igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: CIA yahishuye byinshi ku rupfu rwa Hitler Adolf rwari rwarabaye amayobera
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > MU MAHANGA > CIA yahishuye byinshi ku rupfu rwa Hitler Adolf rwari rwarabaye amayobera
MU MAHANGA

CIA yahishuye byinshi ku rupfu rwa Hitler Adolf rwari rwarabaye amayobera

Fisto HAKIZIMANA
Last updated: April 14, 2025 7:29 pm
Fisto HAKIZIMANA
Share
SHARE

Adolf Hitler benshi bamwize mu ishuri abandi babyumva ahantu hatandukanye ko uwari umuyobozi w’Ishyaka ry’aba-Nazi yapfuye yiyahuye aho bivugwa ko yanze kumanika amaboko ngo afatwe ahubwo agahitamo kwirasa umurambo we uhita ujugunywa muri aside n’abasirikare be.

Mu mwaka wa 1945, nyuma y’uko u Budage buhagamye intambara ya kabiri y’Isi, abasirikare b’u Burusiya (aba-Soviyete) binjiye i Berlin, benshi bemera ko Adolf Hitler yapfuye, umurambo we ukaza gushongeshwa muri aside. Nubwo bimeze bityo, Urwego rw’ubutasi rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (CIA) rwatangiye iperereza ry’ibanga ryamaze imyaka 10 (1945-1955), bashakisha ukuri ku bivugwa ko Hitler yaba yarahungiye muri Amerika y’Amajyepfo, aho kuba yarapfuye nk’uko byari byatangajwe.

Raporo y’urwego rw’ubutasi rw’u Bwongereza (MI5) yemezaga ko Adolf Hitler n’umugore we Eva Braun biyahuye ku itariki 30 Mata 1945 i Berlin, nyuma yo gutsindwa n’ingabo z’Abasoviyete. Ariko, bamwe mu bakozi ba Amerika bari mu ntambara batanze amakuru atandukanye avuga ko muri hoteli imwe iherereye i La Falda muri Argentine hari harateguwe nk’ahantu Hitler yashoboraga kwihisha. Ba nyiri iyo hoteli bari baraganirijwe kugira ngo bazamwakire aramutse atsinzwe intambara.

Mu yandi makuru yaje gutangwa, raporo yo mu kwezi kwa Ukwakira 1955 yagaragaje ifoto y’umugabo usa na Hitler yicaye hamwe n’inshuti ye muri Colombia. Uwo mugabo ngo yakoresheje izina rya Adolf Schrittelmayor. Bivugwa ko yavuye muri Colombia mu kwezi kwa Mutarama 1955 akajya muri Argentine. CIA yaje gutangira gukurikirana ayo makuru ajyanye na Schrittelmayor, ariko nyuma iza kubihagarika kuko byasabaga igihe kirekire, imbaraga nyinshi, kandi amahirwe yo kubona ibimenyetso bifatika yari make.

Ibi byose byongeye kuvugwa ubwo Argentine yatangazaga ko igiye gushyira ahagaragara inyandiko z’ibanga zerekeye abantu bahungiyeyo nyuma y’intambara ya kabiri y’Isi. Argentine isanzwe izwi nk’ahantu habaye indiri y’abayobozi b’Abanazi benshi bahungaga ubutabera, aho bivugwa ko abagera ku bihumbi 10 batorokeye muri Amerika y’Amajyepfo, igice kinini cyabo bakaba baragiye muri Argentine. Kenshi, icyo gihugu cyaranzwe no kwanga gutanga abo bantu ngo bagezwe imbere y’ubutabera.

Mu bantu bahungiye muri Argentine harimo Adolf Eichmann, umwe mu batekereje umugambi wa Holocaust, waje gufatwa mu 1960 akajyanwa kuburanishwa muri Israel. Undi ni muganga w’aba-Nazi witwa Joseph Mengele, watorotse ubutabera akagwa muri Brazil azize indwara y’umutima ubwo yari mu koga.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Menya Ibihugu bya Afrika bicumbikiye abakekwaho Gukora Jenoside mu 1994 benshi bakihishahisha
Next Article Michelle Obama yanyomoje amakuru avuga ko agiye gutandukana na Barack Obama
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Perezida Kagame yashimiye PSG yegukanye igikombe cya Champions League
June 1, 2025
Ingabo z’u Rwanda zashyikirije abaturage b’i Macomia isoko rishya mu rwego rwo gufasha kuzahura ubukungu
June 1, 2025
Inzaghi ashobora kuva muri Inter nyuma yo gutsindwa na PSG
June 1, 2025
“Urushyi rwa Brigitte Macron si urwacu, kandi umugore iyo abikoze aba afite impamvu” Amagambo y’umuvugizi wa leta y’Uburusiya
June 1, 2025
PSG ikoze amateka kuri Allianz Arena itsinda Inter Milan ibitego 5-0, yegukana Champions League bwa mbere
May 31, 2025

You Might Also Like

AMAKURUMU MAHANGA

M23 yakoze amateka ifata uduce turindwi icyarimwe idahanganye

Umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wakoze amateka adasanzwe, ufata uduce…

2 Min Read
AMAKURUIMIKINOMU MAHANGA

Umuvumo uvuyeho Harry Kane ateruye igikombe cya mbere mu mateka

Umwongereza w'imyaka 31 y'amavuko yabashije guterura igikombe cya mbere mu mateka ye nk'umukinnyi wabigize umwuga ku mugabane w'uburayi hamwe n'ikipe…

3 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

Joseph Kabila yiyemeje kugira uruhare mu gusubiza Igihugu ku murongo

Joseph Kabila wahoze ayobora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yongeye kugaragara ku mugaragaro mu bikorwa bya politiki mu gihugu cye,…

1 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

DRC: Umusirikare wa Leta yahitanye abantu Batatu abarasiye mu rusengero

Abaturage batatu barashwe n'umusirikare wo mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zirwanira mu mazi ziba mu kigo cya…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?