igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: RIB Yihanangirije Abakora Inkuru ku Rurubanza rwa Bishop Gafaranga
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > RIB Yihanangirije Abakora Inkuru ku Rurubanza rwa Bishop Gafaranga
AMAKURU

RIB Yihanangirije Abakora Inkuru ku Rurubanza rwa Bishop Gafaranga

Fisto HAKIZIMANA
Last updated: May 23, 2025 10:31 am
Fisto HAKIZIMANA
Share
SHARE

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) rwasabye abantu bose, cyane cyane abakora itangazamakuru n’abakoresha imbuga nkoranyambaga, kwitwararika mu buryo batangaza inkuru zijyanye n’urubanza rwa Bishop Gafaranga ukurikiranyweho ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Ni nyuma y’uko ku wa 22 Gicurasi 2025 hatangiye kuburanishwa urubanza rwe mu Rukiko rw’Ibanze rwa Nyamata, rwanemeje ko ruzabera mu muhezo hashingiwe ku busabe bw’uwavuga ko yahohotewe, Annette Murava umugore wa Bishop Gafaranga.

Ubushinjacyaha nibwo bwatanze icyifuzo cyo kuburanira mu muhezo, mu rwego rwo kurengera ubuzima bwite bw’uwahohotewe, ibyemewe n’amategeko mu manza zirebana n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Ibi byakuruye impaka ndende ku mbuga nkoranyambaga no mu biganiro bitandukanye, aho bamwe bagaragaje amarangamutima akabije cyangwa amagambo asagarira impande zombi zirebwa n’urubanza. Mu rwego rwo guhagarika iyo myitwarire ko RIB yatanze umuburo.

Dr. Murangira B. Thierry, Umuvugizi wa RIB, yabwiye itangazamakuru ko hari abantu batangiye gukoresha amagambo akomeretsa, basagarira ubuzima bwite bw’ababuranyi. Yagize ati:

“Hari abo twaganiriye nabo ku giti cyabo, barabyumva baranashima, ariko kubera uko ibintu bikomeje kwiyongera, twahisemo kubibwira rubanda muri rusange. Hari abari gukoresha amagambo ashobora kubahesha ibihano by’amategeko.”

Yakomeje asobanura ko ihohoterwa rishingiye ku gitsina ari ingingo ikomeye, ikaba igomba kwitabwaho mu buryo bwitondewe. Inkuru zinyuranye cyangwa ibitekerezo bisakazwa bishobora kuba isoko yo kongera guhohotera uwakorewe icyaha cyangwa se no guhohotera uwaketsweho icyaha.

Dr. Murangira yibukije ko hari abantu bamaze gukurikiranwa n’inkiko kubera amagambo cyangwa ibikorwa byafashwe nk’ihohotera ry’uwatanze ubuhamya cyangwa uwavuze ko yahohotewe.

“Abantu bamwe batinya kugaragaza ibibazo by’ihohoterwa kubera uko babona abandi bafatwa, ibyo bituma abahohotewe bamwe bacika intege, bagahitamo guceceka.”

Yongeyeho ko abantu bakwiye kwirinda kugaragaza amarangamutima cyangwa kubogama, ahubwo bagaharanira gutanga ubutumwa bwubaka, buharanira uburenganzira bwa muntu ku mpande zombi.

Ku wa 7 Gicurasi 2025, nibwo byamenyekanye ko Bishop Gafaranga yatawe muri yombi akurikiranyweho ibyaha bijyanye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina. Uyu mugabo wamenyekanye cyane binyuze mu biganiro bikomeye yagiye akora ku muyoboro wa YouTube, yagarutsweho cyane mu itangazamakuru mu 2023 ubwo yashyingiranwaga n’umuhanzikazi Annette Murava, bafitanye umwana umwe.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Kaminuza y’u Rwanda yitegura gutangiza amasomo ya nucléaire
Next Article RwandAir Iteganya Gutangiza Ingendo Muri Antigua na Barbuda Muri Gahunda yo Guhuza Afurika n’Ibirwa bya Caraïbes
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Hagiye gukorwa iperereza ku mpamvu uburwayi bwa Biden bwagizwe ibanga
May 23, 2025
No mu Rwanda irahari; Imirimo 20 ihemba akayabo wakora bidasabye kuba warize Kaminuza
May 23, 2025
Jose Chameleone yageze i Kigali akora ikidasazwe
May 23, 2025
TMC agiye gukorera igitaramo gikomeye mu mujyi wa Dallas
May 23, 2025
Trump yategetse ko Kaminuza ya Harvard itazongera kwakira abanyamahanga
May 23, 2025

You Might Also Like

AMAKURUIMIKINOMU MAHANGA

Thomas Müller ntazakomezanya na Bayern Munich

Umunyabigwi umukurambere w’abakinnyi ba Bayern Munich, benshi bita Muzehe Thomas Müller, yemeje ko ubwo umwaka w’imikino wa 2024/2025, uzaba urangira…

1 Min Read
AMAKURUMU MAHANGAUTUNTU N' UTUNDI

Umubyeyi yabyaye abana batandatu icyarimwe bitangaza benshi

Umugore w’imyaka 32 wo mu mudugudu wa Nyamufumura, mu karere ka Sheema, yabyaye abana batandatu icyarimwe, ibintu byatangaje benshi ariko…

2 Min Read
AMAKURUPOLITIKE

Umugore wa Kabil arataabaza ko inka ze zimazwe na FARDC

Mu gitondo cyo ku wa 23 Mata 2025, abasirikare ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) boherejwe mu rwuri rw’inka…

1 Min Read
AMAKURUMU MAHANGAUTUNTU N' UTUNDI

Uganda: Umugabo umaze kubyara abana 102, ubu yiyemeje kuboneza urubyaro

Ni uwitwa Musa Hasahya Kasera umugabo w’imyaka 69 wo mu gihugu cya Uganda nyuma yo kubyara abana 102, ku bagore…

2 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?