igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Putin yavuze ko yiteguye kugirana ibiganiro na Ukraine byo guhagarika intambara nta gitutu ashaka
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Putin yavuze ko yiteguye kugirana ibiganiro na Ukraine byo guhagarika intambara nta gitutu ashaka
AMAKURU

Putin yavuze ko yiteguye kugirana ibiganiro na Ukraine byo guhagarika intambara nta gitutu ashaka

IYAKAREMYE FERDINAND
Last updated: May 12, 2025 7:33 am
IYAKAREMYE FERDINAND
Share
SHARE

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yatangaje ko igihugu cye cyiteguye kugirana ibiganiro na Ukraine, hagamijwe gushaka igisubizo kirambye cyahagarika intambara imaze imyaka itatu hagati y’impande zombi, ariko avuga ko nta gitutu ashaka.

Putin yavuze ko ibi biganiro ashaka ko bizabera i Istanbul muri Turikiya ku wa 15 Gicurasi 2025, ndetse ko yifuza ko bitangira buri ruhande rutagize ibyo rusabwa kubahiriza.

Ibi yabitangaje tariki 10 Gicurasi 2025, ubwo yari mu kiganiro kuri televiziyo.

Putin yagize ati “Turifuza gutangira ibiganiro vuba, bikaba ku wa Kane utaha, bikabera i Istanbul, aho ibiganiro byabereye mbere bigahagarikwa. Turifuza ibiganiro bigamije gukemura impamvu nyamukuru z’aya makimbirane no kugera ku mahoro arambye.”

Ibi Putin yabivuze mu gihe ibihugu bikomeye by’i Burayi birimo u Budage, u Bufaransa, u Bwongereza na Pologne byari kumwe na Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, i Kyiv, bikamusaba gushyigikira agahenge k’iminsi 30 gashobora gutangira ku wa Mbere.

Ubu busabe bw’agahenge bwashyigikiwe na Trump, aho yavuze ko ari amahirwe akomeye ku Burusiya na Ukraine, kandi ko byakiza ubuzima bwa benshi.

Trump kandi yavuze azakomeza kugirana ibiganiro n’impande zombi kugira ngo ako gahenge kamaze amezi abiri gasabwa gashyirwe mu bikorwa.

Nyuma y’ubwo busabe, Umuvugizi w’ibiro bya Perezida w’u Burusiya, Dmitry Peskov, yavuze ko igihugu cye cyidakunda igitutu, ashimangira ko Putin ashyigikiye igitekerezo cy’agahenge, ariko hari ibibazo byinshi bigomba kubanza gusobanurwa.

Yagize ati “U Burayi bugenda ku Burusiya mu buryo bweruye. Putin ashyigikiye igitekerezo cy’agahenge muri rusange ariko hari byinshi tugomba kubanza kwemeranywaho na Ukraine.”

Peskov yashimiye Amerika ku ruhare ikomeje kugira mu gushakira u Burusiya na Ukraine amahoro arambye ariko ko ntacyo bimaze kubashyiraho igitutu.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Nyamasheke: Umwana w’imyaka 16 yapfuye yiyahuriye kwa Pasiteri wamureraga nk’umwana we
Next Article Bugesera: Umugabo yapfiriye mu Kagali bikekwa ko yakubiswe n’abanyerondo bikamuviramo gupfa 
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Sadate Munyakazi: “Mu rugo rwacu, imodoka ihenze kurusha izindi ni iy’umugore wanjye, si iyanjye.”
May 12, 2025
Perezida Ramaphosa yahakanye amakimbirane na Perezida Kagame, ashimangira uruhare rwa Afurika mu gushaka amahoro muri DRC
May 12, 2025
Polise y’u Rwanda yemeje ko yataye muri yombi umusekirite wagaragaye atega umuntu kuri sitade
May 12, 2025
Bwiza yabeshywe kugurirwa album ye ntanumwe urayishyura mu bayiguze
May 12, 2025
Umusore w’imyaka 23 afungiwe gukekwaho gusambanya umwana w’imyaka 5 i Musanze
May 12, 2025

You Might Also Like

AMAKURU

Tanzania: Polisi yataye muri yombi abayobozi bakomeye bari bagiye mu rubanza rwa Tundu Lissu

Kuri uyu wa Kane, Abapolisi bo muri Tanzaniya bafunze abantu babiri bakuru mu batavuga rumwe n’ubutegetsi ubwo bari mu modoka…

2 Min Read
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Mu Burundi: Amatora ashobora gusubikwa

Impuzamashyaka ‘Burundi Bwa Bose’ imyiteguro y’amatora irarimbanyije ni amatora arimo ay’abagize Inteko Ishinga Amategeko agomba kuba mu mezi 2 ari…

1 Min Read
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Ni ibiki bikubiye mu nama yahurije FARDC, FDNB, FDLR na Wazalendo i Kaziba

Amakuru aturuka i Kaziba muri teritwari ya Walungu, Kivu y’Amajyepfo, avuga ko Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC),…

1 Min Read
AMAKURUIMIKINO

Rayon Sport igomba gusubira i Huye, ibya Mpaga byanzwe

Nyuma y'uko umukino wahuzaga Mukura Vs na Rayon Sport wasubitswe bitewe n'uko amatara acanira Stade Mpuzamahanga ya Huye yanze kwaka…

4 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?