igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Rugaretse hagati y’umuraperi Kanye West n’indwara zo mu mutwe arwaye
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Rugaretse hagati y’umuraperi Kanye West n’indwara zo mu mutwe arwaye
AMAKURUIMYIDAGADURO

Rugaretse hagati y’umuraperi Kanye West n’indwara zo mu mutwe arwaye

IYAKAREMYE FERDINAND
Last updated: May 24, 2025 1:10 pm
IYAKAREMYE FERDINAND
Share
SHARE

Umuraperi w’Umunyamerika Kanye West uzwi nka Ye, ari muri Espagne aho ari gukorerwa ubuvuzi bwihariye kubera ibibazo byo mu mutwe yagize, ibyatumye avuga ko atazitabira iburanisha aregwamo n’uwari umukozi we.

Ibi byagaragajwe n’umunyamategeko we Eduardo Martorell, ubwo yashyikirizaga urukiko inyandiko zisobanura impamvu umukiliya we atabashije kwitaba iburanisha rijyanye n’ikirego yarezwemo na Benjamin Provo, wahoze ari umukozi we.

Benjamin Provo wari umurinzi muri Donda Academy, mu birego bye, yashinje Kanye West kumufata nabi no kumubwira amagambo yuzuyemo urwango ndetse agahabwa inshingano ziremereye zidahuye n’amasezerano y’akazi. Avuga ko Abirabura bafatwa nabi mu kigo cya Ye mu gihe Abazungu bafatwa neza.

Kanye West umaze igihe agaragaza imyitwarire itavugwaho rumwe ku mbuga nkoranyambaga, yahisemo kujya mu kigo giherereye muri Espagne kugira ngo afashwe mu bijyanye n’imitekerereze, ubuzima bwo mu mutwe n’ituze.

Umunyamategeko we yavuze ko ari “mu rugendo rwo kwiyitaho no kwiyubaka mu buryo bw’imyitwarire n’ubuzima bw’amarangamutima.”

Urukiko rwasabwe ko Ye adakomeza guterwa igitutu cyo kwitaba iburanisha, bitewe n’uko ari mu gihe cy’ubuvuzi, ndetse rwasabwe ko niba bikenewe, hashyirwaho uburyo bwa ‘remote deposition’, aho yatanga ubuhamya hifashishijwe ikoranabuhanga nk’amashusho y’imbonankubone gusa uwo bashyiditse mu nkiko yabiteye utwatsi.

Kugeza ubu, ntabwo haramenyekana igihe Kanye West azamara muri Espagne cyangwa niba azasubira mu ruhame vuba. Gusa In Touch ivuga ko uyu muraperi ashobora kuzarangiza kwivuza mu mpera za Gicurasi 2025. Uyu muraperi yajyanye muri Espagne n’umugore we Bianca Censori.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Abantu 18 nibo bakomerekeye mu gitero cyagabwe n’umugore w’imyaka 39 ukomoka mu Budage
Next Article Weasel yahishuye ko Teta Sandra agiye kumwerekana iwabo
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Mushikiwabo yasuzuguye Minisitiri mu buryo bukomeye ahita ajya kwiga muri USA
May 24, 2025
U Burusiya bwaburijemo ibitero bya drones zirenga 100 byari bigamije kuburimbura
May 24, 2025
Umukobwa yajyanywe mu bitaro nyuma yo kuryamana n’abagabo 583 mu munsi umwe
May 24, 2025
Zari Hassan yahaye ubutumwa bukomeye abasore mw’ijwi rituje ati basore mujye mureba ubwenge ntimukarebe ikibuno gusa
May 24, 2025
Umuhanzi The Ben na Diamond Platinumz berekeje I Ntungamo mu gitaramo karabutaka
May 24, 2025

You Might Also Like

AMAKURU

Abasirikare 525 ba Mozambique basoje imyitozo y’amezi atandatu bahawe n’ingabo z’u Rwanda

Ku wa 23 Gicurasi 2025, abasirikare 525 bo mu ngabo za Mozambique (FADM) basoje imyitozo yo kurwanira ku butaka, bamazemo…

2 Min Read
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Muri Rutshuru habereye imirwano ikaze yahuje inyeshyamba za M23 na Wazalendo

Kuri iki cyumweru tariki ya 30 Werurwe 2025 habaye imirwano ikaze hagati y’inyeshyamba za M23 n’abarwanyi b’umutwe wa Wazalendo baturutse…

1 Min Read
AMAKURU

Minisitiri Utumatwishima yasabye urubyiruko gushakisha bagenzi barwo batize kugira ngo rubigishe amateka ya Jenoside

Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Utumatwishima Jean-Népo Abdallah, yasabye urubyiruko rwagize amahirwe yo kwiga no gusobanukirwa amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi…

2 Min Read
AMAKURU

Perezida wa Korea y’Epfo nawe yeguye igitaraganya atamazeho kabiri

Kuri uyu wa Kane, itariki ya 1 Gicurasi 2025, uwari perezida w’agateganyo wa Koreya y’Epfo, Han Duck-soo, yatangaje ko yeguye…

2 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?