igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Ibihugu 10 byambere ku isi bifite abaturage bagwa neza kandi bakagira impuhwe
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > UTUNTU N' UTUNDI > Ibihugu 10 byambere ku isi bifite abaturage bagwa neza kandi bakagira impuhwe
UTUNTU N' UTUNDI

Ibihugu 10 byambere ku isi bifite abaturage bagwa neza kandi bakagira impuhwe

TWIZEYIMANA DAVID
Last updated: May 14, 2025 6:50 pm
TWIZEYIMANA DAVID
Share
SHARE

Mu bipimo mpuzamahanga by’umuryango Charities Aid Foundation, bwerekana ubushishozi n’ubwitange bw’abantu ku isi, igihugu cya Indonesia cyongeye kuza ku mwanya wa mbere mu bikorwa by’ubugiraneza, ku nshuro ya karindwi yikurikiranya kuva mu mwaka wa 2017 ubwo cyaherukaga gusimbura Myanmar ku isonga.

Nk’uko bigaragara mu World Giving Index ya 2024, ubushakashatsi bwasohowe n’uyu muryango bugamije gupima urwego rwo gutanga inkunga ku bantu batishoboye n’abandi bakeneye ubufasha. Ubu bushakashatsi bwita ku bikorwa bitatu by’ingenzi: gutanga inkunga y’amafaranga ku miryango itegamiye kuri Leta, gufasha umuntu utazi (umunyamahanga), no gutanga umwanya wawe mu bikorwa by’ubwitange (volunteering).

Igihugu cya Indonesia cyagize amanota 74/100, kiza ku mwanya wa mbere. Abaturage bacyo bagaragaje umutima wo gutanga no gufasha bidasanzwe, aho batanga igihe cyabo, ubushobozi bwabo, ndetse banita ku bantu batabazi – ibyo byose bikanagaragaza imyumvire ishingiye ku ndangagaciro z’ubufatanye n’umuco w’ubupfura.

Kenya niyo iza ku mwanya wa kabiri ku isi, ifite amanota 63, ikaba yegereye Indonesia cyane. Ibi ni igihamya cy’uko abaturage ba Kenya bagira umutima wo kwitanga, gufasha abandi no kwitabira ibikorwa by’iterambere ry’umuryango. Abaturage bayo bagaragaje ko bakunda gufasha abandi, nko mu gihe cy’ibiza, indwara cyangwa ibindi bibazo bibangamira imibereho myiza.

Singapour na Gambia basangiye umwanya wa gatatu, buri kimwe gifite amanota 61/100. Ibi bihugu byombi byagaragaje ubushake bwo gufasha abandi mu buryo bwagutse. Nigeria nayo ntiyasigaye inyuma kuko yaje ku mwanya wa gatanu n’amanota 60/100.

Mu bindi bihugu 5 bisigaye bigize top 10 harimo:

  • Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA)
  • Ukraine
  • Australie
  • Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE)
  • Malta

Ibi byose bagaragaje ibikorwa by’indashyikirwa byo gufasha abatishoboye, gukorera abandi ku bushake no gutanga inkunga.

Iri piganwa ryerekana ko ubugiraneza ari indangagaciro ihuriweho n’ibihugu bitandukanye, hatitawe ku bukire cyangwa iterambere ry’igihugu. Riranashishikariza buri wese kwitabira ibikorwa by’ubwitange no gufasha bagenzi be, kuko bifasha kubaka isi irimo urukundo n’amahoro.

Raporo ya World Giving Index 2024 yatanze isura nshya ku buryo amahanga ari kwitwara mu gutanga no kugira impuhwe, igaragaza ko mu gihe isi ihanganye n’ibibazo byinshi – harimo intambara, ibiza, n’ubukene – hakiri abaturage bafite umutima wo gufasha no kugira impuhwe.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Itangazo ry’Akazi mu Karere ka Gisagara ku bantu basoje amashuri y’isumbuye (A2) | Itariki ntarengwa 22/05/2025
Next Article Muhanga: Moto 6 nizo zagarujwe mu zari zibwe n’abajura
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

FERWAFA yagize icyo ivuga ku mvururu zabere kuri stade ya Bugesera, ku mukino wari wahuje Rayon Sport na Bugesera FC
May 18, 2025
Ubushakashatsi bushya bwerekanye ko gusinzira amasaha menshi bigira ingaruka mbi ku mikorere y’ubwonko
May 18, 2025
HoodyBaby asanze Chris Brown mu buroko dore ko bari mu kirego kimwe
May 18, 2025
Accountant at supreme court (SC) :Deadline: May 23, 2025
May 17, 2025
Abantu 23 biciwe mu gitero k’iterabwoba muri Nigeria
May 17, 2025

You Might Also Like

UTUNTU N' UTUNDI

Dore ba Papa 5 bayoboye igihe kinini mu mateka ya Kiliziya Gaturika

Mu gihe I Vatican haberaga umwiherero utorerwamo Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi uzwi nka ‘Conclave’, Ugasiga Habonetse Papa Leo…

2 Min Read
UTUNTU N' UTUNDI

Dore amazina akunzwe mu Rwanda mu myaka itanu ishize (2020-2024)

Mu muco nyarwanda, gutanga izina ku mwana si igikorwa gisanzwe, ni umuhango wuzuyemo gusenga, gushimira Imana ku bw'umugisha w'umwana, no…

3 Min Read
AMAKURUPOLITIKEUTUNTU N' UTUNDI

Dore Abaperezida 5 batsinzwe amatora bashaka kwiyongeza indi manda

Ibihugu bitandukanye ku isi bigira igihe manda y’umukuru w’igihugu Imara ayoboye, yarangira hakaba andi matora y’umukuru w’igihugu hakaba ubwo uwariho…

1 Min Read
AMAKURUMU MAHANGAUTUNTU N' UTUNDI

Nyuma yo kwibaruka yabwiwe ko uwo abyaye ari uw’uwundi mugore

Mu Gihugu cya Australie hari umubyeyi w’ibarutse umwana, maze bamubwira ko mu isuzuma abaganga bakoze byagaragaye ko umwana atari uwe…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?