igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Perezida wa Rayon Sports yavuze ko gutwara igikombe bitagishobotse
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Perezida wa Rayon Sports yavuze ko gutwara igikombe bitagishobotse
AMAKURUIMIKINO

Perezida wa Rayon Sports yavuze ko gutwara igikombe bitagishobotse

NSHUTIYIMANA Cyprien
Last updated: May 20, 2025 1:59 am
NSHUTIYIMANA Cyprien
Share
SHARE

Twagirayezu Thaddée, Perezida wa Rayon Sports, yavuze ko batagitwaye Igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda nyuma yo guhanwa n’Ishyirahamwe rya Ruhago mu Rwanda kubera imyitwarire mibi y’abakunzi ba Rayon Sports.

Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 19 Gicurasi 2024 Ikipe ya Rayon Sports yamenyeshejwe ko igomba gusubukura umukino wayo na Bugesera ndetse ko haba kuri uyu mukino no ku Yindi mikino isigaye ya shampiyona ikayikina nta bafana bari kuri Stade.

Ubwo yaganiraga na B&B Kigali Fm, Twagirayezu yabanje kuvuga ko bishimiye umwanzuro bafatiwe, kandi biteguye gushyira mu bikorwa ibyo basabwe aba FERWAFA.

Yagize ati “Twabyakiriye neza uko bafashe imyanzuro kandi tuzubahiriza ibyo badusabye. Kuko ntabwo twarenga ku itegeko rya Federasiyo kuko ni yo itugenga. Biratunyuze nukuri, nibaza ko nta kudusonga kurimo. Iyo ikintu kibaye uracyakira. Tuzakinisha imbaraga nyinshi kandi zose kugira ngo turebe ko twagera ku ntego. Biragoye ariko nta kidashoboka. Icyo dusabwa ni ugutsinda.”

Yakomeje avuga ko ko icyizere cyo kwegukana igikombe cyatakaye, ariko bagiye gutegura ibikombe byo mu myaka ikurikira uyu wa 2025.

Yagize ati “Igikombe kiragiye ariko ibikombe ntabwo bigiye. Igikombe cya 2024/25 tuvuge ko kigiye, usibye ko bitaranarangira kuko haracyari imikino. Icy’uyu mwaka kiragiye ariko haracyari ibindi byo gukinira.”

Kugeza ubu Rayon Sports ni iya kabiri ku rutonde rwa Shampiyona n’amanota 59, irushwa amanota abiri na APR FC ya mbere.

Rayon Sports iri kurwanira igikombe cya shampiyona izakira Vision FC ku mukino w’umunsi wa 29 uzakinwa tariki 24 Gicurasi 2025 mu gihe izasoreza kuri Gorilla FC.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Omah Lay yakoze impanuka ikomeye
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Perezida wa Rayon Sports yavuze ko gutwara igikombe bitagishobotse
May 20, 2025
Omah Lay yakoze impanuka ikomeye
May 19, 2025
U Rwanda rwerekanye intwaro zigezweho rukora ku bufatanye na Israel
May 19, 2025
Umukino wa Bugesera Fc na Rayon Sports ugomba gusubukurwa
May 19, 2025
Rwamagana: Abagabo basigaye bakubitwa n’abagore bakahukana  
May 19, 2025

You Might Also Like

AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Ambasade 30 za Amerika zigiye gufungwa

Kugira ngo hakorwe amavugurura mu bya Dipolomasi, Leta zunze ubumwe za Amerika ziyobowe na  Perezida Donald Trump zirateganya gufunga za…

2 Min Read
AMAKURU

Rutsiro: Gitifu w’Umurenge wirukanywe burundu avuga ko yarenganyijwe agasaba kurenganurwa

Akarere ka Rutsiro kirukanye burundu mu kazi uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Manihira, Basabose Alex, kamuziza gukora inshingano nabi. Ni…

2 Min Read
Gasabo: Abagabo babiri bafatanywe udupfunyika tw’urumogi 93
AMAKURUUTUNTU N' UTUNDI

Police yo mu Karere ka Gasabo yataye muri yombi abagabo babiri bafatanwe udupfunyika tw’urumogi

Mu ijoro ryakeye rishyira kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Gicurasi 2025, polisi yo mu Karere ka Gasabo mu Mujyi…

2 Min Read
AMAKURU

Papa Francis yasabye ko imodoka ye yakoreshwa mu bikorwa by’ubutabazi muri Gaza

Kimwe mu byifuzo bya nyuma Papa Francis yasize atanze ni uko imodoka ye yakoreshwa mu bikorwa by’ubutabazi mu gace ka…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?