igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Iby’ingenzi wamenya kuri Papa mushya (Leo XIV)
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Iby’ingenzi wamenya kuri Papa mushya (Leo XIV)
AMAKURUMU MAHANGA

Iby’ingenzi wamenya kuri Papa mushya (Leo XIV)

NSHUTIYIMANA Cyprien
Last updated: May 9, 2025 12:06 am
NSHUTIYIMANA Cyprien
Share
SHARE

Karidinali Robert Francis Prevost wo muri Amerika yatorewe kuba papa wa 267 Nyuma y’amatora y’abakaridinali yabaye inshuro 3 zose asise Kiliziya gaturkika ku isi ifite Papa leo XIV.

Karidinali Prevost, afite imyaka 69, kuko yavutse 14 nzeri 1955 akaba akomoka mugi wa chicago, muri leta ya Illinois, ho muri Leta zunze ubumwe za Amerika ni papa wa mbere ukomoka aha. Izina ry’ubushumba ubu ni papa wa Leo XIV.

Mu byo yakoze harimo kuba yarabaye umumisiyonari muri Amerika y’Epfo kandi yaherukaga kuba umuyobozi w’ibiro by’iyogezabutumwa bya Vatikani. Mu mirimo azakora azashingira ku mavugurura Papa Fransis yasize mbere yo kwitaba Imana.

Yakoze imyaka icumi i Trujillo, muri Peru, nyuma aza kugirwa umwepiskopi wa Chiclayo, undi mujyi wa Peru, aho yakoreye kuva 2014 kugeza 2023. Prevost ifite kandi pasiporo ya Peru ndetse yabaye umuturage wa Peru kuva mu 2015.

Mu kiganiro na Vatikani News nyuma gato yo kuba umuyobozi wa Dicasteri y’Abepiskopi, Prevost yagize ati: “Ndacyibwira ko ndi umumisiyoneli. Umuhamagaro wanjye, kimwe n’uw’umukristo wese, ugomba kuba ubumisiyoneli, kwamamaza Ubutumwa bwiza aho umuntu ari hose.”

Kuri ubu idimi abasaha kuvuga neza ku buryo azikoresha mu iyogezabutumwa ni Icyongereza, Icyesipanyolo, Igitaliyani, Igifaransa, n’Igiporutugali, gusa ashobora gusoma byonyine Ikilatini n’Ikidage.

Kuri uyu mugoroba wo ku wa Kane tariki ya 08 Gicurasi 2025, i Vatican hejuru ya Chapele ya Sistine hazamutse umwotsi w’umweru, bivuze ko Umushumba Mukuru wa Kiliziya Gatolika ku Isi yabonetse.

Karidinali Protodeacon Dominique Mamberti, niwe watangaje ko Papa mushya yabonetse.

Yagize ati: “N’umunezero mwinshi ndabamenyesha ko dufite Papa. Nyiricyubahiro Nyagasani Robert Francis Karidinali w’Itorero ryera wafashe izina Leo XIV.”

Papa abonetse nyuma y’uko amatora y’ejo ku wa 07 Gicurasi no mu gitondo cy’uyu wa kane hazamautse umwotsi w’umukara, usobanuye ko yari ataraboneka.

Papa Leo XIV asimbuye Papa Francis witabye Imana ku wa 21 Mata 2025 azize indwara z’ubuhumekero yari amarenye iminsi.

Pope Leo XIV appears on the balcony of St. Peter’s Basilica to greet the faithful for the first time as the 267th Pope. pic.twitter.com/tsA1a0XSOM

— Vatican News (@VaticanNews) May 8, 2025

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Rutsiro: Umurambo w’umugabo w’imyaka 30 wasanzwe iruhande rw’akabari
Next Article EUROPA LEAGUE: Manchester United igeze ku mukino wa nyuma inanyagiye Athletic Club
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

FERWAFA yagize icyo ivuga ku mvururu zabere kuri stade ya Bugesera, ku mukino wari wahuje Rayon Sport na Bugesera FC
May 18, 2025
Ubushakashatsi bushya bwerekanye ko gusinzira amasaha menshi bigira ingaruka mbi ku mikorere y’ubwonko
May 18, 2025
HoodyBaby asanze Chris Brown mu buroko dore ko bari mu kirego kimwe
May 18, 2025
Accountant at supreme court (SC) :Deadline: May 23, 2025
May 17, 2025
Abantu 23 biciwe mu gitero k’iterabwoba muri Nigeria
May 17, 2025

You Might Also Like

AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Nyakubahwa Prezida Paul KAGAME, ari mu bari bwitabire irahira rya Perezida wa Gabon

Abakuru b’ibihugu 16 barimo na Perezida Paul Kagame, bamaze kwemeza ko bazitabira ibirori byo kurahira kwa Perezida Gen. Brice Clotaire…

2 Min Read
AMAKURU

Bishop Gafaranga yatawe muri yombi akurikiranyweho ibyaha bikomeye

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi Habiyaremye Zacharie, wamenyekanye cyane ku izina rya Bishop Gafaranga, akurikiranyweho ibyaha bifitanye isano…

2 Min Read
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Imyigaragambyo yo kwamagana Trump yadutse muri Leta zunze ubumwe za Amerika

Kuri uyu wa gatandatutaliki 29 Mata 2025 ibihumbi by'abaturage biraye mu mihanda mu myigaragambyo yo kwamagana imishinga Prezida Trump, ni…

1 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

DRC: Imirwano hagati AFC/M23 n’ingabo za RDC irakomeje muri Kivu y’Amajyepfo

Kuva ku munsi w’ejo wa 29 Mata 2025 mu gitondo, muri teritwari za Walungu, Kabare na Kalehe hari kubera imirwano…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?