igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Umukinnyi ukiri muto Lamine Yamal agiye guhabwa nimero ya Messi
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Umukinnyi ukiri muto Lamine Yamal agiye guhabwa nimero ya Messi
AMAKURUIMIKINO

Umukinnyi ukiri muto Lamine Yamal agiye guhabwa nimero ya Messi

IYAKAREMYE FERDINAND
Last updated: May 21, 2025 1:58 pm
IYAKAREMYE FERDINAND
Share
SHARE

Umukinnyi ukiri muto w’Umunyasipanye, Lamine Yamal, aravugwaho kuzahabwa nimero y’icyamamare Lionel Messi muri FC Barcelona, nyuma yo kugirana amasezerano mashya y’igihe kirekire n’iyi kipe.

Amakuru atangazwa n’urubuga Memorabilia1899.co aravuga ko Yamal, ufite imyaka 17, azashyira umukono ku masezerano mashya azamara igihe kirekire muri Nyakanga ubwo azaba yujuje imyaka 18.

Ayo masezerano azaba arimo ingingo yo kumurekura ku giciro cya miliyari imwe y’amayero (€1,000,000,000) ahwanye tiriyoni zisaga 1,400 z’amanyarwanda (Rwf 1,400,000,000,000), hakurikijwe igipimo cy’isoko ry’amayero.

Uyu musore wari usanzwe yambara nimero 19 nimero Lionel Messi yambaye mbere yo guhabwa 10 mu 2008, azasimbura Ansu Fati, uri mu gihirahiro ku hazaza he muri Barcelona, akaba ari we usanzwe uyambara.

Yamal amaze imyaka ibiri akina mu ikipe nkuru ya Barça, akaba yaratangiye ubwo yari afite imyaka 15. Kuva ubwo, amaze gutwara ibikombe bibiri bya La Liga no kugira uruhare mu bitego 43 mu mikino 54, bigaragaza ko afite impano ikomeye yitezweho byinshi.

Mu mwaka ushize, yafashije ikipe y’igihugu ya Espagne kwegukana igikombe cy’u Burayi (EUROs), ndetse ubu ari mu bazahatanira igihembo gikomeye ku mukinnyi witwaye neza ku isi (Ballon d’Or), n’ubwo akiri muto.

Guhabwa nimero ya Messi ni indi ntambwe ikomeye mu rugendo rw’uyu mukinnyi waturutse muri La Masia, ishuri ry’imyitozo ya FC Barcelona, rikomeje gutanga impano zidasanzwe.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Uganda: Abasivili bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n’igisirikare bazajya baburanishwa n’inkiko za gisirikare
Next Article Kevin De Bruyne yasezeye Manchester City mu birori byarannzwe n’amarangamutima, Pep Guardiola araturika ararira
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Niba ukunda Filime ziteye ubwoba, Dore filime 10 zikunzwe cyane wareba
May 21, 2025
Rayon Sport yatakaje umwanya wa mbere nyuma yo kunanirwa kwishyura Bugesera FC
May 21, 2025
Inkomoko y’insigamugani ‘Habe na Mba’
May 21, 2025
Huawei yashyize hanze mudasobwa idasanzwe
May 21, 2025
U Rwanda na Loni basinye amasezerano y’imyaka itanu agamije guteza imbere igihugu
May 21, 2025

You Might Also Like

AMAKURUIMIKINOMU MAHANGA

Arsenal ntiwayituma cyangwa ni Premier Legue itoroshye?

Kuwa 2 Taliki 08 Mata ni bwo Ikipe ya Arsenal yakinaga irushanwa rya UEFA Champions League aho yakiriye Ikipe Real…

1 Min Read
AMAKURU

Ubushinwa bwarahiriye kurwana na Amerika intambara y’ubucuruzi kugeza ku mwuka wa nyuma

Leta y’u Bushinwa yatangaje ko idateze gukuraho umusoro wa 34% yashyize ku bicuruzwa bituruka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika,…

2 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

Ibiganiro hagati ya Guverinoma ya DRC na M23 byasubitswe mu buryo butunguranye

Ibiganiro by’amahoro hagati ya Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo na M23 byari biteganyijwe kubera i Doha, muri Qatar,…

1 Min Read
AMAKURU

Perezida Kagame yarebye umupira wahuje amakipe abiri yamamariza Visit Rwanda

Perezida Kagame yarebye umukino wa ½ cya UEFA Champions League i Paris ubwo yari mu ruzinduko rw’akazi mu Bufaransa Ku…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?