igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Aho ibiganiro hagati y’u Rwanda na RDC bigeze ubu, ntibikwiye gusenya uruhare rwa Angola
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Aho ibiganiro hagati y’u Rwanda na RDC bigeze ubu, ntibikwiye gusenya uruhare rwa Angola
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Aho ibiganiro hagati y’u Rwanda na RDC bigeze ubu, ntibikwiye gusenya uruhare rwa Angola

NSHUTIYIMANA Cyprien
Last updated: May 2, 2025 1:20 pm
NSHUTIYIMANA Cyprien
Share
SHARE

Ibiganiro bigamije guhuza u Rwanda na RDC biri kugirwamo uruhare na Qatar na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi watangaje ko ibishyigikiye, ariko wo usaba ko bitasenya ibyabanje byaei bihagarariwe na Perezida João Lourenço wa Angola.

Ibi byagarutsweho na Bigari, Johan Borgstam, Intumwa yihariye y’uyu muryango mu Karere k’Ibiyaga mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru i Kinshasa ku wa Kane tariki 1 Gicurasi 2025.

Yatangaje koU Umuryango w’ibihugu by’uburayi ushyigikiye  ibiganiro by’amahoro biri kuba hagati y’u Rwanda na RDC bigizwemo uruhare na Qatar na Amerika.

Yongeyeho ko uguhura kwa Perezida Paul Kagame na Félix Antoine Tshisekedi i Doha ari amahame agamije gushaka amahoro yashyizweho umukono ku wa 25 Mata i Washington bikaba ari inzira nziza yo kugarura amahoro.

Gusa we ahamya ko, ibi biganiro bidakwiriye gutesha agaciro ibyari byagezweho na Perezida João Lourenço wari umuhuza w’u Rwanda na RDC akaza kubyikuramo avuga ko afite izindi nshingano agomba kuzuza mu gihugu cye.

Yagize ati: “Ni ingenzi ko buri buryo bushya butangijwe, bwubakira ku byagezweho n’ibiganiro byo ku rwego rw’akarere biri kuba. Nk’uko mubizi, Perezida wa Angola, João Lourenço na Guverinoma ye bashyize ubushobozi n’imbaraga mu biganiro bya Luanda. Izi mbaraga zatinze umusaruro kandi tugomba kwirinda gutangira bundi bushya.”

Biteganyijwe ko muri Kamena 2025, u Rwanda na RDC bizasinya amasezerano y’amahoro azasinyirwa imbere ya Perezida Donald Trump wa Leta zunze ubumwe za amerika.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article U Rwanda na DRC bazasinyana amasezerano imbere ya Trump nk’umuhuza
Next Article Bamwe mu basirikare ba FARDC batangiye guhabwa igihano cy’urupfu
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

FERWAFA yagize icyo ivuga ku mvururu zabere kuri stade ya Bugesera, ku mukino wari wahuje Rayon Sport na Bugesera FC
May 18, 2025
Ubushakashatsi bushya bwerekanye ko gusinzira amasaha menshi bigira ingaruka mbi ku mikorere y’ubwonko
May 18, 2025
HoodyBaby asanze Chris Brown mu buroko dore ko bari mu kirego kimwe
May 18, 2025
Accountant at supreme court (SC) :Deadline: May 23, 2025
May 17, 2025
Abantu 23 biciwe mu gitero k’iterabwoba muri Nigeria
May 17, 2025

You Might Also Like

MONUSCO iravugwa mu mugambi wo kwambura M23 Umujyi wa Goma
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

MONUSCO mu mugambi wo gutera no kwambura umutwe wa AFC/M23 Umujyi wa Goma

Ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO), ziravugwa mu mugambi wo kwambura ihuriro…

2 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

Icyiciro cya mbere cy’abazungu bivugwa ko bahohoterwa muri Afrika y’Epfo cyatwawe muri Amerika

Kuri uyu wa 11 Gicurasi 2025 ni bwo Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangiye gutwara icyiciro cya mbere cy’abazungu zivuga…

2 Min Read
AMAKURU

Rutsiro: Umurambo w’umugabo w’imyaka 30 wasanzwe iruhande rw’akabari

Umurambo w’umugabo witwa Tuyisenge Elize wari ufite imyaka 30, wasanzwe iruhande rw’akabari mu Murenge wa Mukura, Akagari ka Mwendo ho…

1 Min Read
AMAKURU

Nyamasheke: Umwana w’imyaka 16 yapfuye yiyahuriye kwa Pasiteri wamureraga nk’umwana we

Tuyizere Amos w’imyaka 16 yasanzwe yimanitse mu cyumba yararagamo mu rugo rwa Pasiteri Ntaganira Fabien mu Mudugudu wa Cyijima, Akagari…

4 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?