igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Trump byihuse cyane yisubiyeho ku cyemezo cyo kongera imisoro ku bicuruzwa byinjira muri Amerika nyuma y’igitutu cy’abashoramari
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > MU MAHANGA > Trump byihuse cyane yisubiyeho ku cyemezo cyo kongera imisoro ku bicuruzwa byinjira muri Amerika nyuma y’igitutu cy’abashoramari
MU MAHANGA

Trump byihuse cyane yisubiyeho ku cyemezo cyo kongera imisoro ku bicuruzwa byinjira muri Amerika nyuma y’igitutu cy’abashoramari

IYAKAREMYE FERDINAND
Last updated: April 10, 2025 12:28 pm
IYAKAREMYE FERDINAND
Share
SHARE

Kera kabaye, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko icyo gihugu cyabaye gihagaritse umugambi wo kongera imisoro ku bicuruzwa byose byinjira muri Amerika biturutse hirya no hino ku Isi, uretse ko u Bushinwa butarebwa n’iki cyemezo, ahubwo bwongerewe imisoro.

Amerika yari iherutse gushyiraho imisoro ku bicuruzwa bituruka hirya no hino, buri gihugu kigashyirirwaho umusoro wihariye nk’aho Vietnam yari yashyiriweho uwa 46% na 25% ku Buyapani.Iyi misoro ireba buri gihugu yahagaritswe mu gihe cy’iminsi 90, uretse ko umusoro wa 10% ku bicuruzwa byose biturutse mu mahanga byinjira muri Amerika, ugomba kugumaho.U Bushinwa bwari bwashyiriweho umusoro wa 34%, buhitamo kwihorera nabwo bushyiraho undi nk’uwo, bituma Trump yongeraho 50%, u Bushinwa bukomeza kwinangira, nabwo bushyiraho undi nk’uwo, bituma ugera kuri 84%.Ibi Trump yabyise agasuzuguro, ari nayo mpamvu mu gihe yahagarika imisoro ku bindi bihugu, yahise yongera uw’u Bushinwa, awugeza kuri 125%, uretse ko yavuze ko adatekereza ko ashobora kuwongera kurenza icyo kigero, yongeraho ko abayobozi b’u Bushinwa ‘batumva uburyo bakwiriye kwitwara muri iki kibazo.’Muri rusange, iki cyemezo cyatewe ahanini n’ubwoba bw’abashoramari, bwatumye Trump abona ko gishobora kugira ingaruka zikomeye ku bukungu bwa Amerika, nk’uko byari bimaze iminsi bitangazwa n’ibigo by’ubushakashatsi mu by’ubukungu.Ikimenyetso cya mbere cyagaragaye mu cyumweru gishize, ubwo amasoko y’imigabane hirya no hino ku Isi yatakazaga agaciro mu buryo budasanzwe. Nko muri Amerika, aya masoko yatakaje agaciro ka miliyari ibihumbi 6$ ubwo ibintu byari bimeze nabi, indi mibare ikavuga ko kuva ku itariki ya 17 Mutarama, aya masoko amaze gutakaza agaciro karenga miliyari ibihumbi 10$.Mu gihe kigera ku minsi ine, icyizere cy’abashoramari cyakomeje gutakara, bituma benshi basaba Trump kongera kureba neza iby’iki cyemezo, cyane ko cyatunguranye, aho ibigo byinshi bitari byiteze ko izi ngamba zikakaye gutya zibaho mu buryo buhutiyeho, nta mwanya wo kwitegura utanzwe.Nk’urugero, uruganda rwa Apple rukorera iPhone nyinshi muri Bushinwa, bivugwa ko rwazipakiye mu ndege ruzohereza muri Amerika amanywa n’ijoro, kugira ngo rushobore kugira ububiko buhagije bw’izo telefoni. Ibi byerekana uburyo abashoramari batunguwe, ntibagire umwanya uhagije wo kwitegura no gutegura ubucuruzi bwabo.Mu gihe ku isoko ry’imari ibintu byari bikomeje kugenda nabi, Trump yakomeje gusaba abantu kutagira ubwoba, akanabashishikariza ko iki ari igihe cyiza cyo kugura imigabane mu bigo by’ubucuruzi kuko agaciro kayo kagabanutse igahenduka, bityo bayibona kuri make, bakazunguka mu bihe biri imbere.Ibi ariko ntibyatumye abashoramari badakomeza kugira ubwoba, ndetse ubu bwoba bwimukira mu gutangira kugurisha impapuro mpeshamwenda za leta, ari nacyo cyateye Trump ubwoba kurusha ibindi.Nk’ubu impapuro mpeshamwenda z’igihe gito, ubwo ni imyaka ibiri kumanura, zagurishwaga ku nyungu ya 0.2% mbere y’icyemezo cyo kongera imisoro, ariko zari zimaze kugera ku nyungu ya 3.9%, bigaragaza ko abazikeneye bari baragabanutse cyane.Ku z’imyaka 10, ubundi zikunze gukenerwa cyane, inyungu yazo yageze kuri 4.35%, mu gihe mbere y’uko imisoro ishyirwaho, yari iri munsi ya 4%. Inyungu ku mpapuro mpeshamwenda z’imyaka 30 nayo yarazamutse igera hejuru ya 5% by’igihe gito, ibintu ubusanzwe bidakunze kubaho.Trump yari arimo kureba ibi byose, nk’uko yabitangaje, bituma abona ko “abantu bari barimo kurenga umurongo, bakagira ubwoba… ugomba kwitegura guhindura ibintu.”Muri iyi minsi 90, byitezwe ko ibihugu bizaganira na Trump bigamije kugabanyirizwa imisoro ndetse no gushyiraho amasezerano y’imikoranire atabangamira inyungu z’ubucuruzi bwa Amerika.

Ibihugu birenga 75 byasabye ibiganiro na Amerika, u Buyapani na Koreya y’Epfo byo byamaze kohereza amatsinda muri Amerika, ndetse Trump yaciye amarenga, avuga ko n’u Bushinwa bushobora kuganira na Amerika kuri iyi ngingo.Kugeza ubu, Amerika ni igihugu cya gatatu cyakira ibicuruzwa byinshi byakorewe mu Bushinwa, bingana na 14% by’ibyo u Bushinwa bwohereza mu mahanga.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Buruse ya Leta ya Azerbaijan 2025 | Ikwishyurira byose
Next Article Ingabo za Leta ya RDC zigaruriye uduce umunani twari mu maboko ya M23
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

FERWAFA yagize icyo ivuga ku mvururu zabere kuri stade ya Bugesera, ku mukino wari wahuje Rayon Sport na Bugesera FC
May 18, 2025
Ubushakashatsi bushya bwerekanye ko gusinzira amasaha menshi bigira ingaruka mbi ku mikorere y’ubwonko
May 18, 2025
HoodyBaby asanze Chris Brown mu buroko dore ko bari mu kirego kimwe
May 18, 2025
Accountant at supreme court (SC) :Deadline: May 23, 2025
May 17, 2025
Abantu 23 biciwe mu gitero k’iterabwoba muri Nigeria
May 17, 2025

You Might Also Like

AMAKURUMU MAHANGA

U Burusiya bukomeje kugaba ibitero muri Ukraine mu gihe bari bumvikanye agahenge

Mu ijoro rishyira ku wa 12 Gicurasi 2025, u Burusiya bwongeye kugaba ibitero by’indege zirenga 100 zitagira abapilote muri Ukraine…

2 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

RDC: Inka zirenga 70 zasanzwe zapfiriye Mwenga, icyazishe kiracyari urujijo

Mu gitondo cyo ku wa Kabiri tariki ya 15 Mata 2025, abaturage bo mu duce twa Kilungutwe na Kilumba, muri…

3 Min Read
AMAKURUIMIKINOMU MAHANGA

#UCL: Nta kipe yakwizera ko yasoje akazi kare

Mu cyumweru gishize ni bwo habaye imikino ibanza muri kimwe cya kane k'irangiza aho amakipe ya PSG na Aston Villa…

2 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

Umusore witeguraga gukora ubukwe yatorokanye n’uwari kumubera nyirabukwe

Mu gihugu cy’u Buhinde, haravugwa inkuru itangaje y’umusore w’imyaka 20 wacikanye n’umubyeyi w’imyaka 40 wari ugiye kumubera nyirabukwe, iminsi icyenda…

3 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?