igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Amasasu yavuzaga ubuhuha mu basirikare ba FARDC bari bagiye kwiba
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Amasasu yavuzaga ubuhuha mu basirikare ba FARDC bari bagiye kwiba
AMAKURU

Amasasu yavuzaga ubuhuha mu basirikare ba FARDC bari bagiye kwiba

IYAKAREMYE FERDINAND
Last updated: May 9, 2025 11:06 am
IYAKAREMYE FERDINAND
Share
SHARE

Urusaku rw’imbunda rwinshi rwaraye rwumvikanye mu bice by’umujyi wa Uvira uherereye mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, nyuma y’aho Ingabo za Congo zarashwe ubwo zari zigiye kwiba mu gace kamwe ko muri uriya mujyi.

Byabaye saa yine zishyira saa tanu z’ijoro ryakeye kuri uyu wa Kane tariki ya 08/05/2025. Amakuru avuga ko abasirikare ba FARDC bari bagiye kwiba i Kavimvira mu gace ko mu Rugenge.

Umwe mu baturage batuye muri ako gace yagize ati: “Ni abasirikare ba FARDC bari baje kwiba ku rugo rumwe ruri ku muhanda wo Mu Rugenge mu gace ka Kavimvira, maze insoresore zo muri ako gace zibamishamo urufaya rw’amasasu bataragira icyo biba.”

Abo basirikare bagiye kwiba, nyuma yo kuraswa n’izi nsoresore zo muri Kavimvira bahise bayabangira ingata bahunga berekeza mu tundi duce two muri Uvira tutarimo urusaku rw’imbunda.

Kugeza ubu nta byangiritse biratangazwa, usibye ko ruriya rusaku rw’imbunda rwakanze abaturage ubundi kandi bamwe muri bo bagahunga.

Uvira umutekano wayo watangiye guhungabana ku rwego ruri hejuru cyane ubwo yahungiragamo Wazalendo, ingabo z’u Burundi n’iza FARDC nyinshi, nyuma y’uko M23 ibirukanye mu mujyi wa Bukavu ikahafata.

Ni kenshi impande zose zarwanaga ku ruhande rwa leta ya Congo zahungiye muri Uvira zagiye zishinjanya  kubererekera umutwe wa M23 ugafata umujyi wa Bukavu, ibyatumye haba kugenda basubiranamo bakarasana cyane cyane ku ruhande rwa Wazalendo na FARDC.

Ikindi cyakuruye umwuka mubi hagati ya Wazalendo na FARDC ni uko Kinshasa yagiye ihemba abasirikari ba FARDC amafaranga yabo y’ukwezi, mu gihe Wazalendo bo barimo bicira isazi mu jisho.

Mu byumweru bibiri bishize na bwo impande zombi zararasanye karahava, ubwo buri ruhande rwashinjaga urundi kuba ari rwo nyirabayazana w’umutekano muke muri Uvira.

Ibi byatumye ingabo za FARDC zisaba bariya barwanyi kuwuvamo bakajya gushinga ibirindiro mu misozi iri hejuru yawo.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Huye: Umugore akurikiranyweho kwica umugabo we amuziza kumena ifu
Next Article Perezida wa Tanzania Samia Suluhu Hassan yahaye ikipe ya Simba SC indege yihariye izayifasha kujya muri Maroc
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

FERWAFA yagize icyo ivuga ku mvururu zabere kuri stade ya Bugesera, ku mukino wari wahuje Rayon Sport na Bugesera FC
May 18, 2025
Ubushakashatsi bushya bwerekanye ko gusinzira amasaha menshi bigira ingaruka mbi ku mikorere y’ubwonko
May 18, 2025
HoodyBaby asanze Chris Brown mu buroko dore ko bari mu kirego kimwe
May 18, 2025
Accountant at supreme court (SC) :Deadline: May 23, 2025
May 17, 2025
Abantu 23 biciwe mu gitero k’iterabwoba muri Nigeria
May 17, 2025

You Might Also Like

AMAKURUPOLITIKE

Perezida Ndayishimiye Ari Guhonyora Amasezerano yo Kutazatera u Rwanda – Dr. Frank Habineza

Dr. Frank Habineza, umuyobozi w’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (DGPR), yanenze imvugo ya Perezida Evariste Ndayishimiye yise…

3 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

Burundi: Intambara ikomeye hagati y’imbonerakure na polise ishaka gufata ushinjwa guhohotera utavuga rumwe n’ubutegetsi

Kugerageza guta muri yombi ukekwaho kuba ari we wagize uruhare mu gitero cyagabwe ku murwanashyaka utavuga rumwe n’ubutegetsi byahindutse imirwano…

2 Min Read
AMAKURU

Musanze: Abagabo babiri bakurikiranyweho kwica umukecuru bamutemesheje umuhoro

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Musanze burimo gukurikirana abagabo babiri bakekwaho icyaha gikomeye cyo kwica umukecuru w’imyaka 55, bamutemesheje umuhoro…

2 Min Read
MONUSCO iravugwa mu mugambi wo kwambura M23 Umujyi wa Goma
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

MONUSCO mu mugambi wo gutera no kwambura umutwe wa AFC/M23 Umujyi wa Goma

Ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO), ziravugwa mu mugambi wo kwambura ihuriro…

2 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?