igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rwishimiye kuba umufatanyabikobwa wa Kazakhstan
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rwishimiye kuba umufatanyabikobwa wa Kazakhstan
AMAKURU

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rwishimiye kuba umufatanyabikobwa wa Kazakhstan

TWIZEYIMANA DAVID
Last updated: May 28, 2025 4:24 pm
TWIZEYIMANA DAVID
Share
SHARE

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yavuze ko u Rwanda rwishimiye kuba umufatanyabikorwa n’inshuti ya Kazakhstan nk’igihugu cyateye intambwe ishimishije mu iterambere.

Yashimiye ubuyobozi bwa Kazakhstan bushyira imbere iterambere ry’abaturage, ahamya ko iryo terambere rishingira ku gukorana n’abafatanyabikorwa baboneye.

Yagize ati: “Kazakhstan yateye intambwe zifatika mu iterambere, zihura n’umusanzu igyo gihugu gitanga mu ruhando mpuzamahanga. Ibi bigaragaza ubuyobozi bwawe Nyakubahwa Perezida, no ku kwiyemeza kw’abaturage ba Kazakhstan. Twishimiye kuba abafatanyabikorwa n’inshuti.”

Yakomeje avuga ko Abanyarwanda bazi neza ko iterambere nk’iryo Kazakhstan yagezeho byubakwa mu gihe runaka binyuze mu miyoborere myiza, no gukorana n’abafatanyabikorwa beza. Ati: “Ni yo mpamvu turi hano.”

Perezida Kagame uri mu ruzinduko rw’iminsi ine rwatangiye ku wa Kabiri tariki ya 27 Gicurasi, shamimiye Perezida Kassym-Jomart Tokayev wamutumiye n’uko yabakiranye urugwiro mu Murwa Mukuru,  Astana.

Yagarutse ku biganiro yagiranye na  Perezida Kassym-Jomart Tokayev byatanze umusaruro, ati: “Ibihugu byacu byombi n
i inshuti nziza n’abafatanyabikorwa kandi turashaka kubakira kuri uwo musingi ukomeye mu kurushaho kwimakaza ubufatanye dufitanye.”

Yakomeje avuga ko nk’ibihugu byasinyanye amasezerano, u Rwanda na Kazakhstan biteganya kurushaho kubyaza umusaruro amahirwe y’ubufatanye haba mu nzego z’ubucuruzi, ikoranabuhanga cyangwa ubuhinzi kandi bikanahererkanya ubunararibonye.

Yavuze kandi ko mu masezerano ruange y’ubutwererane mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro, u Rwanda rwiteze kungukira cyane ku bunararibonye bwa Kazakhstan by’umwihariko mu rwego rw’ingufu, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro no gutunganya umusaruro w’ubucukuzi.

Yakomeje agira ati: “Mu Rwanda dukomeje gushora imari mu gukorera ibintu iwacu, atari mu nkingo gusa nk’uko na Kazakhstan ari byo irimo. Twiteguye kubakira kuri ubu bunararibonye dusangiye mu gukomeza guhanga ibishya byungura abaturage bacu.”

Perezida Kagame yaboneyeho gushimira Guverinoma ya Kazakhstan yamutumiye mu  Inama Mpuzamahanga ya Astanam itanga urubuga kuri za Leta rwo kwagura ubutwererane mu nzego zitandukanye.

Yavuze ko mu gihe imiyoborere mpuzamahanga ikomeje gucikamo ibice, abtuye Isi bakwiye kwirinda ko ibyabutandukanya, ahubwo bagaharanira kugira ahantu bahurira mu myumvire no mu mikorere.

Perezida Kagame yaboneyeho gutumira mugenzi we wa Pakistan mu ruzinduko mu Rwanda mi minsi iri imbere.  

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Rutsiro: Umusore yagwiriwe n’ikirombe cy’amabuye y’agaciro arapfa
Next Article Kabila yagiranye ikiganiro n’inyeshyamba za M23
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

AFC/M23 yahakanye imibare yatangajwe na Leta ya Congo ku bapfiriye mu rugamba rwo gufata Goma
May 31, 2025
U Rwanda rugiye kubaka amashuri y’icyitegererezo yigisha ikoranabuhanga harimo na Drone
May 31, 2025
“Mbere yo gufungura urugi, banza witegure” Trump abwira Macron wakubiswe n’umugore we
May 31, 2025
Amavubi yerekeje muri Algeria gukina imikino ya gicuti yo kwitegura Gikombe cy’Isi cya 2026
May 31, 2025
Urukiko rw’Ikirenga rwa Amerika rwemeye icyemezo cya Trump cyo gukuraho uburenganzira bw’abimukira barenga 530,000
May 31, 2025

You Might Also Like

AMAKURUUTUNTU N' UTUNDI

Ihohotera rishingiye ku gitsina rikorerwa Ababikira rikomeje kugirwa ibanga muri Kiliziya Gaturika

Ku wa Gatandatu tariki ya 3 Gicurasi 2025, mu gihe Ababikira binjiraga mu muryango mutagatifu wa Bazilika ya Mutagatifu Petero…

3 Min Read
AMAKURUUBUREZI

Kaminuza ya Harvard yirukanye abanyeshuri bose babanyamahanga burundu

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko kaminuza ya Harvard igomba kutazongera kwakira abanyeshuri b’abanyamahanga ndetse  ikirukana n’abari basanzwe bayigamo bakajya…

2 Min Read
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Inyeshyamba za M23 zemeje bidasubirwaho ko Kabila araye mu mujyi wa Goma

Lawrence Kanyuka, umuvigizi w’umutwe wa AFC/M23 ugenzura umujyi wa Goma yatangaje ko uwahoze ari Perezida wa DR.Congo yageze muri uwo …

2 Min Read
AMAKURU

Gatsibo: Ushinjwa kuba umujura ruharwa yasanzwe mu muhanda yapfuye

Mu karere ka Gatsibo mu Murenge wa Rwimbogo, Umugabo w’imyaka 43 yasanzwe ku muhanda yapfuye, bikekwa ko yishwe n’abo yari…

2 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?