igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Hari habaye iki ngo Lionel Messi yuhagire Lamine Yamal wari umwana w’amezi atandatu
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Hari habaye iki ngo Lionel Messi yuhagire Lamine Yamal wari umwana w’amezi atandatu
AMAKURUIMIKINOMU MAHANGAUTUNTU N' UTUNDI

Hari habaye iki ngo Lionel Messi yuhagire Lamine Yamal wari umwana w’amezi atandatu

TWIZEYIMANA DAVID
Last updated: May 23, 2025 10:57 am
TWIZEYIMANA DAVID
Share
SHARE

Aya ni amafoto azwi cyane ku mbuga nkoranyambaga ariko byumwihariko akaba yaramamaye cyane mu mwaka w’i 2024 ubwo Papa wa Lamine Yamal ari we Mounir Nasraoui yayasangizaga abamukurikirana ku rukuta rwe rwa Instagram maze akayaherekesha amagambo agira ati “ Itangiriro ry’abanyabigwi babiri “

Ariko se mu byukuri hari habayiki ? ni iki cyari cyabaye ku buryo Lionel Messi ajya kuhagira umwana w’amezi atandatu. Mu busanzwe aya mafoto yafotowe na gafotozi wigenga witwa Joan Monfort wakoranaga n’ikinyamakuru Associated Press icyo gihe.

Aya mafoto yafotowe mu kwezi ku kuboza mu mwaka w’i 2007 icyo gihe Lionel Messi yari afite imyaka 20 y’amavuko ndetse amaze imyaka igera kuri ine atangiye gukina umupira ku rwego rwo hejuru, ku rundi ruhande Lamine Yamal we yari umwana w’amezi atandatu kuko yabonye izuba mu kwezi kwa Nyakanga mu 2007.

Asobanura uburyo yabashije gufotora aya mafoto uyu gafotozi Joan yavuze ko bitari ikintu cyoroshye ndetse ko byamusabye kubira ibyuya yagize ati “ Messi wicyo gihe yagiraga amasoni menshi cyane, noneho kwibona agiye kuhagira umwana maze tukamufotora byamuteye isoni kurushaho gusa Mama wa Lamine Yamal ari we Sheila Ebana yabashije gufasha Lionel Messi kuhagira iki kibondo cyari gifite amezi atandatu icyo gihe, maze dufata amafoto y’amateka”

Uyu gafotozi akomeza avuga ko kugira ngo bibashe kuba byagirwagamo uruhare na UNICEF ngo yakoreshaga tombora abaturage bari batuye mu rusisiro rwa Roca Fonda mu mujyi wa Mataró aho kakaba ariko gace ababyeyi ba Lamine bari batuyemo maze aba babyeyi baza gutsinda iyi tombora aho bemerewe kuza kuri stade ya FC BARCELONA Camp Nou maze bakifotoranya n’umukinnyi wa BARCELONA.

Kuhagira Lamine Yamal byabereye mu rwambariro rwa Stade ya FC BARCELONA ariyo Camp Nou, Lamine wari umwana muto cyane icyo gihe yazanywe na nyina Sheila Ebana. ubwo Messi yazaga kumwuhagira byabanje kumucanga kuko Atari azi uko yabikora maze nyina wa Lamine Yamal aza kumufasha.

Mu 2008 aya mafoto ya Lamine Yamal na Lionel Messi yaje gukoreshwa mu ndangaminsi (Calendar) yo gufasha aho wari umushinga wa fondasiyo ya FC BARCELONA ifatanyije n’ikinyamakuru Diario Sport, ndetse n’indi mishinga ifasha ababaye irimo UNICEF ndetse n’indi miryango itegamiye kuri Leta yo mu mujyi wa Catalonya iyo calendar ikaba yarimo amafoto y’abakinnyi 12 ba FC BARCELONA barikumwe n’abana nk’uko amezi y’umwaka wose uko ari 12 aba ameze mu ndangaminsi isanzwe.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article RwandAir Iteganya Gutangiza Ingendo Muri Antigua na Barbuda Muri Gahunda yo Guhuza Afurika n’Ibirwa bya Caraïbes
Next Article FIFA yashyizeho igihe gikomeye cyo kwandikisha abakinnyi mbere y’Igikombe cy’Isi cy’Amakipe
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Hagiye gukorwa iperereza ku mpamvu uburwayi bwa Biden bwagizwe ibanga
May 23, 2025
No mu Rwanda irahari; Imirimo 20 ihemba akayabo wakora bidasabye kuba warize Kaminuza
May 23, 2025
Jose Chameleone yageze i Kigali akora ikidasazwe
May 23, 2025
TMC agiye gukorera igitaramo gikomeye mu mujyi wa Dallas
May 23, 2025
Trump yategetse ko Kaminuza ya Harvard itazongera kwakira abanyamahanga
May 23, 2025

You Might Also Like

AMAKURU

Ingabo z’u Buhinde zakajije umutekano mu bice byo ku mupaka nyuma yo kurasa muri Pakistan na Kashmir

Umwuka mubi ukomeje gututumba hagati y’u Buhinde na Pakistan biturutse ku bitero impande zombi zishinjanya kugabanaho. U Buhinde bwatangaje ko…

2 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

Abasirikare bane ba Afurika y’Epfo baracyitabwaho nyuma yo gukomerekera mu mirwano na M23 muri RDC

Abasirikare bane bakomerekeye mu mirwano hagati y’ingabo za Afurika y’Epfo n’umutwe wa M23 mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya…

2 Min Read
AMAKURU

Abasore babiri bafungiwe kwiba ibikoresho by’ikoranabuhanga

Polisi y’u Rwanda, ifatanyije n’inzego z’ibanze hamwe n’abaturage, yafashe abasore babiri bakekwaho ubujura buciye icyuho bwabereye mu Mudugudu wa Nkomagurwa,…

2 Min Read
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

M23 iri kugabwaho ibitero simusiga n’ibihugu bitatu birimo n’Ububiligi

Nyuma y’ifatwa ry’Umujyi wa Goma, umujyi munini mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku itariki ya 27 Mutarama,…

8 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?