igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Abanyarwandakazi bane bafungiye mu Burundi bashinjwa kuba intasi
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Abanyarwandakazi bane bafungiye mu Burundi bashinjwa kuba intasi
AMAKURUPOLITIKE

Abanyarwandakazi bane bafungiye mu Burundi bashinjwa kuba intasi

TWIZEYIMANA DAVID
Last updated: March 31, 2025 1:55 pm
TWIZEYIMANA DAVID
Share
SHARE

Abagore bane b’Abanyarwanda bamaze amezi abiri bafungiye i Gitega, mu Burundi, nyuma yo gufatwa bashinjwa kuba intasi. Aba bagore bavuga ko binjiye muri iki gihugu bemerewe n’inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka, ariko baza gutabwa muri yombi nyuma y’igihe gito bagezemo.

Nyirahabineza Chantal, umwe mu bafunzwe, yavuze ko bari bagiye mu Burundi mu bukwe. Yavuze ko bagiye banyuze ku mupaka mu buryo bwemewe, bagahabwa uburenganzira bwo kumara iminsi itatu muri icyo gihugu.

Ati: “Twagaragaje ibyangombwa byacu, barabitera kashe (cashet) baduha uburenganzira bwo kwinjira. Ntitwigeze dukekwaho ikintu icyo ari cyo cyose.”

Nyuma yo kuva ku mupaka bakagera i Gitega, inzego z’umutekano zarabafashe, zibaka ibyangombwa byabo maze zibashinja kuba ba maneko.

Nyirahabineza avuga ko we na bagenzi be babayeho nabi muri gereza, ndetse ko basabwe gutanga ruswa kugira ngo barekurwe. Yemeza ko bari basabwe kwishyura arenga miliyoni 10 z’amafaranga akoreshwa mu Burundi, ariko nubwo bagize icyo bishyura, ikibazo cyabo nticyakemutse.

Ati: “Ese niba u Burundi bufite ubuyobozi bwiza, wafunga umuntu umwita maneko nta bimenyetso? Tubayeho nabi, ubuzima burakomeye.”

Uyu mubyeyi asize mu Rwanda abana babiri n’umukozi mu nzu akodesha, aho afite impungenge z’uko bashobora gusohorwa muri iyo nzu kubera ko atagishoboye kwishyura.

Me Michella, wunganira aba bagore mu mategeko, yavuze ko baregwa ubutasi, ariko akemeza ko icyo kirego nta shingiro gifite.

Ati: “Baburanye ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo, ariko urukiko rutegeka ko baburana bafunzwe. Nizera ko Imana izabakiza kuko ni abere. Ni ikibazo cya diplomatie hagati y’u Rwanda n’u Burundi cyatumye bibagiraho ingaruka.”

Kugeza ubu, Guverinoma y’u Rwanda ntacyo iratangaza ku ifungwa ry’aba baturage bayo, ariko Nyirahabineza yavuze ko hari umwe mu bakozi ba Ambasade y’u Rwanda mu Burundi wari umaze kumenya ikibazo cyabo.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Umwuka mubi hagati ya Gen. Muhoozi na Jenerali ba FARDC ukomeje kuba agatereranzamba
Next Article Marine Le Pen yakatiwe igihano cy’imyaka 4 bityo ntiyemerewe kwiyamamariza kuyobora ubufaransa mu 2027
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Nigeria: Abahinzi n’abarobyi 23 bapfuye abandi bashimutwa mu gitero cyagabwe n’umutwe w’iterabwoba
May 18, 2025
Abafana ba Rayon Sports biyambaje Umukuru w’Igihugu nyuma y’imvururu zabaye
May 18, 2025
”Ntacyo umusifuzi yakoze kitari cyo” – Perezida wa Bugesera FC
May 18, 2025
Trump agiye kugirana ikiganiro na Putin kuri telefone
May 18, 2025
Ubwato bw’igisirikare cya Mexique bwagonze ikiraro i New York hapfa abantu babiri
May 18, 2025

You Might Also Like

AMAKURU

Nyamasheke: Umugabo yatewe icyuma ahita ahasiga ubuzima

Umugabo wari utuye mu karere ka Nyamasheke yatewe icyuma ahita ahasiga ubuzima bigakekwa ko uwagerageje kumwica ariwe wagarutse akamwambura ubuzima…

2 Min Read
AMAKURU

Perezida w’Afurika y’Epfo agiye kuganira na Trump wa Leta zunze Ubumwe z’Amerika

Perezida Ramaphosa agiye kugirana ibiganiro na Perezida Trump hagamijwe gusubiza ku murongo umubano w’ibihugu byombi bimaze iminsi birebana ay'ingwe Minisitiri…

2 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

Mu muhango wo gutora Papa ku munsi wa kabiri: Abakaridinari bananiwe kumvikana uba Papa

Uwo mwotsi wongeye kugaragara nyuma y’uko amatora y’Abakaridinali bose bari muri uwo muhango ibisubizo byabo bigaragaje ko Papa ataraboneka. Umwotsi…

1 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

M23 Yashinjije Ingabo za SADC kugira uruhare mu bitero byagabwe i Goma, ihita isesa amasezerano bari bafitanye yo kuzifasha gutaha

Umutwe wa M23 wasabye ingabo z’Umuryango w’Iterambere ry’Ibihugu byo mu Majyepfo y’Afurika (SADC), ziri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi…

2 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?