igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Imibare igaragaza ko umubare w’abakobwa mu mashuri abanza uruta uw’abahungu 
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Imibare igaragaza ko umubare w’abakobwa mu mashuri abanza uruta uw’abahungu 
AMAKURUUBUREZI

Imibare igaragaza ko umubare w’abakobwa mu mashuri abanza uruta uw’abahungu 

IYAKAREMYE FERDINAND
Last updated: May 25, 2025 8:33 am
IYAKAREMYE FERDINAND
Share
SHARE

Raporo y’umwaka ushize wa 2024 ya Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda (MINEDUC),igaragaza ko umubare w’abakobwa mu mashuri abanza uruta uw’abahungu kuko abakobwa ari 50.5% mu gihe abahungu ari 49.5%.

Ubwo yari mu muhango wo kwizihiza imyaka 20 ishize Umuryango Imbuto Foundation utangije gahunda y’Inkubito y’Icyeza igamije gushimira abana b’abakobwa baba batsinze neza ibizamini bya Leta bisoza icyiciro cy’amashuri abanza n’ayisumbuye, Umunyamabanga wa Leta muri MINEDUC, Irere Claudette, yavuze ko ababyeyi n’umuryango nyarwanda muri rusange bamaze gusobanukirwa ko uburezi ari uburenganzira bw’umwana wese.

Yagize ati “Ibizami bisoza icyiciro bitwereka ko abana b’abakobwa ari nabo batsinda ku kigero gishimishije, aho indashyikirwa muri bo, nibo twizihiza uyu munsi, kuko kuva mu mwaka wa 2005 kugeza uyu munsi, nyakubahwa Madamu wa Perezida wa Repubulika abagenera ishimwe, akanabatera ishyaka ryo kwiga no gukora ibirenzeho.”

Mu mashuri yisumbuye imibare igaragaza ko higamo abarenga ibihumbi 900, naho umubare w’abakobwa ukaba uruta cyane uw’abahungu bitandukanye n’uko byari bimeze mu mwaka ushize.

Irere Claudette ati “Umubare w’abakobwa niwo munini kurenza uw’abahungu, kuko dufitemo abakobwa 60% mu gihe abahungu ari 40%. Iki cyiciro muri rusange nicyo kidutera impungenge nka Minisiteri y’uburezi, kuko nk’uko mubyumva umubare w’abakobwa ni munini, kandi nibyo, n’ibyo kwishimirwa, ariko turacyasabwa imbaraga nyinshi cyane ngo tuzamure umubare w’abiga bakanarangiza iki cyiciro.”

Mu kwitabira amashuri makuru na Kaminuza, raporo ya MINEDUC, igaragaza ko nubwo muri rusange hakirimo umubare muto w’abanyeshuri, ariko umubare w’abakobwa ugabanuka mu buryo bukabije muri icyo cyiciro.

Irere ati “Umubare w’abakobwa ni 36%, mu gihe abahungu ari 64%. Iki cyiciro kiraduhamagarira twese guhaguruka tugakora iyo bwabaga, nibyo umubare w’abakobwa ariko n’uwabasaza babo muri rusange ukiyongera.”

Ubushakatsi bwa Karindwi ku mibereho y’ingo bwagaragaje ko 4.3% by’Abanyarwanda ari bo bonyine impamyabumenyi yo ku rwego rwa Kaminuza. Ni umubare muto ugereranyije n’intumbero z’Igihugu z’icyerekezo 2050.

Nubwo bimeze bityo ariko raporo ya MINEDUC igaragaza ko abakobwa bakangukiye kwiga amasomo ya Siyanse, kuko umubare wabo wavuye kuri 56.6% mu 2023, ukaba ugeze kuri 58.7%.

Si mu mashuri yisumbuye gusa umubare w’abakobwa biga ibijyanye na Siyanse wazamutse gusa, kuko no mu mashuri ya Kaminuza wazamutse ukava kuri 36.9% ukagera kuri 39%, ibigaragaza ko imyumvire yabo yahindutse bagatinyuka amasomo yafatwaga nkaho atabagenewe.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article The Ben na Diamond batanze ibyishimo i Ntungamo yo muri Uganda
Next Article Umuhanzikazi Sheebah Karungi ugezweho muri Uganda yagarutse nyuma yo kubyarira mu mahanga
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Inyandiko z’umuvandimwe wa Papa Léon XIV zateje ururondogoro mu batuye Isi
May 25, 2025
Umunyemari Elon Musk yatangaje ko yasezeye akazi yari afite muri Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika
May 25, 2025
Abatwara taxi mu Bufaransa bariye karungu nyuma y’uko Guverinoma ifashe ibyemezo itabagishije inama
May 25, 2025
Abayobozi batatu b’uruganda rw’ubwato rwa Chongjin bafunzwe bazira impanuka y’ubwato bwa gisirikare muri Koreya ya Ruguru
May 25, 2025
Ku kibuga k’indege cya Tanzaniya hafatiwe Amabuye y’agaciro ya Diamants afite agaciro ka miliyoni 900
May 25, 2025

You Might Also Like

AMAKURUMU MAHANGA

Perezida Tshisekedi yasezeranyije Abanye-Congo ikintu gikomeye mu mateka yabo

Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, yijeje abaturage be ko bagiye kwinjira mu bihe bishya…

2 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

Tuvuga “Ntibizongere kuba” Umuryango Mpuzamahanga ukomeje kurebera ibibera RDC – Col Joseph RUTABANA

Ambasaderi w'u Rwanda muri Uganda, Col. Joseph Rutabana, yerekanye ko Umuryango Mpuzamahanga ukomeje kurebera ibibera muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya…

1 Min Read
AMAKURU

Bishop Gafaranga yatawe muri yombi akurikiranyweho ibyaha bikomeye

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi Habiyaremye Zacharie, wamenyekanye cyane ku izina rya Bishop Gafaranga, akurikiranyweho ibyaha bifitanye isano…

2 Min Read
Dosiye ya ‘Bishop Gafaranga’ uregwa ihohotera rishingiye ki gitsinda yazamuwe
AMAKURUIMYIDAGADUROPOLITIKEUTUNTU N' UTUNDI

Heguwe amadosiye ya Bishop Gafaranga umu pastor uregwa ibyaha byihohotera rishingiye ku gitsina 

Dosiye y’ikirego kiregwamo Habiyaremye Zacharie uzwi nka ‘Bishop Gafaranga’, yamaze kugezwa mu Bushinjacyaha kugira ngo buyisuzume buzayiregere Urukiko. Bishop Gafaranga…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?