igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: RIB yavuze ko ibyo Teta Sandra yanditse ku mbuga nkoranyambaga bipfobya Jenoside yakorewe Abatutsi
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > RIB yavuze ko ibyo Teta Sandra yanditse ku mbuga nkoranyambaga bipfobya Jenoside yakorewe Abatutsi
AMAKURUIMYIDAGADURO

RIB yavuze ko ibyo Teta Sandra yanditse ku mbuga nkoranyambaga bipfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

NSHUTIYIMANA Cyprien
Last updated: April 9, 2025 2:03 am
NSHUTIYIMANA Cyprien
Share
SHARE

Amagambo Teta Sandra yanditse ku mbuga nkoranyambaga ni amagambo apfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 nk’uko Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwabitangaje.

Ubwo hatangizwaga icyumweru cyo kwibuka hamwe n’iminsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Teta Sandra yanditse ku rubuga rwa Snapchat ndetse no kuri sitati ya WhatsApp ko yibuka Abatutsi bishwe ndetse n’Abahutu batari bashyigikiye Jenoside.

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko ibi Yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze by’uzuye gupfobya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Nyuma y’ibyo ubwo yagiranaga ikiganiro n’ikinyamakuru Imvaho Nshya, Teta Sandra yahamije ko Abantu bamwumvise bitandukanye n’ibyo yashakaga kuvuga

Yagize ati: “Ndatekereza igitekerezo cyanjye mwagifashe bitandukanye, igitekerezo kivuga ko twibuka Abatutsi bishwe muri Jenoside ariko na bamwe mu Bahutu bagize icyo bakora mu guhagarika Jenoside.”

Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira Thierry yatangarije iki kinyamakuru Imvaho Nshya ko ingingo ihana icyaha cyo guhakana Jenoside isobanutse.

Ati: “Usesenguye ibyo uwo Teta yashyize ku mbunga nkoranyambaga ze ukareba ibyo amategeko ateganya, rwose biragaragara ko yarenze ku byo itegeko riteganya. Jenoside yakorewe Abatutsi kandi ni yo yibukwa naho kongeraho ibindi ni ukunyuranya n’ingingo ya 5 y’iryo tegeko navuze. Ingingo ya 5 y’itegeko rihana ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibyaha bifitanye isano na yo, ivuga ko umuntu uvuga cyangwa ugaragaza ko Jenoside atari Jenoside, kugoreka ukuri kuri Jenoside agamije kuyobya rubanda, kwemeza ko mu Rwanda habaye Jenoside ebyiri, kuvuga cyangwa kugaragaza ko Jenoside itateguwe, aba akoze icyaha cyo guhakana Jenoside.

Itegeko Nº 59/2018 ryo ku wa 22/8/2018 ryerekeranye n’icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibyaha bifitanye isano, rigena ko Ingengabitekerezo ya Jenoside; umuntu ukorera mu ruhame igikorwa, byaba mu magambo, mu nyandiko, mu mashusho cyangwa ku bundi buryo, kigaragaza imitekerereze yimakaza cyangwa ishyigikira kurimbura abantu bose cyangwa bamwe muri bo, bahuriye ku bwenegihugu, ubwoko, ibara ry’uruhu cyangwa ku idini aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7) n’ihazabu y’Amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi magana atanu (500,000Frw) ariko atarenze Miliyoni imwe (1,000,000Frw)

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article RDC: Umwuka mubi hagati ya Wazalendo n’Ingabo z’u Burundi
Next Article Umujyanama wihariye wa Perezida wa leta zunze ubumwe za America yakiriwe na perezida Kagame
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

FERWAFA yagize icyo ivuga ku mvururu zabere kuri stade ya Bugesera, ku mukino wari wahuje Rayon Sport na Bugesera FC
May 18, 2025
Ubushakashatsi bushya bwerekanye ko gusinzira amasaha menshi bigira ingaruka mbi ku mikorere y’ubwonko
May 18, 2025
HoodyBaby asanze Chris Brown mu buroko dore ko bari mu kirego kimwe
May 18, 2025
Accountant at supreme court (SC) :Deadline: May 23, 2025
May 17, 2025
Abantu 23 biciwe mu gitero k’iterabwoba muri Nigeria
May 17, 2025

You Might Also Like

AMAKURU

Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo Félix Antoine Tshisekedi yakiriye intumwa y’umuhuza Perezida Gnassingbé

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 7 Gicurasi, mu ngoro ye izwi nka Cité de l’Union africaine, Perezida wa Repubulika…

1 Min Read
AMAKURU

Burundi: Umupolisi wari wasinze yishe umumotari amurashe mu mutwe ahita ahasiga ubuzima

Mu ijoro ryo ku wa Gatatu, tariki ya 9 Mata 2025, mu gace ka Ntahangwa mu mujyi wa Bujumbura, haraye…

2 Min Read
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

FCC yasabye abanye-Congo kwamagana ijyanwa mu nkiko rya Kabila

FCC, Ihuriro ry’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riri gushishikariza  Abanye-Congo kwamaganira kure umugambi Leta ifite…

2 Min Read
AMAKURUPOLITIKE

“Muzirikane ko izi nshingano murahiriye muzazibazwa.” -Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Domitilla Mukantaganzwa, yakiriye indahiro z’abakomiseri umunani ba Komisiyo y’Igihugu y’Amatora. Barimo Perezida wa Komisiyo, Oda Gasinzigwa, Visi…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?