igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Nyabihu: Abashumba batemanye umwe ahasiga ubuzima
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Nyabihu: Abashumba batemanye umwe ahasiga ubuzima
AMAKURU

Nyabihu: Abashumba batemanye umwe ahasiga ubuzima

TWIZEYIMANA DAVID
Last updated: May 20, 2025 11:57 am
TWIZEYIMANA DAVID
Share
SHARE

Mu gitondo cyo ku wa Mbere, tariki ya 19 Gicurasi 2025, mu Karere ka Nyabihu, habereye urugomo rukomeye rwabereye mu mu nzuri za Gishwati, aho abashumba batemanye, umwe muri bo ahita ahasiga ubuzima. Uru rugomo rwabereye mu Murenge wa Rambura, Akagari ka Mutaho, Umudugudu wa Sukiro.

Amakuru yamenyekanye ni uko Gakuru Salathiel, umusore w’imyaka 23, yakorewe urugomo n’abandi bashumba bari kumwe mu kazi. Bamutemye bakoresheje umuhoro, baramukomeretsa bikabije. Nubwo yahise ajyanwa ku Kigo Nderabuzima cya Jenda, yapfiriye mu nzira kubera gukomereka gukomeye.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Madamu Mukandayisenga Antoinette, yemeje iby’aya makuru mu kiganiro n’abanyamakuru, aho yavuze ko nyuma yo kumenya ibyabaye, hafashwe ingamba zihuse zo guhagarika abakekwaho uruhare muri ubwo bwicanyi.

Yagize ati:

“Nyuma y’uko amakuru atugeraho, twasanze koko habaye urugomo rukomeye hagati y’abashumba. Yaramutemye, amukomeretsa bikomeye akoresheje umuhoro. Twamujyanye ku kigo nderabuzima cya Jenda ariko ahita apfa. Ibimenyetso by’ibanze byerekana ko byaba byaratewe n’ubusinzi.”

Yakomeje avuga ko nyuma y’iki gikorwa kigayitse, hafashwe batanu bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Gakuru Salathiel, bose bashyikirijwe Polisi ya Karago kugira ngo hatangire iperereza ryimbitse.

Madamu Mukandayisenga yashimangiye ko urugomo n’ubusinzi biri mu bintu bikomeje kwangiza imibereho y’abaturage bo mu bice bikikije inzuri za Gishwati, asaba abaturage kubyirinda.

Yagize ati: “Twahise dukoresha inama yihutirwa ku rwego rw’umurenge, dusaba abaturage kwirinda urugomo no gushora igihe n’imbaraga zabo mu mirimo ibateza imbere. Urugomo ruvamo gutakaza ubuzima bw’abantu, nta nyungu rufite.”

Yongeraho ko ubuyobozi bw’Akarere bukomeje ubukangurambaga bwo guhindura imyumvire y’abaturage, cyane cyane mu rubyiruko rwinshi ruba muri ako gace, rukunze kurangwa n’ibikorwa by’urugomo, ubusinzi n’uburara.

Umurambo wa nyakwigendera Gakuru Salathiel wahise ujyanwa ku bitaro kugira ngo ukorerwe isuzuma rya muganga (autopsie) rizagaragaza byimbitse icyamuhitanye, mbere y’uko ushyingurwa mu cyubahiro.

Ubuyobozi bw’Akarere bwatangaje ko butazihanganira na busa ibikorwa by’urugomo n’ubugizi bwa nabi, bwasabye abaturage gufatanya mu kurinda amahoro n’umutekano, binyuze mu gutanga amakuru ku gihe no kwirinda kwishora mu bikorwa by’ubusinzi n’imyitwarire mibi.

Iyi nkuru ibaye indi ndorerwamo y’imyitwarire igayitse ikigaragara hirya no hino mu gihugu, aho amakimbirane ashingiye ku businzi bukomeje gutwara ubuzima bw’abantu, by’umwihariko mu cyaro. Gukurikirana abayihishe inyuma no gukangurira abaturage gufata inshingano mu kwirinda icyaha, ni imwe mu nkingi ubuyobozi bushyize imbere mu kurwanya ibi bikorwa.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Amayeri Rayon Sports yakoresheje ngo igere ku bakinnyi ba Bugesera FC: Umutoza Banamwana Camarade yaciye amarenga
Next Article Karongi: Umukobwa yishwe abanje gusambanywa
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Bishop Gafaranga akurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina, dosiye ye yamaze kugera mu rukiko
May 20, 2025
Louise Mushikiwabo yavuze ko ibihugu bya Afurika bigomba kumenya kwihitiramo abafatanyabikorwa babibereye
May 20, 2025
Perezida wa Sena ya RDC, Michel Sama Lukonde yasabye Kabila uri mu buhungiro kwitaba
May 20, 2025
Byinshi wamenya ku ndirimbo ‘Pom Pom’ ya Bruce Melodie na Diamond igiye kujya hanze vuba
May 20, 2025
Trump yongeye kugaragaza ko kuganira na Zelensky ku kibazo cy’intambara igihugu cye gihanganyemo n’u Burusiya bigoye
May 20, 2025

You Might Also Like

AMAKURU

Rulindo: Abantu 25 bafashwe bakora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe

Ni abagizwe n’abantu 21 bafashwe bacukura amabuye y'agaciro mu buryo butemewe, Polisi na yo ifata abandi bane baguraga amabuye ayo…

1 Min Read
AMAKURU

Massad Boulos yavuze ko Amerika yarangije gutegura umushinga w’amasezerano y’amahoro hagati ya RDC n’u Rwanda

Umujyanama Mukuru wa Perezida Donald Trump ku bibazo bya Afurika, Massad Boulos, yatangaje ko yavuganye na Perezida Kagame na Tshisekedi…

3 Min Read
AMAKURU

Kigali: Umugore akurikiranyweho gutwika umugabo we amumennyeho isombe ishyushye

Mu murenge wa Kimisagara, mu karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, haravugwa inkuru ibabaje aho umugore w’imyaka 38 akurikiranywe…

2 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

U Bushinwa: abakerarugendo 10 baguye mu mpanuka y’ubwato yatewe n’umuhengeri

Ni umuhengeri wibasiye umugezi witwa Wu, wahitanye abantu 10 abandi 70 barakomereka hafi y’Umujyi wa Qianxi mu Majyepfo y’u Burengerazuba…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?