igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Umulinga Alice warusanzwe ari Perezida w’Agateganyo yatorewe kuyobora Komite Olempike y’u Rwanda kugeza mu 2028
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Umulinga Alice warusanzwe ari Perezida w’Agateganyo yatorewe kuyobora Komite Olempike y’u Rwanda kugeza mu 2028
AMAKURU

Umulinga Alice warusanzwe ari Perezida w’Agateganyo yatorewe kuyobora Komite Olempike y’u Rwanda kugeza mu 2028

IYAKAREMYE FERDINAND
Last updated: May 10, 2025 4:01 pm
IYAKAREMYE FERDINAND
Share
SHARE

Umulinga Alice wari usanzwe ari Perezida w’Agateganyo kuva mu 2023, yatorewe kuba Perezida wa Komite Olempike y’u Rwanda muri manda ya 2025-2028.

Amatora ya Komite Nyobozi nshya ya Komite Olempike y’u Rwanda yabaye kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 10 Gicurasi 2025.

Mu banyamuryango 31 bagize Komite Olempike y’u Rwanda, abatemerewe gutora ni umwe kuko atari afite uruhushya rumwemerera guhagararira ishyirahamwe rye ruriho umukono wa noteli.

Ni mu gihe kandi itora ry’amashyirahamwe akina Imikino Olempike (20) ryari rifite amajwi abiri naho itora ry’amashyirahamwe adakina Imikino Olempike (10) rikagira ijwi rimwe.

Ni amatora atarimo imibare myinshi kuko ku myanya yose yatorewe, hariho umukandida umwe cyangwa abakandida bangana n’imyanya itorerwa mu rwego runaka.

Umulinga Alice watorewe kuba Perezida ku majwi 50 kuri 50, ni umubyeyi w’abana batatu, usanzwe ari umukozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro n’Amahoro (RRA).

Mu rwego rwa siporo, yakinnye umukino wa Volleyball mu gihe kirenga imyaka 15 ndetse aracyawukina, aho ari umwe mu bakinira RRA mu mikino y’abakozi. Asanzwe kandi ari Visi Perezida w’Ihuriro rya Komite Olempike zo muri Zone V [ANOCA Zone V].

Ubwo yiyamamazaga, yavuze ko ibintu bine azibandaho muri manda y’imyaka ine iri imbere harimo kwigira no kunoza imikorere ya Komite Olempike aho uru rwego ruzagira ibiro byarwo, bizanakoreramo amashyirahamwe y’imikino ndetse mu gihe ubushobozi bwaboneka hakajyamo n’ibibuga.

Hari kandi ubufatanye mu iterambere rirambye, kongera uruhare rwa siporo mu iterambere ry’Abanyarwanda no kongera imbaraga n’ubufatanye bw’abanyamuryango.

Gakwaya Christian wari Umubitsi, utitabiriye amatora akiyamamaza hakoreshejwe ikoranabuhanga kubera urugendo yagiyemo hanze y’igihugu, yatorewe kuba Visi Perezida wa Mbere na ho Umutoni Salama yongera gutorwa nka Visi Perezida wa Kabiri.

Ni mu gihe Kajangwe Joseph yongeye gutorwa nk’Umunyamabanga Mukuru naho Umubitsi aba Ganza Kevin.

Abajyanama babiri batowe ni Butoyi Jean wo muri AJSPOR y’Abanyamakuru ba Siporo, wari usanzwe kuri uwo mwanya, na Ruyonza Arlette usanzwe ari Umunyamabanga Mukuru wa FERWACY.

Abagenzuzi b’Imari batatu biyamamaje kandi bose bagatorwa ni Mbaraga Alexis uyobora Ishyirahamwe rya Triathlon, Dusingizimana Thierry wo muri Rugby na Bugingo Elvis usanzwe ari Umunyamabanga Mukuru wa FERWAKA.

Abakandida batatu biyamamarije kujya mu rwego rwo gukemura amakimbirane kandi bose bagatorwa ni Rwabuhihi Innocent wo muri ARPST, wari usanzwemo, Kagarama Clémentine wo muri FRSS (Sport Scolaire), na we wari usanzwemo ndetse na Nkurunziza Jean Pierre wo muri Federasiyo ya Skating.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Dore impamvu ikomeye yatumye Itorero Grace Room Ministries riyoborwa na Pasiteri Julienne Kabanda rihagarikwa
Next Article Umuyobozi ushinzwe ibikorwa by’ubutabazi bya Loni muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yasabye RDC guhagarika imvugo z’urwango
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Umwana w’Imyaka 7 Witwa Tumukunde Elia Apfuye Azize Umwuzure mu Murenge wa Gataraga
May 10, 2025
IMYANYA 7 Y`AKAZI MURI BANKI NKURU Y`U RWANDA (BNR): ITALIKI NTARENGWA: 10 GICURASI 2025
May 10, 2025
Bidatinze hari Cardinal wamenye ibanga rikomeye cyane ry’uko Papa yatowe
May 10, 2025
Umutwe wa M23 wakoze umukwabu mu mujyi wa Goma hafatirwamo amabandi 30 n’imbunda nyinshi
May 10, 2025
Tanzania: Abayobozi b’ishyaka rikomeye ritavuga rumwe n’ubutegetsi barisezeye
May 10, 2025

You Might Also Like

AMAKURU

Urukiko rwategetse ko Turahirwa Moses washinze inzu y’imideri ya Moshons afungwa iminsi 30 y’agateganyo

Kuri uyu wa 09 Gicurasi 2025, Urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro rwanzuye ko Turahirwa Moses afungwa iminsi 30 y’agateganyo. Turahirwa Moses…

1 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

Ubwoba bwatashye i Uvira nyuma y’amakuru y’uko hari abarwanyi bagiye kuyifata

Mu mujyi wa Uvira no mu bice bihaturiye, abaturage bari mu bwoba bukabije nyuma y’uko havuzwe amakuru y’uko abarwanyi bo…

4 Min Read
AMAKURU

Nyamasheke: Umugabo yatewe icyuma ahita ahasiga ubuzima

Umugabo wari utuye mu karere ka Nyamasheke yatewe icyuma ahita ahasiga ubuzima bigakekwa ko uwagerageje kumwica ariwe wagarutse akamwambura ubuzima…

2 Min Read
AMAKURU

Nigeria: Abagizi ba nabi bitwaje intwaro bagabye igitero cyahitanye abantu banashimuta abaturage benshi

Abagizi ba nabi bitwaje intwaro bagabye igitero cyahitanye abantu ku mudugudu wa Kuru-Kuru mu Karere ka Maru muri Leta ya…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?