igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: RDC yerekeje Amaso ku bacanshuro b’abanya-Colombia nyuma y’itsindwa ry’abo muri Romania
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > RDC yerekeje Amaso ku bacanshuro b’abanya-Colombia nyuma y’itsindwa ry’abo muri Romania
AMAKURU

RDC yerekeje Amaso ku bacanshuro b’abanya-Colombia nyuma y’itsindwa ry’abo muri Romania

Fisto HAKIZIMANA
Last updated: May 14, 2025 4:35 pm
Fisto HAKIZIMANA
Share
SHARE

Nyuma y’amezi abacanshuro bo muri Romania bafashaga ingabo za FARDC mu ntambara na M23 ariko bikarangira batsinzwe bagataha, ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi bwongeye gushaka ubufasha bw’abo hanze, noneho bushyira amaso ku bacanshuro bakomoka muri Amerika y’Amajyepfo, cyane cyane muri Colombia

Guhera mu mpera z’umwaka ushize, havugwaga ko RDC igikomeje gahunda yo gukoresha abacanshuro. Ibyo byakomeje kuba impamo nyuma y’uko itsinda ry’abari baturutse muri Romania ridatanze umusaruro wifuzwaga.

Umunyamerika Erik Dean Prince, wahoze ari umusirikare wihariye wa Navy Seals, ni umwe mu bari kuvugwa cyane muri ibyo bikorwa. Prince, washinze kompanyi ya Blackwater izwi mu gutanga serivisi z’abacanshuro, aherutse kugirana amasezerano na Leta ya RDC yo gucunga umutekano ku birombe by’amabuye y’agaciro ndetse no kugenzura ikoreshwa ry’imisoro. Ibyo byumvikanweho muri Mutarama 2025.

Prince ubu ari gushaka abacanshuro benshi binyuze muri Blackwater, aho yibanda ku bahoze mu ngabo za Colombia. Abo bantu bamaze imyaka binjira mu bikorwa by’abacanshuro hirya no hino ku isi, barwana mu ntambara zitandukanye nko muri Ukraine, Sudani, Yemen, Libya na Somalia.

Muri Ukraine, aho bari bajyanywe kurwanira ku ruhande rwa guverinoma ya Kiev, babwirwaga ko bazajya bahembwa miliyoni 19 z’amapeso ya Colombia ku kwezi, angana hafi na $4300. Hari n’aho bivugwa ko babonaga $7000 ku kwezi, nk’uko byigeze kuba muri Yemen. Abenshi bajyaga baboneka binyuze mu matangazo yacicikanaga ku mbuga nkoranyambaga nka TikTok.

Mu minsi ishize, abagera kuri 300 bivugwa ko barwanaga ku ruhande rwa Rapid Support Forces muri Sudani. Abo banya-Colombia kandi bakunze gushakishwa cyane muri Mexique n’ahandi mu bikorwa bijyanye no kurinda ibiyobyabwenge cyangwa kwambutsa abantu mu buryo butemewe.

Blackwater ya Erik Prince iri kongera kugaruka mu bikorwa by’intambara, nubwo guverinoma ya Amerika atari ko yose ibishyigikiye. Raporo ya Loni yo mu 2024 yagaragaje ko Prince afite gahunda yo kujyana abacanshuro 2500 muri RDC. Nubwo Amerika iri mu ruhande rw’abashaka amahoro hagati ya RDC, u Rwanda na M23, biragaragara ko hari igice cy’abanya-Amerika gikomeje gukora ibihabanye n’iyo ntego.

Ku ruhande rw’u Rwanda, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Olivier Nduhungirehe, aherutse kuvuga ko ubwo ibiganiro bigikomeje hagati y’impande zirebwa n’umutekano mu Burasirazuba bwa Congo, hari ibimenyetso ko RDC ikomeje gutegura intambara, harimo n’ugutumiza abandi bacanshuro bashya nyuma y’abo muri Romania.

Hari amakuru kandi avuga ko Blackwater izaba imwe mu masosiyete ashobora gusigara mu gace ka Congo, mu gihe ingabo za Monusco zaba zavuye mu gihugu.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Abatuye umujyi bose basinze urumojyi nyuma yo gutwikirwa mu mujyi hakazamuka umwotsi warwo
Next Article Abapolisi babiri bakubiswe n’inkuba ubwo bari bari gucunga umutekano wo mu muhanda
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Uwaguze Man United akomeje guhomba bikomeye
May 16, 2025
Abapolisi 833 Barangije Amahugurwa yo Kurwanya Iterabwoba i Mayange
May 16, 2025
Chris Brown agiye Gufungwa iminsi 30 y’agateganyo
May 16, 2025
Emery Bayisenge yasezeranye imbere y’amategeko
May 16, 2025
Umusirikare wishe bagenzi be batatu yakatiwe igihano cy’urupfu
Kinshasa: Igihano cy’urupfu ku musirikare wishe bagenzi be batatu
May 16, 2025

You Might Also Like

AMAKURU

Yago Pondat yikomye abayobozi mu nzego zimwe na zimwe z’igihugu Harimo na Minisitiri w’urubyiruko

Nyarwaya Umunyakakuru ukorere kuri You Tube uherutse guhunga igihugu avuga ko ahunze agatsiko k'abashakaga kumugirira nabi, agahungira mu gihugu cya…

2 Min Read
AMAKURU

Rutsiro: Abasore babiri bafunzwe bazira ubujura mu gihe mugenzi wabo ariguhigishwa uruhindu kubera gushaka gutema Gitifu

Abasore babiri bo mu Karere ka Rutsiro batawe muri yombi bakekwaho ubujura, mu gihe mugenzi wabo, Sebuhoro Bernard w’imyaka 30…

2 Min Read
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Kera kabaye Putin yemeye kuganira na Ukraine

Perezida w’u Busiya Vladimir Putin yatangaje ko u Burusiya bwiteguye kugirana ibiganiro na Ukraine butabanje gushyiraho amananiza. Prezida w’U Burusiya…

1 Min Read
AMAKURU

Sena ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo yashyizeho komite igiyekwambura Kabila ubudahangarwa mu minsi 3 agakurikiranwa n’ubutabera

Kuri uyu wa Kane, itariki ya 15 Gicurasi, Sena ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo yashyizeho komite tekinike igiye gusuzuma…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?