igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Perezida Trump yarakariye Putin, Ateguza Uburusiya ibihano bikomeye
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Perezida Trump yarakariye Putin, Ateguza Uburusiya ibihano bikomeye
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Perezida Trump yarakariye Putin, Ateguza Uburusiya ibihano bikomeye

TWIZEYIMANA DAVID
Last updated: March 31, 2025 12:47 pm
TWIZEYIMANA DAVID
Share
SHARE

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko yarakariye bikomeye Perezida Vladimir Putin w’Uburusiya, nyuma y’amezi ashize bagerageje kuganira ku ihagarikwa ry’intambara muri Ukraine.

Mu kiganiro yagiranye na NBC News, Trump yavuze ko byamubabaje cyane kuba Putin yarifatiye ku gahanga Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, avuga ko adakwiye kuyobora icyo gihugu.

Trump yatangaje ko, mu gihe Putin atakwemera guhagarika intambara, azazamura imisoro ku kigero cya 50% ku bihugu byose bigura ibikomoka kuri peteroli mu Burusiya. Yongeyeho ko, nibananirwa kumvikana, azakomanyiriza Uburusiya.

Mu minsi yashize, Trump yari yanenze Zelensky mu biganiro bagiranye muri Maison Blanche, amusaba gushaka inzira yo kumvikana na Putin kuko Ukraine idafite ubushobozi bwo gukomeza kurwana. Icyo gihe Trump yagaragaye nk’uworohereje Uburusiya, ndetse anizeza Putin ibintu byinshi Uburusiya busaba kugira ngo intambara irangire.

Abategetsi b’i Burayi bakiriye nabi iyo myitwarire ya Trump, bavuga ko yabatereranye yarangiza agashyigikira Putin.

Ni ubwa mbere Leta Zunze Ubumwe za Amerika zitangaje ibihano bikomeye bishobora gufatirwa Uburusiya kubera kudashyira imbaraga mu biganiro by’amahoro. Iki cyemezo gishimangira ko Moscou ifite inshingano zo gufata umwanzuro ku iherezo ry’iyi ntambara.

NBC News yatangaje ko Trump, mu kiganiro cy’iminota icumi kuri telefone, yagaragaje uburakari bukomeye nyuma y’uko Putin anenze Zelensky. Nubwo na we yigeze gushidikanya ku buryo Zelensky yatowe, Trump yavuze ko ibyo Putin yavuze bidakwiye.

Trump yagize ati: “Narakaye cyane igihe Putin yavugaga ko Zelensky adakwiye kuyobora Ukraine. Ibi si ibintu byubaka na gato.”

Trump yavuze ko, mu gihe Uburusiya butubahiriza amasezerano yo guhagarika intambara, azazamura imisoro ku bikomoka kuri peteroli n’ibindi bicuruzwa by’Uburusiya muri Amerika ku kigero cya 25%.

Ibihugu bikorana ubucuruzi n’Uburusiya, nk’Ubuhinde n’Ubushinwa, na byo bizahura n’ingaruka zikomeye, kuko ibicuruzwa byabyo bizazamurirwa imisoro ku kigero cya 50%.

Ku rundi ruhande, Zelensky yanditse kuri X avuga ko Uburusiya bukomeje gushaka impamvu zo gukomeza intambara kurusha mbere.

Ati: “Putin arimo arakina umukino nk’uwo asanzwe akina kuva mu 2014,” ubwo Uburusiya bwiyomekagaho Intara ya Crimea.”

Zelensky yavuze ko hakenewe igisubizo gikomeye cy’ibihugu by’inshuti za Ukraine, birimo Amerika n’ibihugu by’u Burayi, kugira ngo amahoro asubire muri Ukraine.

Perezida Trump yatangaje ko azavugana na Putin muri iki cyumweru, aho hitezwe umwanzuro ku kibazo cy’intambara muri Ukraine.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article RURAGERETSE HAGATI Y’UMURAPERI CARD-B NA OFFSET BABYARANYE
Next Article Umwuka mubi hagati ya Gen. Muhoozi na Jenerali ba FARDC ukomeje kuba agatereranzamba
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Kiliziya Gatolika ishyamiranye na Leta ya RDC kubera impamvu ikomeye
May 19, 2025
Amerika yashinjwe umugambi wo kwimurira Abanya-Palestine muri Libya
Leta z’unze ubumwe za Amarica zirashinjwa kwimura Abanya-Palestine muri Africa
May 19, 2025
Abagore bageze igihe cyo gucura bazinukwa imibonano mpuzabitsina
May 19, 2025
Umuhanzi The Ben yatunguwe n’umufana yamuhaye isutiye i Kampala ubwo yari kurubyiniro
May 19, 2025
DRC: Umusirikare w’ipeti rya Koloneri yatorokanye imishahara yagombaga guhembwa abasirikare bari mu mirwano
May 19, 2025

You Might Also Like

AMAKURU

Michelle Obama yatangiye guhabwa ibiganiro bimufasha mu buzima bwo mu mutwe

Michelle Obama, umugore wa Barack Obama wahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatangaje ko yasubiye mu biganiro…

3 Min Read
AMAKURU

Ibikoresho bya SAMIDRC byanyujijwe mu Rwanda bigeze ku cyiciro cya gatatu

Ku wa 8 Gashyantare 2025, urukurikirane rw’amakamyo atwaye ibikoresho by’ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Amajyepfo zari ziri mu butumwa bwo kugarura…

1 Min Read
AMAKURUPOLITIKE

Joseph Kabila agiye gutabwa muri yombi na Leta ya Congo

Joseph Kabila wayoboye DRC imyaka igera kuri 19 nka Perezida yashinjwe ubugambanyi icyaha gihanishwa urupfu Leta ya Repubulika ya Demokarasi…

1 Min Read
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Nicolas Sarkozy yakuweho igikomo k’ikoranabuhanga

Nicolas Sarkozy wahoze ayobora u Bufaransa yakuweho igikomo cy’ikoranabuhanga yari yambitswe kubera ibyaha bya ruswa yahamijwe nk'uko byanzuwe n'inzego z’ubuyobozi…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?