igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Cardinal Robert Francis Prevost Yatorewe Kuba Papa Mushya, Afata Izina rya Leon XIV
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Cardinal Robert Francis Prevost Yatorewe Kuba Papa Mushya, Afata Izina rya Leon XIV
AMAKURU

Cardinal Robert Francis Prevost Yatorewe Kuba Papa Mushya, Afata Izina rya Leon XIV

Fisto HAKIZIMANA
Last updated: May 8, 2025 8:00 pm
Fisto HAKIZIMANA
Share
SHARE

Ku mugoroba wo ku wa 8 Gicurasi 2025, inteko y’Aba-Cardinal 133 bateraniye muri Chapelle ya Sistine i Vatican yatoye Cardinal Robert Francis Prevost wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ngo abe Umushumba mushya wa Kiliziya Gatolika. Uyu ni we watorewe gusimbura Papa ucyuye igihe, nyuma y’ibyiciro bitanu by’itora byatangiye tariki ya 7 Gicurasi

Itangazwa ry’itorwa rye ryamenyekanye ku mugaragaro ubwo umwotsi w’umweru wazamukaga mu kirere cya Vatican, ikimenyetso kigaragaza ko Papa mushya yamaze gutorwa. Kuri uyu mwanya, umukandida aba agomba kubona amajwi nibura 90 kuri 133 y’Abakardinali bitabiriye itora, bivuze ko Cardinal Prevost yahawe amajwi arenga 89.

Papa mushya yahisemo kwitwa Leon wa XIV (Leon XIV), izina rihabwa Umushumba mukuru wa Kiliziya mu rwego rw’icyubahiro cyihariye. Mbere yo kwiyereka imbaga y’abakirisitu bari bateraniye ku mbuga ya Bazilika ya Mutagatifu Petero, yabanje kwinjira mu cyumba cyihariye kizwi nka “Icyumba cy’Amarira” kiri hafi ya Chapelle ya Sistine.

Iki cyumba gifite igisobanuro cyihariye kuko ari ho Papa mushya ahabwa imyambaro ye mishya, akanahakura ubusobanuro bukomeye bw’inshingano zitoroshye ziri imbere ye. Ni ho yiyamburira ikanzu itukura y’Abakardinali, akambara iyera yihariye y’abapapa, hamwe n’inkweto zitukura, furari, n’ingofero – byose bifite ibisobanuro byihariye ku butumwa bwo guca bugufi, kugira ubutware, no gukomeza umuco w’ukwemera kwa Kiliziya Gatolika.

Imyambaro ibikwa muri iki cyumba iba iri mu bipimo bitandukanye (nito, isanzwe, nini), bitewe n’uko abadozi baba batazi neza umubyimba cyangwa igihagararo cy’uzatorwa.

Nyuma yo kuva muri icyo cyumba, Papa mushya yerekeje ku ibaraza rinini rya Bazilika ya Mutagatifu Petero. Mu gihe gito cyakurikiyeho, hatangajwe amagambo y’Ikilatini “Habemus Papam”, bisobanuye ngo “Dufite Papa”. Iri jambo ryakiriwe n’ibyishimo bikomeye mu bakirisitu bari bateraniye ku mbuga, bishimira kubona Umushumba mushya wa Kiliziya.

Wari umunsi w’amateka, kuko Cardinal Robert Francis Prevost abaye Umunyamerika wa kabiri mu mateka ugizwe Papa, ibintu byishimiwe cyane n’abakirisitu ku isi hose.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Cardinal Robert Francis Prevost wo muri Amerika ni we watorewe kuba Papa mushya afata izina ry’ubutungane rya Leon XIV
Next Article Rutsiro: Umurambo w’umugabo w’imyaka 30 wasanzwe iruhande rw’akabari
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

FERWAFA yagize icyo ivuga ku mvururu zabere kuri stade ya Bugesera, ku mukino wari wahuje Rayon Sport na Bugesera FC
May 18, 2025
Ubushakashatsi bushya bwerekanye ko gusinzira amasaha menshi bigira ingaruka mbi ku mikorere y’ubwonko
May 18, 2025
HoodyBaby asanze Chris Brown mu buroko dore ko bari mu kirego kimwe
May 18, 2025
Accountant at supreme court (SC) :Deadline: May 23, 2025
May 17, 2025
Abantu 23 biciwe mu gitero k’iterabwoba muri Nigeria
May 17, 2025

You Might Also Like

AMAKURU

Yahise afungwa nyuma yo kubwira Yesu ko yiyogoshesha.

Muri Indonesia umuntu ukoresha urubuga rwa Tiktok ruri muzikunzwe cyane muri iyi minsi yatawe muri yombi nyuma yo gushira amashusho…

1 Min Read
AMAKURU

M23 yikomye bikomeye igisirikare cya Leta kubera ibitero babagabyeho

Ihururo AFC/M23 ryashinje Leta kugaba ibitero kubasivile no kurenga kumategeko y'agahenge bakagaba ibitero ku birindiro. Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence…

2 Min Read
Riek Machar wa Sudan y'Epfo yatawe muri yombi.
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Riek Machar yatawe muri yombi

Visi-Perezida wa Sudan y'Epfo Riek Machar yatawe muri yombi n'inzego z'umutekano z'iki gihugu. Itabwa muri yombi ry’uyu mugabo ryemejwe na…

2 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

Ingabo z’u Burundi zoherejwe muri Kivu y’Amajyepfo ziri guhura n’uruva gusenya

Mu rwego rwo gushyira mu bikorwa amasezerano y’ubufatanye mu by’umutekano hagati ya Repubulika y’u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya…

2 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?