igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Abakobwa biga imyuga barimo kwakwa ruswa y’igitsina
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Abakobwa biga imyuga barimo kwakwa ruswa y’igitsina
AMAKURU

Abakobwa biga imyuga barimo kwakwa ruswa y’igitsina

Fisto HAKIZIMANA
Last updated: May 15, 2025 10:02 am
Fisto HAKIZIMANA
Share
SHARE

Bamwe mu bakobwa biga mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro (TSS) mu Rwanda batangaza ko bahura n’imbogamizi zikomeye zishingiye kuri ruswa y’igitsina, cyane cyane iyo bageze mu gihe cyo gushaka aho bakorera imenyerezamwuga (stage)

Abo banyeshuri bavuga ko bamwe mu bakoresha n’abakozi bo mu bigo byakira abanyeshuri babasaba ruswa y’igitsina cyangwa amafaranga kugira ngo babemerere gukorera sitaje, bikabaviramo kutabona amahirwe angana n’ay’abahungu.

Nyirarukundo Aurore, wize iby’ubwubatsi, yavuze ko mugenzi we yigeze kwangirwa sitaje nyuma yo kwanga gutanga ruswa y’igitsina yasabwe n’umukoresha. Avuga ko iyo myitwarire ituma bamwe mu bakobwa batakaza icyizere ku myuga bize, ndetse bagatekereza ko itazabafasha mu buzima.

Yagize ati: “Inshuti yanjye yigeze kubuzwa amahirwe yo gukora stage nyuma yo kwanga gutanga ruswa y’igitsina yasabwe. Ibyo biduca intege kandi bituma tutabona akamaro k’imyuga twize.”

Abatoni Belyse, wiga iby’amazi ku ishuri rya Don Bosco TSS Gatenga, yemeza ko nabo babwirwa n’abababanjirije ko kubona sitaje bigoye cyane ku bakobwa batemeye gutanga ruswa, yaba iy’igitsina cyangwa amafaranga.

Yagize ati: “Abagiye mu kazi mbere yacu batubwiye ko bahuye n’ibibazo byo gusabwa ruswa igitsina. N’ababona stage bakorerwaho ihohotera, barakubitwa ku mabuno cyangwa bagasuzugurwa.”

Yongeraho ko bamwe bafatwa nk’ibikoresho mu kazi, cyane ko akenshi baba ari bake muri ibyo bigo .

Uzamurera Clemantine, ushinzwe uburinganire n’ubwuzuzanye ku kigo cya Don Bosco Gatenga TSS, avuga ko ibyo bibazo bikigaragara cyane. Yemeza ko hari abakobwa batabona stage kubera ruswa y’igitsina, ndetse n’abayibonye bagakandamizwa.

Yagize ati: “Haracyari abakozi bafata abakobwa nk’ibikoresho. Hari n’abo tubona bagaruka bavuga ko bahuye n’ihohoterwa.”

Padiri Calixte Ukwitegetse, ushinzwe kugenzura ibikorwa by’amashuri y’imyuga y’Abaseleziyani ba Don Bosco mu karere k’Ibiyaga Bigari, avuga ko inganda nyinshi zikigorana kwakira abakobwa. Asaba ko hahindura imyumvire ku bagore n’abakobwa mu myuga.

Yagize ati: “Umukobwa ni nk’umuhungu. Icyo dukeneye ni uko abatanga stage babafata nk’abakozi b’ejo hazaza aho kubabona nk’abantu baza kubabangamira.”

Ubushakashatsi bwa Transparency International Rwanda bwakozwe mu 2022 bwagaragaje ko 75% by’abagore bahura na ruswa ishingiye ku gitsina mu kazi.

Ibyo bipfukiranwa n’uko benshi batinya gutanga ibirego cyangwa se ntibamenye aho babivugira, bigatuma ruswa y’igitsina ikomeza gukwira.

Imibare ya 2025 y’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Guteza Imbere Tekinike, Imyuga n’Ubumenyingiro (RTB) igaragaza ko amashuri ya Leta yigisha imyuga mu Rwanda ari 496. Intego yo kugira ishuri rya TSS muri buri murenge yagezweho, ariko gahunda irambye ya Guverinoma irateganya ko buri kagari kazagira ishuri ry’imyuga.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article U Bufaransa bwahagaritse guha intwaro Ukraine
Next Article Dore ibyiza byo kurara wambaye amasogisi: Ubushakashatsi
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

FERWAFA yagize icyo ivuga ku mvururu zabere kuri stade ya Bugesera, ku mukino wari wahuje Rayon Sport na Bugesera FC
May 18, 2025
Ubushakashatsi bushya bwerekanye ko gusinzira amasaha menshi bigira ingaruka mbi ku mikorere y’ubwonko
May 18, 2025
HoodyBaby asanze Chris Brown mu buroko dore ko bari mu kirego kimwe
May 18, 2025
Accountant at supreme court (SC) :Deadline: May 23, 2025
May 17, 2025
Abantu 23 biciwe mu gitero k’iterabwoba muri Nigeria
May 17, 2025

You Might Also Like

AMAKURU

Umugabo wo mu Karere ka Nyanza akurikiranyweho kwica umwana we w’imyaka 11

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yafashe umugabo w’imyaka 32 ukekwaho icyaha gikomeye cyo kwica umwana we w’umuhungu w’imyaka…

1 Min Read
AMAKURU

Eddie Mutwe ukuriye abacungira umutekano Bobi Wine utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda yarezwe ibyaha bitandatu bikomeye

Eddie Mutwe ukuriye abacungira umutekano umunyapolitiki Bobi Wine utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, yarezwe ibyaha bitandatu birimo ubujura bukomeye no…

2 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

Nonaha ihuriro ry’ingabo za Leta ya Congo rigabye igitero gikomeye kuri M23 i Nyangenzi

Amakuru aturuka mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) aravuga ko ingabo za Leta zifatanyije n’ihuriro ryazo zimaze…

2 Min Read
AMAKURU

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Amb. Olivier Nduhungirehe mu ruzinduko rw’akazi i Hongiriya

Kuwa Mbere tariki ya 12 Gicurasi 2025, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri…

2 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?