cyagwiriye gari ya moshi
June 1, 2025
Impamvu ikomeye iri gutuma Abanyarwanda benshi bazahazwa n’ibibazo byo mu mutwe
June 1, 2025
Inyubako zubatse mu kajagari zegereye agakiriro ka Gisozi zatangiye gusenywa
June 1, 2025
Gusomana bishobora kugutera agandinda gakabije, umuhangayiko no kubura ibitotsi
June 1, 2025

You Might Also Like

AMAKURU

Imirwano ikaze hagati ya M23 na Wazalendo yongeye kubura muri Walikale

Imirwano hagati y’inyeshyamba z’umutwe wa AFC/M23 n’iza Wazalendo yongeye kwaduka mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 28…

2 Min Read
AMAKURU

I Kigali batangiye kwimurwa kubera imvura nyinshi

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko buri kwimura abaturage batuye mu manegeka, by’umwihariko haherewe ku bakomeje kugirwaho ingaruka n’imvura nyinshi…

2 Min Read
AMAKURUPOLITIKE

Perezida wa Guinea yahuye na Perezida Kagame w’ u Rwanda

Perezida wa Guinea Bissau yasesekaye mu Rwanda mu ruzinduko rugamije kwiga ku mubano hagati y'ibihugu byombi. Ku gicamunsi cyo kuri…

2 Min Read
AMAKURU

Rubavu: Abagabo bane barimo umukongomani bafashwe bakekwaho gukora no gukwirakwiza amadolari y’amiganano

Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’abaturage yafashe abagabo bane barimo umwe ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), bakekwaho…

3 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?