igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: TMC agiye gukorera igitaramo gikomeye mu mujyi wa Dallas
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > IMYIDAGADURO > TMC agiye gukorera igitaramo gikomeye mu mujyi wa Dallas
IMYIDAGADURO

TMC agiye gukorera igitaramo gikomeye mu mujyi wa Dallas

TWIZEYIMANA DAVID
Last updated: May 23, 2025 5:17 pm
TWIZEYIMANA DAVID
Share
SHARE

TMC wamenyekanye mu itsinda rya Dream Boys ariko umaze igihe asa n’uri kugenza make mu bijyanye na muzika, agiye gutaramira mu Mujyi wa Dallas muri Leta ya Texas ho muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Uyu muhanzi umaze igihe yimukiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatumiwe mu gitaramo kizahuriramo Abanyamuryango b’icyitwa ‘Lightening shared scooter corporation’ bazaba bishimira uko umwaka wabo wagenze.

Ni igitaramo byitezwe ko kizaba ku wa 1 Kamena 2025.

Mu kiganiro kigufi yagiranye na IGIHE, Mujyanama Claude wamamaye nka TMC yavuze ko nubwo ashobora gutumirwa mu gitaramo akaba yakwitabira, ariko muri iyi minsi ahugiye muri gahunda z’ubuzima bwe bwite kurusha umuziki.

Ati “Muri iyi minsi navuga ko ntari mu muziki, ndi muri gahunda zanjye bwite. Ni nayo mpamvu numva ntafite ibintu byinshi byo kuvuga mu itangazamakuru.”

Ku rundi ruhande TMC nubwo atari mu bikorwa bya muzika muri iyi minsi, ahamya ko igihe bibaye ngombwa ko hari aho bamwiyambaza ngo abasusurutse nta cyamubuza kubikora.

TMC ni umwe mu bari bagize itsinda rya Dream Boys yari ahuriyemo na Platini we ukiri mu muziki ndetse ugeze kure album nshya ari gukorana na Nel Ngabo.

Uyu muhanzi yerekeje muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu 2020, iki gihe akaba yari agiye kwiga ndetse akaba yarahise akomerezayo gahunda zo gushaka ubuzima.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Trump yategetse ko Kaminuza ya Harvard itazongera kwakira abanyamahanga
Next Article Jose Chameleone yageze i Kigali akora ikidasazwe
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

U Bwongereza: Abahamwe n’ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina bagiye kujya bahabwa imiti igabanya ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina
May 24, 2025
REG VC mu kwitegura Shampiyona igiye kuza, yatangiye kwibikaho abakinnyi
May 23, 2025
Kaminuza ya Harvard yajyanye Leta Zunze ubumwe za Amerika mu nkiko
May 23, 2025
Kuki Abanyamakuru batajya bubaka ingo ngo zirambe? Dore abanyamakuru babishoboye
May 23, 2025
Human right watch yamaganye ubwicanyi bukorwa n’abarwanyi ba Wazalendo
May 23, 2025

You Might Also Like

AMAKURUIMYIDAGADURO

Byinshi wamenya ku ndirimbo ‘Pom Pom’ ya Bruce Melodie na Diamond igiye kujya hanze vuba

Bruce Melodie na Diamond Platnumz bageze kure umushinga w’indirimbo ‘Pom Pom’ aba bombi bazahuriramo, aho by’umwihariko ibikorwa byo gufata amashusho…

1 Min Read
AMAKURUIMYIDAGADUROMU MAHANGA

Chris Brown yafunzwe

Rurangiranwa mu muziki ku Isi Chris Brown yatawe muri yombi ubwo yari mu mujyi wa Manchester mu Gihugu cy'u Bwongereza,…

1 Min Read
IMYIDAGADUROMU MAHANGA

Omah Lay yakoze impanuka ikomeye

Umuhanzi w'umunya Nigeria ukunzwe n'abatari bake, Stanley Omah Didia, uzwi nka Omah Lay, yakoze impanuka ikomeye y’imodoka. Iyi mpanuka yabere…

1 Min Read
IMYIDAGADURO

Uganda: Umuhanzi yajyanywe mu bitaro bamumennye umutwe azira gusebya Bobi Wine

Umuhanzi w’umunya-Uganda Alien Skin yajyanywe mu bitaro nyuma yo gukubitwa n’itsinda ry’abantu benshi mu karere ka Iganga, aho bamukomerekeje bikabije…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?